• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»USA: Urukiko rwashimangiye igihano cyahawe uwiyitaga umuvandimwe wa Faustin Twagiramungu ashaka ubuhungiro

USA: Urukiko rwashimangiye igihano cyahawe uwiyitaga umuvandimwe wa Faustin Twagiramungu ashaka ubuhungiro

Editorial 23 Jun 2018 ITOHOZA

Ubujurire bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa gatanu, itariki 23 Kamena bwakomeje guhamya icyaha Umunyarwanda, Gervais Ken Ngombwa, ndetse rushimangira igihano yahawe nyuma y’uko umucamanza asanze yaragize uruhare muri jenoside ndetse akanabeshya inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka muri Iowa.

Urukiko rw’Ubujurire rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rukaba rwateye utwatsi ubujurire bwa Gervais Ngombwa w’imyaka 57 wahamijwe ibyaha muri Mutarama 2016 birimo, amanyanga mu gushaka ubwenegihugu, icyaha cy’ubugambanyi bugamije kubona ubwenegihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ndetse n’icyaha cyo gutanga ubuhamya bw’ibinyoma abuha urwego rushinzwe umutekano w’igihugu (Homeland Security).

Umucamanza mukuru w’akarere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Linda Reade akaba yari yakatiye Gervais Ngombwa igihano cy’igifungo cy’imyaka 15 muri Werurwe 2017 ndetse no kwamburwa ubwenegihugu yasaga nk’uwibye.

Ikinyamakuru The Gazette dukesha iyi nkuru kivuga ko mu bujurire yasabaga ko urubanza rwe rwasubirwamo avuga ko umwunganizi we atamuhaye ubufasha bukwiye mu rubanza. Yanamaganaga kandi icyemezo cy’umucamanza, Reade avuga ko yamukatiye agendeye ku buhamya bw’abagizweho ingaruka na jenoside ngo abashinzwe iperereza bakuye mu Rwanda, kuba yarakatiwe n’inkiko mu Rwanda, n’ubuhamya bw’impuguke kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Urukiko rw’ubujurire rwagaragaje ko Ngombwa yabeshye kenshi ubwo yashakaga kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika no kubona ubwenegihugu, ariko ngo ikinyoma gikabije ni ukwiyita umuvandimwe wa Faustin Twagiramungu, umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mbere yo gufata iy’ubuhungiro.

Nk’uko ibimenyetso byagaragajwe mu rubanza bivuga, Ngombwa ngo yanabeshye no ku wundi muryango yavugaga ko bafitanye isano agerageza ko ubusabe bwe bwo kwimurirwa mu kindi gihugu nk’impunzi mu 1998 bwemerwa, ndetse akabona ubwenegihugu.

Umwanzuro w’urukiko rw’ubujurire ukaba uvuga ko igihano urukiko rw’akarere rwakatiye Ngombwa wagendeye ku mirongo ngenderwaho mu gutanga igihano kandi wanonosoye neza uruhare rwa Gervais Ngombwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ngo hari ibimenyetso kandi byerekana ko Ngombwa agikurikiranwe mu kirego2104 mu Rwanda ku birego bya jenoside, itsembatsemba nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu ndetse n’ubwicanyi nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu.

Umunyamategeko wa leta, Peter Deegan mu itangazo yashyize ahagaragara akaba yavuze ko icyemezo cyo kuri uyu wa gatanu ari urugero rwiza rw’uko amategeko agenga ibijyanye n’ubwimukira akwiye kubahirizwa n’uko abayahonyora bagomba kubibazwa.

Uyu Munyarwanda, Gervais Ngombwa kandi yigeze guhanwa n’urukiko rw’akarere ka Linn azira gutwika inzu yabagamo ahitwa Cedar Rapids mu 2013 bimuviramo gukorwaho iperereza kubera manyanga mu bwishingizi mu 2017.

2018-06-23
Editorial

IZINDI NKURU

UBUHAMYA : Umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi arabara iryo yahaboneye

UBUHAMYA : Umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi arabara iryo yahaboneye

Editorial 19 Dec 2018
Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa  Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye

Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye

Editorial 20 Oct 2017
440,000$: Ikiguzi  cya RNC ngo yumvikanishe gahunda yayo muri Congres y’America

440,000$: Ikiguzi cya RNC ngo yumvikanishe gahunda yayo muri Congres y’America

Editorial 02 Oct 2017
Abanyamahanga baba muri Afurika  y’Epfo barahigwa bukware

Abanyamahanga baba muri Afurika y’Epfo barahigwa bukware

Editorial 16 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda bwamurikiwe ibyagezweho mu mikino uyu mwaka
Mu Rwanda

Ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda bwamurikiwe ibyagezweho mu mikino uyu mwaka

Editorial 12 Jun 2017
Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Editorial 15 Feb 2017
Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Editorial 26 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru