• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»USA: Uwitwa Bosco Tukamuhabwa akurikiranweho kwica umugore we, akamuhisha aho babika imyenda [ garde robe ]

USA: Uwitwa Bosco Tukamuhabwa akurikiranweho kwica umugore we, akamuhisha aho babika imyenda [ garde robe ]

Editorial 22 Nov 2017 ITOHOZA

Umugabo witwa Bosco Tukamuhabwa washinjwaga gukubita umugore we, Maniriho Nkinamubanzi, mu mezi 7 ashize, kuri ubu arashinjwa icyaha cyo kumwica nyuma y’aho umurambo w’uyu mugore ubonekeye kuwa 10 Ugushyingo yarawuhishe aho babika imyenda mu rugo rwabo ahitwa Providence muri Leta ya Rhode Island muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Igipolisi cya Rhodes Islands kikaba kivuga ko uyu muryango wari uw’Abakongomani b’impunzi, imiryango nka Family Service of Rhode Island ndetse na Dorcas International Institute of Rhode Island  ikaba yahamagariwe gufasha abana ba Nkinamubanzi. Nkinamubanzi ngo akaba yari amaze imyaka 2 ageze muri Amerika nyuma yo kumara imyaka 10 mu nkambi y’impunzi muri Uganda.

Bosco Tukamuhabwa w’imyaka 46 yari yarekuwe muri gereza atanze ingurane atemerewe kugira uwo babonana kuva muri Mata, ubwo igipolisi cyasangaga Maniriho Nkinamubanzi w’imyaka 44 arimo kuririra mu gikoni cye aho bari batuye kuri 79 Ontarion St.

Umukobwa wabo w’imyaka 20 ari nawe mukuru mu bana bane b’uyu muryango, niwe wasobanuriraga mu giswahili nyina abwira igipolisi uko umugabo we yamennye ibyo kurya ndetse akamusunika akitura hasi akamuhondagura kugeza amuciye mu myanya y’intoki.

Iyi nkuru dukesha Chicagotribune.com irakomeza ivuga ko, umunsi wakurikiyeho igipolisi cyataye muri yombi Tukamuhabwa ariko akaza kurekurwa atanze ingurane mu gihe yari ategereje ko aburanishwa. Icyo gihe akaba Atari yemerewe kwegera umugore we.

Nyuma rero, uyu mugore Nkinamubanzi yaje kuburirwa irengero kuwa kane, itariki 07 Ugushyingo, abana be bahamagara igipolisi barabikimenyesha maze gitangira gushakisha mu nzu no hafi aho kiramubura.

Nyuma y’amasaha abiri y’ishakisha, abana b’uyu mugore baje gusanga umurambo we afite ibikomere ku mutwe mu kabati kabikwamo imyenda mu cyumba yararagamo nk’uko byemezwa na raporo ya polisi.

Police make arrest in killing of Providence mother

Ntibyatinze igipolisi kiza gusanga tukamuhabwa arimo kwinjira mu modoka ye kuri Hanover Street, aho ngo yagaragaye yasinze akabanza kujyanwa ku Bitaro bya Rhodes Island kugirango babanze bamuvomemo izo nzoga.

Kuwa Gatatu, 15 Ugushyingo, Maj. David Lapatin yatangaje ko abapolisi bashinzwe iperereza bashinja Tukamuhabwa icyaha cy’ubwicanyi, aho yagombaga kugezwa imbere y’urukiko rw’akarere bukeye bwaho.

Source : Bwiza

2017-11-22
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Editorial 31 Jul 2018
Urwikekwe mu ishyaka Ishakwe-RNC, Ngarambe Joseph arahinjwa ubugambanyi

Urwikekwe mu ishyaka Ishakwe-RNC, Ngarambe Joseph arahinjwa ubugambanyi

Editorial 10 May 2018
Kayumba Nyamwasa arakoresha Sande Charles mu bikorwa byo guhiga abitwa abanzi ba RNC

Kayumba Nyamwasa arakoresha Sande Charles mu bikorwa byo guhiga abitwa abanzi ba RNC

Editorial 25 Sep 2017
Umusirirake w’umurundi wafatiwe mu Rwanda yasubijwe u Burundi

Umusirirake w’umurundi wafatiwe mu Rwanda yasubijwe u Burundi

Editorial 08 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAN 2021: U Rwanda rwasimbutse ijonjora ry’ibanze
IMIKINO

CAN 2021: U Rwanda rwasimbutse ijonjora ry’ibanze

Editorial 17 Jul 2019
Ruswa si umwihariko wa Afurika ariko igomba gucika – Perezida Kagame
UBUKUNGU

Ruswa si umwihariko wa Afurika ariko igomba gucika – Perezida Kagame

Editorial 30 Jan 2018
Urugo rwa Gen Masunzu rwagabweho igitero
HIRYA NO HINO

Urugo rwa Gen Masunzu rwagabweho igitero

Editorial 27 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru