• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»USA: Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ngarukamwaka ya ‘ The Nantucket Project ‘

USA: Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ngarukamwaka ya ‘ The Nantucket Project ‘

Editorial 17 Sep 2017 ITOHOZA

Perezida Paul Kagame ari muri Amerika akaba yitabiriye Inama ibera ku kirwa cya Nantucket muri Leta ya Massachussets, ikirwa ubusanzwe kiganwa na ba mukerarugendo batabarika.

Perezida Kagame yagarutse ku rugendo rw’u Rwanda mu bumwe n’ubwiyunge nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubwo yasangizaga abayobozi mu nzego za leta, abikorera n’abarimu muri kaminuza bitabiriye iyi nama ngarukamwaka ya Nantucket Project, ihuriza hamwe abagera kuri 500 baganira ku nsanganyamatsiko zitandukanye

Muri iyi nama Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bahisemo kwiyunga bagafatanya kubaka igihugu, Guverinoma nayo igakora ibishoboka byose ngo abashoramari barugane kandi bizeye ko ari igihugu bazabonamo umutekano wabo n’ishoramari ryabo.

Perezida Kagame yagize umwanya w’ikiganiro cyagarukaga ku kubabarira, yubakira ku nzira u Rwanda rwanyuzemo y’ubumwe n’ubwiyunge, avuga ko kubabarira no kongera kwiyubaka ari ibintu u Rwanda rwari rukeneye cyane nk’igihugu cyari cyaratakaje ibintu byose muri Jenoside.

Yagize ati “Igihugu cyose cyagizweho ingaruka, haba ku ruhande rw’abahigwaga cyangwa se ababikoze. Twagombaga gushaka uburyo bwo kwiyunga. Twararebanye turibaza ngo ni gute twakwiyunga tugatangira kwiyubaka? Twagombaga kugira amahitamo dukora.”

Yakomeje avuga ko urwo rugendo rwagombaga kujyana no kuganira hagati y’Abanyarwanda hakarebwa imvano y’ibibazo n’uburyo bwo kubirenga.

Yakomeje agira ati “Byaje kugaragara ko buri wese hari igihombo yagize. Nta muryango n’umwe mu Rwanda utaragize icyo uhomba. Twaje no gusanga ibyo dukeneye bitazava hanze y’igihugu, byagombaga guhera muri twe, bigakorwa natwe ubwacu.”

Perezida Kagame kandi yavuze ko mu kongera kwiyubaka, Abanyarwanda babashije kumva neza ko ibyo badahuje aricyo bibaha imbaraga zabafasha kwiyubakira igihugu.

Nyuma y’urwo rugendo, yavuze ko ubu u Rwanda ari igihugu kibereye ishoramari kandi cyabashije kumva neza ko ubukungu bwa mbere gifite ari abaturage, bagomba kugira ubushobozi n’ubumenyi bubafitiye akamaro n’igihugu cyabo.

Yagize ati “Nka Guverinoma twagombaga kubaka uburyo budufasha kumva neza ibyo abashoramari bakeneye. Umuntu wese uje mu Rwanda aba akeneye umutekano we ndetse n’ishoramari rye. Twagombaga gukora ibishoboka bikaboneka.”

Ibyo kandi byagendanye n’ishoramari mu ikoranabuhanga, ku buryo iyo munsi ari igihugu kibonekamo ikoranabuhanga na serivisi zirishingiyeho.

U Rwanda rwashyize imbaraga mu bikorwaremezo by’ikoranabuhanga, ku buryo rumaze kushyira insinga za internet zinyura mu butaka (fibres optiques) zingana na kilometero 4000 zihuza uturere twose, zifasha ibikorwa by’ubucuruzi, amashuri n’amavuriro.

Yakomeje agira ati “Kubera iri shoramari mu bikorwaremezo, turi gushishikariza urubyiruko rwacu kwiga ibijyanye n’ubumenyi na Engineering. Twe dufata ikoranabuhanga nka kimwe mu bintu byatugeza ku iterambere.”

Inama ngarukamwaka ya Nantucket Project imaze kwitabirwa no gutangwamo ibiganiro n’abayobozi batandukanye barimo Tony Blair wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza; Steve Wozniak, umushoramari akaba n’umwe mu bashinze Apple Inc; Senateri John McCain n’abandi.

Inama y’uyu mwaka iri kuba kuva kuwa 14 – 17 Nzeri 2017 yanitabiriwe n’abakobwa barangije mu ishuri rya Gashora Girls Academy, banagize umwanya wo guhura na Perezida Kagame. Abitabira iyo nama bifashisha inkuru zitandukanye, bakagerageza gusangira ukuri ku bibera ku Isi.

The Nantucket Project yatangijwe mu 2010 n’umushoramari w’Umunyamerika Tom Scott ufite uruganda rukora ibinyobwa bidasembuye rwa Nantucket Nectars afatanyije na Kate Brosnan.

-7982.jpg

Perezida Paul Kagame

2017-09-17
Editorial

IZINDI NKURU

Finland : Bazaramba Francois ufungiye Jenoside yahawe uruhushya rwo gusohoka muri prison kujya kwishimana n’umugore

Finland : Bazaramba Francois ufungiye Jenoside yahawe uruhushya rwo gusohoka muri prison kujya kwishimana n’umugore

Editorial 20 Sep 2019
Wizkid mu mazi abira: Polisi mpuzamahanga yahawe impapuro zo kumuta muri yombi azira ubuhemu

Wizkid mu mazi abira: Polisi mpuzamahanga yahawe impapuro zo kumuta muri yombi azira ubuhemu

Editorial 17 Dec 2016
Bombori bombori mu bigarasha byadogereye!

Bombori bombori mu bigarasha byadogereye!

Editorial 12 Oct 2023
Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro ikomeje guhata imyanya abatarifuje gufatanya nayo

Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro ikomeje guhata imyanya abatarifuje gufatanya nayo

Editorial 11 May 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Oswald Ruakshaza
    July 4, 20183:08 pm -

    Nantukect Project si inama yakwitabirwa n’umukuru w’igihugu. Tony Blair yagiyeyo amaze guterwa icyizere, arimo ashakisha akazi! Ntawundi ndumva wayigiyemo cyanga wayitumiwemo. Kuba rero Perezida wacu yaragiyeyo ashobora kuba ntacyo azavanayo nubwo aba agiye kuduhahira! Ese ubundi inama nkiriya iba yarateganyijwe mu ngengo y’imari?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni yatangiye kwitura abadepite bashyigikiye ihindurwa ry’Itegeko Nshinga
Mu Mahanga

Perezida Museveni yatangiye kwitura abadepite bashyigikiye ihindurwa ry’Itegeko Nshinga

Editorial 25 Dec 2017
Havumbuwe umugambi w’u Burundi na Uganda wo guhungabanya u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Havumbuwe umugambi w’u Burundi na Uganda wo guhungabanya u Rwanda

Editorial 15 Nov 2018
Perezida Tshisekedi agiye gutangirira ingendo z’akazi mu bihugu bitatu
POLITIKI

Perezida Tshisekedi agiye gutangirira ingendo z’akazi mu bihugu bitatu

Editorial 04 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru