• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»USA: Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ngarukamwaka ya ‘ The Nantucket Project ‘

USA: Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ngarukamwaka ya ‘ The Nantucket Project ‘

Ubwanditsi 17 Sep 2017 ITOHOZA

Perezida Paul Kagame ari muri Amerika akaba yitabiriye Inama ibera ku kirwa cya Nantucket muri Leta ya Massachussets, ikirwa ubusanzwe kiganwa na ba mukerarugendo batabarika.

Perezida Kagame yagarutse ku rugendo rw’u Rwanda mu bumwe n’ubwiyunge nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubwo yasangizaga abayobozi mu nzego za leta, abikorera n’abarimu muri kaminuza bitabiriye iyi nama ngarukamwaka ya Nantucket Project, ihuriza hamwe abagera kuri 500 baganira ku nsanganyamatsiko zitandukanye

Muri iyi nama Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bahisemo kwiyunga bagafatanya kubaka igihugu, Guverinoma nayo igakora ibishoboka byose ngo abashoramari barugane kandi bizeye ko ari igihugu bazabonamo umutekano wabo n’ishoramari ryabo.

Perezida Kagame yagize umwanya w’ikiganiro cyagarukaga ku kubabarira, yubakira ku nzira u Rwanda rwanyuzemo y’ubumwe n’ubwiyunge, avuga ko kubabarira no kongera kwiyubaka ari ibintu u Rwanda rwari rukeneye cyane nk’igihugu cyari cyaratakaje ibintu byose muri Jenoside.

Yagize ati “Igihugu cyose cyagizweho ingaruka, haba ku ruhande rw’abahigwaga cyangwa se ababikoze. Twagombaga gushaka uburyo bwo kwiyunga. Twararebanye turibaza ngo ni gute twakwiyunga tugatangira kwiyubaka? Twagombaga kugira amahitamo dukora.”

Yakomeje avuga ko urwo rugendo rwagombaga kujyana no kuganira hagati y’Abanyarwanda hakarebwa imvano y’ibibazo n’uburyo bwo kubirenga.

Yakomeje agira ati “Byaje kugaragara ko buri wese hari igihombo yagize. Nta muryango n’umwe mu Rwanda utaragize icyo uhomba. Twaje no gusanga ibyo dukeneye bitazava hanze y’igihugu, byagombaga guhera muri twe, bigakorwa natwe ubwacu.”

Perezida Kagame kandi yavuze ko mu kongera kwiyubaka, Abanyarwanda babashije kumva neza ko ibyo badahuje aricyo bibaha imbaraga zabafasha kwiyubakira igihugu.

Nyuma y’urwo rugendo, yavuze ko ubu u Rwanda ari igihugu kibereye ishoramari kandi cyabashije kumva neza ko ubukungu bwa mbere gifite ari abaturage, bagomba kugira ubushobozi n’ubumenyi bubafitiye akamaro n’igihugu cyabo.

Yagize ati “Nka Guverinoma twagombaga kubaka uburyo budufasha kumva neza ibyo abashoramari bakeneye. Umuntu wese uje mu Rwanda aba akeneye umutekano we ndetse n’ishoramari rye. Twagombaga gukora ibishoboka bikaboneka.”

Ibyo kandi byagendanye n’ishoramari mu ikoranabuhanga, ku buryo iyo munsi ari igihugu kibonekamo ikoranabuhanga na serivisi zirishingiyeho.

U Rwanda rwashyize imbaraga mu bikorwaremezo by’ikoranabuhanga, ku buryo rumaze kushyira insinga za internet zinyura mu butaka (fibres optiques) zingana na kilometero 4000 zihuza uturere twose, zifasha ibikorwa by’ubucuruzi, amashuri n’amavuriro.

Yakomeje agira ati “Kubera iri shoramari mu bikorwaremezo, turi gushishikariza urubyiruko rwacu kwiga ibijyanye n’ubumenyi na Engineering. Twe dufata ikoranabuhanga nka kimwe mu bintu byatugeza ku iterambere.”

Inama ngarukamwaka ya Nantucket Project imaze kwitabirwa no gutangwamo ibiganiro n’abayobozi batandukanye barimo Tony Blair wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza; Steve Wozniak, umushoramari akaba n’umwe mu bashinze Apple Inc; Senateri John McCain n’abandi.

Inama y’uyu mwaka iri kuba kuva kuwa 14 – 17 Nzeri 2017 yanitabiriwe n’abakobwa barangije mu ishuri rya Gashora Girls Academy, banagize umwanya wo guhura na Perezida Kagame. Abitabira iyo nama bifashisha inkuru zitandukanye, bakagerageza gusangira ukuri ku bibera ku Isi.

The Nantucket Project yatangijwe mu 2010 n’umushoramari w’Umunyamerika Tom Scott ufite uruganda rukora ibinyobwa bidasembuye rwa Nantucket Nectars afatanyije na Kate Brosnan.

-7982.jpg

Perezida Paul Kagame

2017-09-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Museveni ageze aho guha pasiporo abambari ba RNC

Museveni ageze aho guha pasiporo abambari ba RNC

Ubwanditsi 18 Mar 2019
Israel: Apotre Gitwaza yasenze hamanuka umuriro urimo abamalayika 2

Israel: Apotre Gitwaza yasenze hamanuka umuriro urimo abamalayika 2

Ubwanditsi 26 Sep 2016
U Bufaransa: Ngenzi na Barahira bahamwe no gukora Jenoside bakatirwa gufungwa burundu

U Bufaransa: Ngenzi na Barahira bahamwe no gukora Jenoside bakatirwa gufungwa burundu

Ubwanditsi 07 Jul 2016
Bombori Bombori muri RNC: Imisanzu yo mu ntara ya Uganda irarikoze, Kayumba Nyamwasa na Bishop Deo Nyirigira babaye agaca n’inkoko kubera ifaranga

Bombori Bombori muri RNC: Imisanzu yo mu ntara ya Uganda irarikoze, Kayumba Nyamwasa na Bishop Deo Nyirigira babaye agaca n’inkoko kubera ifaranga

Ubwanditsi 09 Jun 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Oswald Ruakshaza
    July 4, 20183:08 pm -

    Nantukect Project si inama yakwitabirwa n’umukuru w’igihugu. Tony Blair yagiyeyo amaze guterwa icyizere, arimo ashakisha akazi! Ntawundi ndumva wayigiyemo cyanga wayitumiwemo. Kuba rero Perezida wacu yaragiyeyo ashobora kuba ntacyo azavanayo nubwo aba agiye kuduhahira! Ese ubundi inama nkiriya iba yarateganyijwe mu ngengo y’imari?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabire Habiba yatanze impano y’igishushanyo cy’ubugeni muri Miss Supranational
SHOWBIZ

Ingabire Habiba yatanze impano y’igishushanyo cy’ubugeni muri Miss Supranational

Ubwanditsi 29 Nov 2017
Amafoto – Sir Lewis Hamilton uzwi mu gusiganwa ku mamodoka arishimira ibihe byiza yagiriye mu Rwanda ubwo yasuraga Ingagi
Uncategorized

Amafoto – Sir Lewis Hamilton uzwi mu gusiganwa ku mamodoka arishimira ibihe byiza yagiriye mu Rwanda ubwo yasuraga Ingagi

Ubwanditsi 12 Aug 2022
Uko u Rwanda rwahishuye  Umugambi  w’Ubugambanyi rukikura  mu Rukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu  [ Yavuguruwe ]
Mu Mahanga

Uko u Rwanda rwahishuye Umugambi w’Ubugambanyi rukikura mu Rukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 11 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru