• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»USA: Umuyobozi wa Kabiri yahishuye ko Perezida Trump ari mu nzira yo kweguzwa

USA: Umuyobozi wa Kabiri yahishuye ko Perezida Trump ari mu nzira yo kweguzwa

Editorial 07 Oct 2019 POLITIKI

Habonetse umuntu wa kabiri wamennye amabanga muri gahunda igamije kweguza ku butegetsi Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, nkuko bitangazwa n’abamanyamategeko bahagarariye uwa mbere.

Umunyamategeko Mark Zaid yabwiye televiziyo ABC ko uwo muntu wa kabiri na we yari umukozi wo mu rwego rw’ubutasi kandi ko yavuganye n’umutegetsi mukuru w’urwego rw’ubutasi.

Mu ijoro ry’ejo ku cyumweru, Bwana Trump yamaganye abakuru bo mu ishyaka ry’abademokarate, avuga ko bakwiye kweguzwa.

Nta makuru yari yatangazwa ajyanye n’ibyo uwo muntu wavuze amabanga wa kabiri avuga.

Ariko, Bwana Zaid yavuze ko uwo muntu wa kabiri azi mu buryo butaziguye ibirego bijyanye n’ikiganiro kuri telefone Bwana Trump yagiranye na Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine, ku itariki ya 25 y’ukwezi kwa karindwi.

Iperereza rijyanye no kweguza Bwana Trump rishingiye kuri icyo kiganiro cyo kuri telefone, cyatangajwe mu kwezi kwa munani n’umuntu wa mbere wamennye amabanga kuri Trump.

Ku wa gatanu, ikinyamakuru the New York Times cyo muri Amerika cyatangaje ko umuntu wa kabiri yatekerezaga ku kuba yatangaza ibyo azi “ku makuru arushijeho kuba aya hafi” ajyanye n’icyo kiganiro cyo kuri telefone.

Ntibiramenyekana niba uwo muntu ari uhagarariwe n’uyu munyamategeko Bwana Zaid.

Rudy Giuliani, umunyamategeko wihariye wa Bwana Trump, yatangaje ubutumwa ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter avuga ko atatunguwe no kumenya ko hari undi “mutangabuhamya w’ibanga”.

Yavuze ko iryo perereza rijyanye no kweguza Bwana Trump rishingiye ku mpamvu za politike ndetse yamagana “itangazamakuru ryo ku rwego rwo hasi”.

Uwo wa kabiri wavuze amabanga ntabwo aratanga ikirego cyangwa ngo avugane n’akanama k’ubutasi.

Ariko ikinyamakuru the New York Times gitangaza ko yavuganye n’umutegetsi mukuru w’urwego rw’ubutasi, amakuru akavuga ko uwo mutegetsi yari amaze igihe ashaka gihamya yo kunganira ibyavuzwe n’uwa mbere.

Ibiro bya Perezida w’Amerika bya White House bishimangira ko byagaragaje gukorera mu mucyo bigatangaza inyandiko-mvugo y’ibyavugiwe muri icyo kiganiro cyo kuri telefone, nyuma yaho hagaragajwe impungenge ku byakivugiwemo.

Ariko abakora iperereza bavuga ko iyo nyandiko-mvugo ari igice kimwe cy’ibyavugiwe muri icyo kiganiro, ko ituzuye. Basabye ibiro by’ububanyi n’amahanga by’Amerika gutanga izindi nyandiko zijyanye n’ibyakivugiwemo.

Ku wa gatandatu, Mike Pompeo, umunyamabanga wa leta y’Amerika, yavuze ko azakurikiza ubwo busabe, ariko yinubira ko abakozi be bari gushyirwa ku nkeke.

2019-10-07
Editorial

IZINDI NKURU

Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje

Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje

Editorial 15 Jul 2024
Twibeshye kuri Dr Christian  MARARA

Twibeshye kuri Dr Christian MARARA

Editorial 21 Apr 2016
Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi

Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi

Editorial 07 Mar 2020
Perezida Magufuli yavuze uko Kagame yamugiriye inama yo kuvugurura Air Tanzania

Perezida Magufuli yavuze uko Kagame yamugiriye inama yo kuvugurura Air Tanzania

Editorial 12 Jul 2018
Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje

Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje

Editorial 15 Jul 2024
Twibeshye kuri Dr Christian  MARARA

Twibeshye kuri Dr Christian MARARA

Editorial 21 Apr 2016
Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi

Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi

Editorial 07 Mar 2020
Perezida Magufuli yavuze uko Kagame yamugiriye inama yo kuvugurura Air Tanzania

Perezida Magufuli yavuze uko Kagame yamugiriye inama yo kuvugurura Air Tanzania

Editorial 12 Jul 2018
Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje

Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje

Editorial 15 Jul 2024
Twibeshye kuri Dr Christian  MARARA

Twibeshye kuri Dr Christian MARARA

Editorial 21 Apr 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru