• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»USA: Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ngarukamwaka ya ‘ The Nantucket Project ‘

USA: Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ngarukamwaka ya ‘ The Nantucket Project ‘

Ubwanditsi 17 Sep 2017 ITOHOZA

Perezida Paul Kagame ari muri Amerika akaba yitabiriye Inama ibera ku kirwa cya Nantucket muri Leta ya Massachussets, ikirwa ubusanzwe kiganwa na ba mukerarugendo batabarika.

Perezida Kagame yagarutse ku rugendo rw’u Rwanda mu bumwe n’ubwiyunge nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubwo yasangizaga abayobozi mu nzego za leta, abikorera n’abarimu muri kaminuza bitabiriye iyi nama ngarukamwaka ya Nantucket Project, ihuriza hamwe abagera kuri 500 baganira ku nsanganyamatsiko zitandukanye

Muri iyi nama Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bahisemo kwiyunga bagafatanya kubaka igihugu, Guverinoma nayo igakora ibishoboka byose ngo abashoramari barugane kandi bizeye ko ari igihugu bazabonamo umutekano wabo n’ishoramari ryabo.

Perezida Kagame yagize umwanya w’ikiganiro cyagarukaga ku kubabarira, yubakira ku nzira u Rwanda rwanyuzemo y’ubumwe n’ubwiyunge, avuga ko kubabarira no kongera kwiyubaka ari ibintu u Rwanda rwari rukeneye cyane nk’igihugu cyari cyaratakaje ibintu byose muri Jenoside.

Yagize ati “Igihugu cyose cyagizweho ingaruka, haba ku ruhande rw’abahigwaga cyangwa se ababikoze. Twagombaga gushaka uburyo bwo kwiyunga. Twararebanye turibaza ngo ni gute twakwiyunga tugatangira kwiyubaka? Twagombaga kugira amahitamo dukora.”

Yakomeje avuga ko urwo rugendo rwagombaga kujyana no kuganira hagati y’Abanyarwanda hakarebwa imvano y’ibibazo n’uburyo bwo kubirenga.

Yakomeje agira ati “Byaje kugaragara ko buri wese hari igihombo yagize. Nta muryango n’umwe mu Rwanda utaragize icyo uhomba. Twaje no gusanga ibyo dukeneye bitazava hanze y’igihugu, byagombaga guhera muri twe, bigakorwa natwe ubwacu.”

Perezida Kagame kandi yavuze ko mu kongera kwiyubaka, Abanyarwanda babashije kumva neza ko ibyo badahuje aricyo bibaha imbaraga zabafasha kwiyubakira igihugu.

Nyuma y’urwo rugendo, yavuze ko ubu u Rwanda ari igihugu kibereye ishoramari kandi cyabashije kumva neza ko ubukungu bwa mbere gifite ari abaturage, bagomba kugira ubushobozi n’ubumenyi bubafitiye akamaro n’igihugu cyabo.

Yagize ati “Nka Guverinoma twagombaga kubaka uburyo budufasha kumva neza ibyo abashoramari bakeneye. Umuntu wese uje mu Rwanda aba akeneye umutekano we ndetse n’ishoramari rye. Twagombaga gukora ibishoboka bikaboneka.”

Ibyo kandi byagendanye n’ishoramari mu ikoranabuhanga, ku buryo iyo munsi ari igihugu kibonekamo ikoranabuhanga na serivisi zirishingiyeho.

U Rwanda rwashyize imbaraga mu bikorwaremezo by’ikoranabuhanga, ku buryo rumaze kushyira insinga za internet zinyura mu butaka (fibres optiques) zingana na kilometero 4000 zihuza uturere twose, zifasha ibikorwa by’ubucuruzi, amashuri n’amavuriro.

Yakomeje agira ati “Kubera iri shoramari mu bikorwaremezo, turi gushishikariza urubyiruko rwacu kwiga ibijyanye n’ubumenyi na Engineering. Twe dufata ikoranabuhanga nka kimwe mu bintu byatugeza ku iterambere.”

Inama ngarukamwaka ya Nantucket Project imaze kwitabirwa no gutangwamo ibiganiro n’abayobozi batandukanye barimo Tony Blair wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza; Steve Wozniak, umushoramari akaba n’umwe mu bashinze Apple Inc; Senateri John McCain n’abandi.

Inama y’uyu mwaka iri kuba kuva kuwa 14 – 17 Nzeri 2017 yanitabiriwe n’abakobwa barangije mu ishuri rya Gashora Girls Academy, banagize umwanya wo guhura na Perezida Kagame. Abitabira iyo nama bifashisha inkuru zitandukanye, bakagerageza gusangira ukuri ku bibera ku Isi.

The Nantucket Project yatangijwe mu 2010 n’umushoramari w’Umunyamerika Tom Scott ufite uruganda rukora ibinyobwa bidasembuye rwa Nantucket Nectars afatanyije na Kate Brosnan.

-7982.jpg

Perezida Paul Kagame

2017-09-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi

Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi

RUSHYASHYA 09 Mar 2026
Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI

Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI

Ubwanditsi 16 May 2019
Suwede: Umunyarwanda agiye kwitaba urukiko kubera ibyaha bya Jenoside

Suwede: Umunyarwanda agiye kwitaba urukiko kubera ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 06 Sep 2017
Mu kugaragaza kurenga umurongo, urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cya Uganda CMI gushimuta no kwicurubozo umunyarwanda ukorera LONI

Mu kugaragaza kurenga umurongo, urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cya Uganda CMI gushimuta no kwicurubozo umunyarwanda ukorera LONI

Ubwanditsi 06 Jul 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Oswald Ruakshaza
    July 4, 20183:08 pm -

    Nantukect Project si inama yakwitabirwa n’umukuru w’igihugu. Tony Blair yagiyeyo amaze guterwa icyizere, arimo ashakisha akazi! Ntawundi ndumva wayigiyemo cyanga wayitumiwemo. Kuba rero Perezida wacu yaragiyeyo ashobora kuba ntacyo azavanayo nubwo aba agiye kuduhahira! Ese ubundi inama nkiriya iba yarateganyijwe mu ngengo y’imari?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri politike Kagame na Zuma bafatwa mu buryo butandukanye cyane
POLITIKI

Muri politike Kagame na Zuma bafatwa mu buryo butandukanye cyane

Ubwanditsi 21 Feb 2016
Umuhanzi Ciney yavuye ku izima uvuga ko atwite
SHOWBIZ

Umuhanzi Ciney yavuye ku izima uvuga ko atwite

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Icy’ingenzi si imyaka 14 y’igifungo yahawe umujenosideri Claude Muhayimana, igikuru ni ubutumwa bukomeje guhabwa abajenosideri bibwira ko bacitse ubutabera
Amakuru

Icy’ingenzi si imyaka 14 y’igifungo yahawe umujenosideri Claude Muhayimana, igikuru ni ubutumwa bukomeje guhabwa abajenosideri bibwira ko bacitse ubutabera

Ubwanditsi 18 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru