• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Kenya Laban Korir n’Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence begukanye Kigali International Peace Marathon   |   09 Jun 2025

  • Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi   |   07 Jun 2025

  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Urusobe rw’ibibazo PAC yagaragaje byamunze REB

Urusobe rw’ibibazo PAC yagaragaje byamunze REB

Editorial 13 Oct 2016 Mu Mahanga

Komisiyo y’Abadepite Ishinzwe kugenzura Ikoreshwa ry’Imari n’umutungo bya Leta (PAC) yagaragaje uruhuri rw’ibibazo byamunze Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi, aho ivuga ko hatagize igikorwa inshingano zacyo zitagerwaho.

Ubwo REB yitabaga PAC, abadepite bagaragaje ibibazo bigaragara muri iki kigo bifitanye isano n’imicungire y’imari, imikoranire y’inzego itanoze ndetse no kutagira umurongo uhamye w’imikorere. Ibyo byose bikaba byaragaragajwe na raporo y’Umugenzuzi w’Imari ya Leta y’umwaka wa 2014-2015.

Bimwe mu bibazo abadepite babona ko byamunze REB…

Ikibazo cyo kutagira ububiko bw’abahawe inguzanyo za buruse

Abadepite bavuze ko REB itagira ububiko (database) bugaragaza imibare y’abanyeshuri bahawe inguzanyo babereyemo Leta umwenda, aho ngo REB igaragaza ko uwo mwenda ungana na miliyari 3 ariko hakaba hatagaraga umwenda wa buri muntu ndetse n’ayo buri muntu yishyuye.

Depite Kankera Marie Josée avuga ko hari miliyari hafi 6 zishyuwe ariko ngo REB ntigaragaza abishyuye abo ari bo ndetse n’umubare w’amafaranga yagiye yishyurwa na buri muntu.

Yagize ati “Iyo bandika mu bitabo byabo ntabwo bagaragaza amafaranga y’umwenda ndetse n’inkunga Leta yagiye itanga atabarwa nk’inguzanyo.”

Uyu mudepite avuga ko ubwo REB yatumizwaga muri PAC umwaka ushize na bwo ari uko icyo kibazo cyari giteye.

Umuyobozi Mukuru wa REB, Gasana Janvier yasubije agira ati “Iki kibazo cy’inguzanyo tukigeze kure ndetse dusa nk’aho twakirangije, ubu twamaze gukora igitabo kigaragaza abantu bose babereyemo Leta umwenda w’inguzanyo zo kwiga,ubu twagiha BRD.”

Umuyobozi wa REB yabajijwe umubare w’abantu bose bafitiye Leta umwenda w’inguzanyo zo kwiga, avuga ko atahita awumenya, aho bahise bamubaza niba kugira ngo avuge imibare y’ukuri byasaba ko umuntu amusanga mu biro.

Ikibazo cy’umushinga wa One Laptop per Child utaragezweho

Abadepite bavuze birambuye ku kibazo cy’umushinga wa One Laptop per Child utarageze ku ntego zawo bitewe ni uko wateguwe nabi.

Aha bagaragaje ko uyu mushinga watwaye akayabo utigeze ugira inyandiko iwusobanura.

Agaragaza icyo kibazo, Depite Kankera yagize ati “iyi porogaramu nta nyandiko iyisobanura ihari, nta buryo buhari izashyirwa mu bikorwa, nta gahunda yo gukurikirana uko bikorwa ihari, mu by’ukuri nta logical framework y’iyi porogaramu yagenwe.

Iyo logical framework ni yo yakagaragaje ngo iyi porogaramu ifite intego zimeze gutya izakora ibikorwa bimeze gutwa, izakorwa na nde? Ryari? Ikoreshe uburyo bumeze gute, amafaranga angana gute? Izakurikiranwa ite? Ibyo mbere ntabwo byigeze bisobanurwa.Ubwo rero umuntu yahita yibaza ngo ese iyi gahunda ibyo yagombaga kugeraho yari kubigeraho ibyo bitakozwe?”

Uyu mudepite yagaragaje ko hamaze kugurwa mudasobwa zisaga 248,908, aho hatanzwe miliyari zisaga 36.

Depite Kankera ati “Icyari kigamijwe byari ukugira ngo ikoranabuhanga rishyirwe mu burezi bwacu kandi bitume ireme ry’uburezi ritera imbere kurushaho ariko ukurikije ibibazo byagaragayemo ubushize n’iby’uyu munsi, ahari sinzi niba barakoze igenzura baraza kutubwira icyo uwo mushinga wagezeho.”

Muri mudasobwa zatanzwe kugeza ubu ngo hari izigera ku bihumbi 18 zaburiwe irengero, aho abadepite bavuga ko ari imikorere mibi ya REB kuko hari aho yagiye itanga mudasobwa nyinshi zirenze kure umubare w’abanyeshuri.

Ku wa 1 Ugushyingo 2013, ngo REB yari ifite mu mubiko mudasobwa zisaga ibihumbi 4298, itumiza izindi 42978 zose ziba 47276 babura aho bazishyira kuko batari bagennye abo bari buzihe, babuze aho bazishyira bakodesha inzu, aho ngo igihe Umugenzuzi w’imari ya Leta yajyagayo bari bamaze kwishyura amafaranga yo gukodesha inzu amafaranga asaga miliyoni 582.

Uretse izo mudasobwa, ngo haguzwe serveurs zagombaga gushyirwa mu byumba by’amashuri kugira ngo mudasobwa zahawe abana zibashe gukora, aho zaguzwe hafi miliyari y’amafaranga y’u Rwanda.

Izo serveurs kugeza ubu ngo ntabwo zigeze zikoreshwa keretse mu mashuri make ndetse hakaba hari n’izapfuye.

Uretse gutanga izo mudasobwa, ngo ni uko bazitanze mudasobwa ariko ku nteganyanyigisho y’amasomo nta mwanya wo kuzigisha wagenwe, aho ngo n’abarimu batazi kuzikoresha.

REB yabajijwe ko ibyo umugenzuzi yagaragaje niba ari ukuri Umuyobozi Mukuru wayo avuga ko babyemera ngo kuko batari gusinya ibyo batemera. Gusa Gasana Janvier yavuze ko amakosa yabaye ariko hari ingamba zihari zo kuyakosora.

REB ngo yica amategeko nkana mu mitangire y’amasoko

Ikigo gishinzwe amasoko ya Leta cyashyize mu majwi REB ko mu mitangire y’amasoko yayo itajya itanga raporo, aho ibi bifatwa nko kwica nkana amategeko.

Irindi kosa ryagaragajwe ni irijyanye n’imitangire n’imitegurire y’amasoko aho mu mwaka wa 2014-2015 yari yateganyije nko izatanga amasoko 140, uwo mwaka ukarangira hatanzwe amasoko 8 gusa.

Ikindi cyatangaje abadepite ni uburyo gutanga amasoko ari byo byafashe ingengo y’imari y’ikigo kuruta ibindi bikorwa, aho ngo amasoko 140 yari yapanzwe yari gutwara miliyari 30 mu gihe ingengo y’imari ya REB yari miliyari 42.

Abadepite banagaragaje uburyo REB itinda kwishyura ba rwiyemezamirimo baba bayigemuriye ibikoresho kandi na bo ari abacuruzi ndetse banatanga imisoro ya Leta.

Mu bindi bibazo, abadepite bavuze ku kibazo cyo kuba REB yarakoze amakosa akomeye aho Umugenzuzi w’imari ya Leta yagiye gukora igenzura bakamwereka ko hari rwiyemezamirimo ufite isosiyete yitwa SOCOMU barimo umwenda wa miliyoni 110 bajya kureba uwo muntu we akavuga ko REB imurimo miliyoni 50 gusa.

Aha Ubuyobozi bwa REB bwisobanuye buvuga ko bwemera ikosa, aho ngo hari umukozi wishyushye miliyoni 59 bakibagirwa gukuramo ayo mafaranga mu mwenda wari usanzwe.

-4344.jpg

Depite Nkusi Juvenal Perezida wa PAC yasabye Ubuyobozi bwa REB kuvugurura imikorere

Hari n’ikindi kibazo cyagaragajwe cyo kuba REB yarishyuye rwiyemezamirimo umwe ikarenzaho amafaranga angana na miliyoni 51, aho yemeye na bwo yemeye iri kosa ikavuga ko ubu uwari wahawe ayo mafaranga yatangiye kuyasubiza, kugeza ubu akaba ngo amaze kwishyura miliyoni 34.

Gusa abadepite bibajije impamvu abakozi baba bakoze amakosa mu kazi bakomeza gukora aho gufatirwa ibyemezo.

Depite Nkusi Juvenal Perezida wa PAC yasabye Ubuyobozi bwa REB kuvugurura imikorere yabwo, aho byagaragaye ko iki kigo gifite imikorere mibi mu nzego zose.

2016-10-13
Editorial

IZINDI NKURU

“Abashimuswe” Ingabire Victoire ahora abwira BBC-Gahuzamiryango abatandukanya ate n’abo yohereza mu mitwe y’iterabwoba?

“Abashimuswe” Ingabire Victoire ahora abwira BBC-Gahuzamiryango abatandukanya ate n’abo yohereza mu mitwe y’iterabwoba?

Editorial 31 Aug 2022
Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Editorial 20 Jan 2025
Minisitiri  Mushikiwabo yahishuye byinshi  kuri AU Summit igiye kubera mu Rwanda

Minisitiri Mushikiwabo yahishuye byinshi kuri AU Summit igiye kubera mu Rwanda

Editorial 10 Jun 2016
Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Editorial 11 Feb 2025
“Abashimuswe” Ingabire Victoire ahora abwira BBC-Gahuzamiryango abatandukanya ate n’abo yohereza mu mitwe y’iterabwoba?

“Abashimuswe” Ingabire Victoire ahora abwira BBC-Gahuzamiryango abatandukanya ate n’abo yohereza mu mitwe y’iterabwoba?

Editorial 31 Aug 2022
Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Editorial 20 Jan 2025
Minisitiri  Mushikiwabo yahishuye byinshi  kuri AU Summit igiye kubera mu Rwanda

Minisitiri Mushikiwabo yahishuye byinshi kuri AU Summit igiye kubera mu Rwanda

Editorial 10 Jun 2016
Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Editorial 11 Feb 2025
“Abashimuswe” Ingabire Victoire ahora abwira BBC-Gahuzamiryango abatandukanya ate n’abo yohereza mu mitwe y’iterabwoba?

“Abashimuswe” Ingabire Victoire ahora abwira BBC-Gahuzamiryango abatandukanya ate n’abo yohereza mu mitwe y’iterabwoba?

Editorial 31 Aug 2022
Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Editorial 20 Jan 2025
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru