• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uruzinduko Kagame agiye gukorera muri Tanzania rusobanuye byinshi

Uruzinduko Kagame agiye gukorera muri Tanzania rusobanuye byinshi

Editorial 23 Jun 2016 Mu Rwanda

Perezida John Pombe Magufuli aritegura kwakira Paul Kagame uzaba ari mu ruzinduko muri Tanzania guhera tariki ya mbere y’ukwezi gutaha kwa Nyakanga.

Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru cya leta muri Tanzania, Daily News, ngo Kagame azaba ari muri Tanzania ku butumire bw’umwihariko bwa Perezida Magufuli wagiye ku butegetsi mu mpera z’umwaka ushize asimbuye Jakaya Kwikwete utumvikanaga na Perezida w’u Rwanda.

Icyo kinyamakuru kikavuga yuko muri urwo ruzinduko, Perezida Kagame ahanini azaba atwawe no gufungura inama y’ubucuruzi ya 40 izabera mu mujyi wa Dar es Salaam.

Ibitangazamakuru bitandukanye kuvuga yuko ubutegetsi mu Rwanda na Tanzania ubu ari magara ntunsige ntabwo bibihera gusa kuri urwo ruzinduko Kagame ateganya kuzakorera muri Tanzania mu ntangiriro z’ukwezi gutaha ahubwo bibihera ku ngero nyinshi zifatika.

Ukuntu Tanzania n’u Rwanda byari bibanye nabi mu gihe cy’ubutegetsi bwa Kikwete nta muntu watekerezaga yuko noneho uwo mubano waba mwiza cyane mu gihe kitageze no ku mezi atandatu kandi bigaragarira buri wese.

Magufuli yafashe ubutegetsi asanga igihugu cyaramunzwe na ruswa n’indi micungire mibi y’umutungo w’igihugu. Ingama ya mbere yafashe yari iyo kugabanya ingendo z’abayobozi hanze y’igihugu kandi yihereyeho.

-3050.jpg

Jakaya Mrisho Kikwete wahoze ari Perezida wa Tanzania, ubu ni Umuyobozi wa Kaminuza ya Dar es Salaam, umwanya aherutse gushyirwaho na Perezida wamusimbuye Dr John Joseph Pombe Magufuli .

Jakaya Kikwete akaba ari mu bahanganiye gusimbura Nkosazana Zuma ku buyobozi bwa AU

Urugendo rwa mbere Magufuli yakoreye hanze y’igihugu hari muri Mata uyu mwaka kandi arukorera hano mu Rwanda kwifatanya n’abanyarwanda kwibuka jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Yanaboneyeho kwifatanya na Perezida Kagame gufungura ikiraro cya Rusumo n’ibiro bya duwane na imigrasiyo bihuriwemo n’u Rwanda na Tanzania.

Kagame nawe gutumirwa gufungura iyo nama y’ubucuruzi muri Tanzania nabyo hari icyo bishobora gusobanura kuko hari kuba haranatumiwe n’undi. Kandi kuba Kagame agiye Dar es Salaam mu gihe u Rwanda rwitegura kwakira inama y’abakuru b’ibihugu bya Afurika nabyo hari icyo bishobora kuba bisobanuye.

-3048.jpg

Perezida Kagame na Magufuli baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi wari warajemo agatotsi

Kayumba Casmiry

2016-06-23
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame  yageze  i Maputo muri Mozambique

Perezida Kagame yageze i Maputo muri Mozambique

Editorial 24 Oct 2016
Niyitegeka ugiye gusimbura Depite Mukayisenga witabye Imana ni muntu ki?

Niyitegeka ugiye gusimbura Depite Mukayisenga witabye Imana ni muntu ki?

Editorial 24 Jun 2017
Komite y’inzego z’Iperereza n’Umutekano muri Afurika yahuriye mu nama I Addis Ababa

Komite y’inzego z’Iperereza n’Umutekano muri Afurika yahuriye mu nama I Addis Ababa

Editorial 23 Jan 2017
Pariki ya Nyungwe ni Inyambo itatse iraba mu Bukerarugendo bw’u Rwanda

Pariki ya Nyungwe ni Inyambo itatse iraba mu Bukerarugendo bw’u Rwanda

Editorial 22 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya
POLITIKI

Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya

Editorial 25 Sep 2019
Nyuma yo kwica abaturage 14 mu Kinigi umwaka ushize, FDLR yishe abarinzi ba Pariki muri Kongo bagera kuri 12
INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo kwica abaturage 14 mu Kinigi umwaka ushize, FDLR yishe abarinzi ba Pariki muri Kongo bagera kuri 12

Editorial 25 Apr 2020
RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet
IKORANABUHANGA

RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet

Editorial 19 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru