• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CAN 2019: Sénégal yasezereye Bénin, Nigeria igera muri ½ bigoranye

CAN 2019: Sénégal yasezereye Bénin, Nigeria igera muri ½ bigoranye

Ubwanditsi 12 Jul 2019 IMIKINO

Sénégal yabimburiye andi makipe kugera muri ½ cy’Igikombe cya Afurika kiri kubera mu Misiri ubwo yatsindaga Bénin igitego 1-0 mu gihe Nigeria yakomeje isezereye Afurika y’Epfo mu mukino yayitsinzemo ibitego 2-1 kuri uyu wa Gatatu.

Sénégal yari yasezerewe muri ¼ mu irushanwa riheruka kubera muri Gabon mu 2017, yihariye uyu mukino wa ¼ ibona uburyo bwinshi burimo n’ibitego bibiri byanzwe.

Bénin yashobora gufungura amazamu ku buryo bwabonetse ku munota wa 25, Mickael Poté akojejo agatsitsino ku mupira wari uturutse kuri coup-franc yatewe na Cebio Soukou, uca ku ruhande rw’izamu.

Nyuma y’iminota itandatu na Henry Saivet wa Sénégal, yateye umupira w’umuterekano wanyuze ku ruhande rw’izamu ubwo Khalidou Koulibaly yananirwaga kuwugeraho ngo awerekeza mu nshundura.

Sénégal yatsindiwe na Sadio Mané n’umutwe ku munota wa 52, umusifuzi wo ku ruhande avuga ko habayeho kurarira.

Umunyezamu wa Sénégal Alfred Gomis yagize amahirwe adasanzwe ubwo yari ahawe umupira na myugariro we, awukozeho n’ikirenge uca gato ku ruhande rw’izamu ahagana ku munota wa 65.

Iyi kipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana iri rushanwa, byayisabye gutegereza umunota wa 69, ifungura amazamu ku gitego yatsindiwe na Idrissa Gan Gueye wacomekewe umupira na Sadio Mané wacenze abakinnyi batatu, asiga ba myugariro ba Bénin bari bamuri inyuma, aroba umunyezamu Saturnin Allagbé.

Nyuma y’iminota itatu, Sadio Mané yongeye kurunguruka mu izamu rya Bénin, ku nshuro ya kabiri, umusifuzi wo ku ruhande avuga ko yarayemo ndetse bishimangirwa n’ikoranabunga ry’amashusho rizwi nka VAR ryatangiye kwifashishwa uyu munsi muri iri rushanwa.

Habura iminota umunani ngo umukino urangire, Bénin yahawe ikarita itukura kuri Olivier Verdon wagushijwe Gana Gueye inyuma gato y’urubuga rw’amahina, asiga bagenzi be ari 10 mu kibuga.

Umukino warangiye habonetsemo igitego kimwe gusa, Sénégal ikatisha itike ya ½ yaherukaga kugeramo mu 2006, aho kuri iyi nshuro izahura n’ikipe ikomeza hagati ya Madagascar na Tunisia zizakina kuri uyu wa Kane.

Undi mukino wa ¼ wabaye kuri uyu wa Gatatu, warangiye Nigeria itsinze Afurika y’Epfo ibitego 2-1.

William Troost-Ekong yatsinze igitego cyagejeje igihugu cye muri ½ habura umunota umwe ngo umukino urangire.

Samuel Chukwueze yari yafunguye amazamu ku ruhande rwa Nigeria ku munota wa 27 mu gihe Bongani Zungu yishyuriye Afurika y’Epfo habura iminota 19 ngo umukino urangire.

Nigeria izahura n’ikipe izarokoka hagati ya Algérie na Côte d’Ivoire zizahura kuri uyu wa Kane mu mukino wa 1/4 uzabera mu Mujyi wa Suez.

Ikoranabuhanga rya VAR ryatangiye gukoreshwa mu Gikombe cya Afurika kiri kubera mu Misiri

Sadio Mane acenga Olivier Verdon wa Benin

Samuel Chukwueze ubwo yari amaze gutsinda igitego cya mbere cya Nigeria
Src: IGIHE

2019-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Teta yatunguwe no kubona “Velo” kuri NTV Kenya

Teta yatunguwe no kubona “Velo” kuri NTV Kenya

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Imbwa yategereje shebuja amezi 7 yose ku muhanda

Imbwa yategereje shebuja amezi 7 yose ku muhanda

Ubwanditsi 25 Jan 2016
Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.

Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.

Ubwanditsi 09 May 2021
Umunyarwanda uzahiga abandi muri ‘Tour du Rwanda’ yashyiriweho igihembo kidasanzwe

Umunyarwanda uzahiga abandi muri ‘Tour du Rwanda’ yashyiriweho igihembo kidasanzwe

Ubwanditsi 10 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impaka za ngo ‘Turwane ‘  hagati ya Bob Mugabe, Depite Gatabazi, Amb.Nduhungirehe na Fred Muvunyi
Amakuru

Impaka za ngo ‘Turwane ‘ hagati ya Bob Mugabe, Depite Gatabazi, Amb.Nduhungirehe na Fred Muvunyi

Ubwanditsi 17 Aug 2017
BNR yagumishije kuri 5% inyungu fatizo itangiraho inguzanyo ku mabanki
UBUKUNGU

BNR yagumishije kuri 5% inyungu fatizo itangiraho inguzanyo ku mabanki

Ubwanditsi 07 Feb 2020
Uganda: Gen. Kale Kayihura Ku Rutonde Rw’abahigirwa Kwicwa
ITOHOZA

Uganda: Gen. Kale Kayihura Ku Rutonde Rw’abahigirwa Kwicwa

Ubwanditsi 13 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru