• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Usibye u Bushinwa igisirikare cy’u Rwanda [ RDF ] nicyo gitunze missiles zishwanyaguza ibifaru

Usibye u Bushinwa igisirikare cy’u Rwanda [ RDF ] nicyo gitunze missiles zishwanyaguza ibifaru

Ubwanditsi 18 Dec 2018 ITOHOZA

Igisirikare cy’u Rwanda, RDF, cyabaye igisirikare cya mbere cy’abanyamahanga gitunze ibisasu bya missiles byakorewe mu Bushinwa bizwi nka Red Arrow bifite ubushobozi bwo gusenya ibimodoka by’intambara by’imitamenwa bizwi nka tanks cyangwa chars blindés mu Gifaransa.

Kuwa kabiri ushize, ku munsi wa nyuma y’imyitozo ngarukamwaka yaberaga i Gabiro, nibwo igisirikare cy’u Rwanda kerekanye bwa mbere intwaro zakorewe mu Bushinwa zirimo iyitwa PCL-09 na missiles zayo zo mu bwoko bwa HJ-9A “Red Arrow”.

Ikinyamakuru Southchinapost kivuga ko PCL-09 yoherezwa hanze ku izina rya CS/SH1, ari imwe mu ntwaro za rutura z’ingenzi igisirikare cy’u Bushinwa (People’s Liberation Army) gikoresha, ikaba yaratangiye gukoreshwa bwa mbere mu 2009.

Iyi mbunda ifite umunwa wa milimetero 122 ujya kumera nk’uwa D-30 y’Abarusiya, ikunze gushingwa ku ikamyo ya SX2150, ikaba ishobora kurasa amasasu menshi mu ntera y’ibirometero 27, ku rugero rw’inshuro 6 cyangwa 8 ku munota  ndetse ikaba ikorana n’uburyo bwa Beidou bukoresha satellites.

Naho HJ-9A, ni version ya HJ-9 (third generation) yongerewe ubushobozi, akaba ari missiles zisenya ibimodoka by’imitamenwa zishobora kuraswa mu birometero birenga 5,5, aho bivugwa ko iki gisasu gishobora gutobora icyuma kugeza muri metero 1,2 winjira imbere.

Abasirikare b’u Rwanda ashyira missile ya Red Arrow mu mbunda

Igisirikare cy’u Rwanda gikoresha HJ-9A ngo akaba ari cyo cya mbere cy’abanyamahanga kimenyekanye gikoresha izi missiles nyuma y’u Bushinwa buzikora.

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko u Rwanda nk’igihugu kikiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 atari ubwa mbere cyaba kiguze intwaro mu Bushinwa nk’aho cyabanje kuhagura ibimodoka by’imitamenwa bizwi mu cyongereza nka SH-3 self-propelled arms vehicles ndetse na missiles z’ubwirinzi bwo mu kirere (air defence missiles). Izi modoka nazo zikaba zaragaragajwe kuwa Kabiri ushize i Gabiro.

SH-3 self-propelled arms vehicles
SH-3 self-propelled arms vehicles

Umusesenguzi mu bya gisirikare wo mu mujyi wa Beijing, Zhou Chenming avuga ko igurwa ry’izi ntwaro rigaragaza kwaguka kw’ubucuruzi bw’intwaro kw’u Bushinwa muri Afurika, ahanini bitewe n’uko izi ntwaro zoroshye gukoresha, zitanga umusaruro, zidahenze bikabije kandi zikaba zifite byinshi zihuriyeho n’izakozwe n’Abasoviyete ibisirikare bitandukanye byo muri Afurika byakunze kwishimira mu bihe byashize.

Hagati ya 2013 na 2017, intwaro u Bushinwa bugurisha ziyongereyeho 38% ugereranyije n’imyaka 5 yabanje, aho Afurika yaguze 21% by’izi ntwaro nk’uko byemezwa n’Ikigo mpuzamahanga cy’ubushakashatsi ku mahoro cya Stockholm (Stockholm International Peace Research Institute).

Ikindi Zhou atangaza, ni uko bitandukanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’inshuti zazo, u Bushinwa ngo nicyo gihugu cyonyine gikora intwaro kidashyiraho andi mananiza ya politiki kugirango kikugurishe intwaro.

Iri curuzwa ry’intwaro z’u Bushinwa ariko mu myaka yashize rikaba ryarateje impaka nyuma y’aho raporo zigaragarije ko zirimo gukoreshwa mu makimbirane nko mu ntambara zo muri Repubullika iharanira Demokarasi ya Congo no muri Sudani y’Epfo.

Ubwo yasozaga iyi myitozo ngarukamwaka y’ingabo z’’u Rwanda yiswe Exercise Hard Punch III, perezida Kagame yavuze abanzi b’u Rwanda bashobora gusa kurwifuriza nabi ariko batazigera babasha gutsinda, avuga ko uzagerageza gutera u Rwanda atazasubirayo yaba ari muzima cyangwa ari umupfu.

2018-12-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen Muhoozi Kainerugaba yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, UPDF

Gen Muhoozi Kainerugaba yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, UPDF

Ubwanditsi 22 Mar 2024
Mu Burundi rurageretse hagati y’abaturage n’imbonerakure zibaka amaturo ku gatuza

Mu Burundi rurageretse hagati y’abaturage n’imbonerakure zibaka amaturo ku gatuza

Ubwanditsi 26 Aug 2024
Alice Cyusa  yirukanwe  k’Ubuyobozi bwa Diaspora Nyarwanda

Alice Cyusa yirukanwe k’Ubuyobozi bwa Diaspora Nyarwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2016
Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa ukomeje gusubira irudubi :Ambasaderi w’u Rwanda i Paris yahamagajwe

Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa ukomeje gusubira irudubi :Ambasaderi w’u Rwanda i Paris yahamagajwe

Ubwanditsi 24 Oct 2017

9 Ibitekerezo

  1. Amahe kamili
    December 18, 20185:11 pm -

    Jye ndabishima, Bitewe nuko urwanda rungana haba mu mikoro mbe haba no mu buso, Jye nkuko RDF isobanura , Rwanda defence force, RDF igomba kwibikaho ibikoresho byo kwi defendinga.

    Nabivuze ntangira, Rdf ntikeneye za F16,18, Drones etc… Dukeneye missilles zihanura indege zose, missilles zimena ibimodoka byibitamenwa byose, aliko mbere ya byose tugomba kugira abakobwa nabahungu bakwitagira u Rwanda bibaye ngobwa. Tuka rnda u Rwanda twigenera aho tugomba kugana ku bwacu , maze tubikore nkuko Israel yirinda abanzi bose bayikikije.

    Shalom, ku badukunda, abatwanga bo umuti urahari, Imana ikunda abanyarwanda murebe Congo hamwe habaye abahezanguni bifuzaga gutwika u Rwanda maze murebe aho bari!!! mu mazi abira. Nkaka nako inkaka Ignace alias Bizeye fils,

    …. A suivre Il faut respecter un grand.

    Droit d’aînesse exige. Reka tujye muli La rousse icyo bisobanura ….

    Droit d’aînesse, en France, au Moyen Âge et sous l’Ancien Régime, droit résultant de la priorité d’âge et qui réservait au fils aîné d’une famille noble, au détriment des autres enfants, une part prépondérante dans l’héritage paternel et maternel

    Subiza
  2. Peres
    December 18, 20185:35 pm -

    Ariko Mana watabaye abanyarwanda ukaba kuza kwiyemera koko! Ibi ni nka bya Bindi muvuga ko buri Gihugu cyo mw is kitabumviye kiba kibafitiye ishyari muzageraho namwe mujye mwiseka

    Subiza
    • Sunday
      December 18, 20186:42 pm -

      Ubwo bwose ni ubujiji. bamenye ko iyo igihugu gikoze imbunda gikora namisile ziyishwanyura. Tuzazishwanyura mureba

      Subiza
      • katsinono
        December 18, 20187:46 pm -

        Okey ibyo ni ibitekerezo byawe.!!!!!!!!!!!!!!!!.

        Subiza
  3. kalisa claude
    December 19, 20187:08 am -

    ariko birashoboka tutaba turi aba mbere kuko izo missile zishwanyaguza ibifaru bimaze igihe kinini kuko
    israel yazikoresheje kera mu ntambara bise iyi minsi itandatu(6days) barwana na jordan,misili na siliya uzasome neza inkuru yaho kandi intambara yabaye mu 1967.

    Subiza
  4. Emmy
    December 19, 20187:35 am -

    Ariko Sunday nawe urasetsa cyane ngo ni ubujiji ngo muzazishwanyuza ahaaa courage ingumba itazi ikibi irigata ishoka.kandi umwana atinya ikara aritoye.ibyo murimo byose muribeshya aho Imana yakuye urwanda ntizemera ko ingegera ziharusubiza.

    Subiza
    • Sunday
      December 19, 20189:58 am -

      Umva rero nkubwire nshuti yanje. Dutandukanye urwanda nakagome . Tumenye umwanzi wurwanda ninde? Ninde upfakaje abanyarwanda? Ninde ushora ubwichanyi kubanyarwanda hose haba mugihugu changwa hanze? Uwo numwanzi wabanyarwanda ntawundi ni Kagome. Tumwigize uruhanda arimuzima changwa yaryamye nuko twisanzure hirya nohino

      Subiza
  5. Daniel
    December 19, 201810:47 am -

    Sunday, rero, nabandi batekereza nkawe, ikibazo ntumugifitanye na HE gusa, ahubwo mugifitanye nabandi banyarwanda benshi twemera ubwitangye, umurava, ubutwari, gukunda igihugu … muri rusange imiyoborere myiza ya HE.

    Sunday, nibwira ko ibi namwe mubibona, kuko ibikorwa bye birivugira, ahubwo mureke gukoreshwa muve munzira mbi kandi tuzabarwanya.

    Subiza
    • katsinono
      December 20, 20186:39 pm -

      Twifitiye ubukwe mu minsi iri imbere ( imyaka 2). Niburangira tuzareba. Mukomere ntwari.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umulisa Alphonse wahoze ayobora Musée yirukanwe burundu mu bakozi ba Leta
Mu Mahanga

Umulisa Alphonse wahoze ayobora Musée yirukanwe burundu mu bakozi ba Leta

Ubwanditsi 13 Oct 2016
Burundi : Lt. Col  Darius IKURAKURE,yarasiwe muri Etat Major na mugenzi we w’umusilikare ahasiga ubuzima.
Mu Rwanda

Burundi : Lt. Col Darius IKURAKURE,yarasiwe muri Etat Major na mugenzi we w’umusilikare ahasiga ubuzima.

Ubwanditsi 22 Mar 2016
Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kuba maso kubera inkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kuba maso kubera inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 18 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru