• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CAN 2019: Sénégal yasezereye Bénin, Nigeria igera muri ½ bigoranye

CAN 2019: Sénégal yasezereye Bénin, Nigeria igera muri ½ bigoranye

Ubwanditsi 12 Jul 2019 IMIKINO

Sénégal yabimburiye andi makipe kugera muri ½ cy’Igikombe cya Afurika kiri kubera mu Misiri ubwo yatsindaga Bénin igitego 1-0 mu gihe Nigeria yakomeje isezereye Afurika y’Epfo mu mukino yayitsinzemo ibitego 2-1 kuri uyu wa Gatatu.

Sénégal yari yasezerewe muri ¼ mu irushanwa riheruka kubera muri Gabon mu 2017, yihariye uyu mukino wa ¼ ibona uburyo bwinshi burimo n’ibitego bibiri byanzwe.

Bénin yashobora gufungura amazamu ku buryo bwabonetse ku munota wa 25, Mickael Poté akojejo agatsitsino ku mupira wari uturutse kuri coup-franc yatewe na Cebio Soukou, uca ku ruhande rw’izamu.

Nyuma y’iminota itandatu na Henry Saivet wa Sénégal, yateye umupira w’umuterekano wanyuze ku ruhande rw’izamu ubwo Khalidou Koulibaly yananirwaga kuwugeraho ngo awerekeza mu nshundura.

Sénégal yatsindiwe na Sadio Mané n’umutwe ku munota wa 52, umusifuzi wo ku ruhande avuga ko habayeho kurarira.

Umunyezamu wa Sénégal Alfred Gomis yagize amahirwe adasanzwe ubwo yari ahawe umupira na myugariro we, awukozeho n’ikirenge uca gato ku ruhande rw’izamu ahagana ku munota wa 65.

Iyi kipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana iri rushanwa, byayisabye gutegereza umunota wa 69, ifungura amazamu ku gitego yatsindiwe na Idrissa Gan Gueye wacomekewe umupira na Sadio Mané wacenze abakinnyi batatu, asiga ba myugariro ba Bénin bari bamuri inyuma, aroba umunyezamu Saturnin Allagbé.

Nyuma y’iminota itatu, Sadio Mané yongeye kurunguruka mu izamu rya Bénin, ku nshuro ya kabiri, umusifuzi wo ku ruhande avuga ko yarayemo ndetse bishimangirwa n’ikoranabunga ry’amashusho rizwi nka VAR ryatangiye kwifashishwa uyu munsi muri iri rushanwa.

Habura iminota umunani ngo umukino urangire, Bénin yahawe ikarita itukura kuri Olivier Verdon wagushijwe Gana Gueye inyuma gato y’urubuga rw’amahina, asiga bagenzi be ari 10 mu kibuga.

Umukino warangiye habonetsemo igitego kimwe gusa, Sénégal ikatisha itike ya ½ yaherukaga kugeramo mu 2006, aho kuri iyi nshuro izahura n’ikipe ikomeza hagati ya Madagascar na Tunisia zizakina kuri uyu wa Kane.

Undi mukino wa ¼ wabaye kuri uyu wa Gatatu, warangiye Nigeria itsinze Afurika y’Epfo ibitego 2-1.

William Troost-Ekong yatsinze igitego cyagejeje igihugu cye muri ½ habura umunota umwe ngo umukino urangire.

Samuel Chukwueze yari yafunguye amazamu ku ruhande rwa Nigeria ku munota wa 27 mu gihe Bongani Zungu yishyuriye Afurika y’Epfo habura iminota 19 ngo umukino urangire.

Nigeria izahura n’ikipe izarokoka hagati ya Algérie na Côte d’Ivoire zizahura kuri uyu wa Kane mu mukino wa 1/4 uzabera mu Mujyi wa Suez.

Ikoranabuhanga rya VAR ryatangiye gukoreshwa mu Gikombe cya Afurika kiri kubera mu Misiri

Sadio Mane acenga Olivier Verdon wa Benin

Samuel Chukwueze ubwo yari amaze gutsinda igitego cya mbere cya Nigeria
Src: IGIHE

2019-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amavubi yitegura gukina na Ethiopia muri CHAN2023 yahamagawe, u Rwanda rw’abari munsi y’imyaka 23 bazahura na Libya mu ijonjora ribanza rya CAN2023

Amavubi yitegura gukina na Ethiopia muri CHAN2023 yahamagawe, u Rwanda rw’abari munsi y’imyaka 23 bazahura na Libya mu ijonjora ribanza rya CAN2023

Ubwanditsi 18 Aug 2022
Eric Omondi yashyize hanze amashusho abambye ku musaraba ateza impaka mu bafana bamukurikira

Eric Omondi yashyize hanze amashusho abambye ku musaraba ateza impaka mu bafana bamukurikira

Ubwanditsi 03 Dec 2016
Bitunguranye Meddy yajyanywe mu bitaro igitaraganya bisubika igitaramo cye i Toronto

Bitunguranye Meddy yajyanywe mu bitaro igitaraganya bisubika igitaramo cye i Toronto

Ubwanditsi 08 Oct 2016
Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼

Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼

Ubwanditsi 15 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo Perezida Kagame avuga ku gutuka cyangwa gusebya Umukuru w’Igihugu
INKURU NYAMUKURU

Icyo Perezida Kagame avuga ku gutuka cyangwa gusebya Umukuru w’Igihugu

Ubwanditsi 26 Apr 2019
INDORO BY CHARLY & NINA FT BIG FIZZO (Official Video)
Video Clips

INDORO BY CHARLY & NINA FT BIG FIZZO (Official Video)

Ubwanditsi 10 Aug 2016
DRC: Umugore witwa NZIGIRA Aimerance wari ugemuriye Amasasu Inyeshyamba za FPP zifashwa na Uganda yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

DRC: Umugore witwa NZIGIRA Aimerance wari ugemuriye Amasasu Inyeshyamba za FPP zifashwa na Uganda yatawe muri yombi

Ubwanditsi 07 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru