• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Uzayobora FIFA aramenyekana uyu munsi

Uzayobora FIFA aramenyekana uyu munsi

Editorial 26 Feb 2016 IMIKINO

Ishyiraramwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA rirabona umuyobozi mushya kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Gashyantare 2016 mu matora ari bubere i Zurich mu Busuwisi.

Muri aya matora, u Rwanda ruhagarariwe na Nzamwita Vincent De Gaulle, aho abahatanira gusimbura Sepp Blatter ari Gianni Infantino, Sheikh Salman bin Ebrahim Al Khalifa, Tokyo Sexwale, Jerome Champagne na Prince Ali Bin Al Hussein.

-2284.jpg

Aba bose haratorwamo umwe

Infantino ushyigikiwe n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’u Burayi (UAFA) na Sheikh Salman bin Ebrahim Al Khalifa ushyigikiwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) ni bo bahabwa amahirwe menshi yo gutorerwa uyu mwanya wari ufitwe na Sepp Blatter mu myaka 18 ishize.

Amashyirahamwe y’umupira w’amaguru mu bihugu bya Kuwait na Indonesia ntari mu biguhu 207 byemerewe guhagararirwa muri ayo matora kubera ibihano yafatiwe.

Mbere y’igikorwa nyir’izina cyo guhitamo umuyobozi mushya wa FIFA, Issa Hayatou wayiyoboraga by’agateganyo yasabye abari bwitabire aya motora guhitamo uwo babona uzazana impinduka ndetse akongera kugarura isura nziza y’uru rwego rwatakarijwe icyizere na benshi nyuma yo kuvugwamo ibyaha bya ruswa yo ku rwego rwo hejuru.

Yagize ati “Isi yose iduhanze amaso muri iki cyumweru nyuma ya kimwe mu bihe bikomeye mu mateka. Kwemeza impinduka, bizatanga ubutumwa bukomeye ko twumvise kandi turi gukora ibishoboka byose kugira ngo twigarurire icyizere ndetse duhindure imikorere yacu.”

Amatora y’umuyobozi wa FIFA yaherukaga kuba muri Gicurasi umwaka ushize, Sepp Blatter wageze muri iri shyirahamwe mu mwaka wa 1975, akaribera perezida kuva mu 1998 niwe wari watorewe kongera kuriyobora muri manda ya gatanu atsinze Umufaransa Jerome Champagne, Prince Ali Bin Al Hussein, Umudage Michael Van Praag, Luis Figo na David Ginola.

Kubera ibyaha bya ruswa byavuzwe muri iri shyirahamwe byanatumye bamwe mu bayobozi baryo batabwa muri yombi n’ubutabera, Blatter yeguye nyuma y’amezi atatu gusa atowe ahita anahagarikwa mu bikorwa byose bya ruhago mu gihe cy’imyaka itandatu we na Michel Platini wayoboraga UAFA.

M.Fils

2016-02-26
Editorial

IZINDI NKURU

Degaule mu baziyamamariza kuyobora FERWAFA

Degaule mu baziyamamariza kuyobora FERWAFA

Editorial 12 Dec 2017
Rayon Sports igiye kwitaba FERWAFA gusobanura akagambane ishinjwa na Kiyovu Sports

Rayon Sports igiye kwitaba FERWAFA gusobanura akagambane ishinjwa na Kiyovu Sports

Editorial 29 Jul 2018
Abakinnyi b’Amavubi basuye abamugariye ku rugamba, babagenera impano mbere yo gukina na RDC

Abakinnyi b’Amavubi basuye abamugariye ku rugamba, babagenera impano mbere yo gukina na RDC

Editorial 28 Jan 2016
AS Kigali yasezeye mu gikombe cy’Amahoro 2023,yasinyishije myugariro Manzi Thierry amasezerano y’imyaka ibiri

AS Kigali yasezeye mu gikombe cy’Amahoro 2023,yasinyishije myugariro Manzi Thierry amasezerano y’imyaka ibiri

Editorial 06 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amashuri yigisha amategeko y’umuhanda ashyigikiye ikoranabuhanga mu gutanga serivisi
Mu Mahanga

Amashuri yigisha amategeko y’umuhanda ashyigikiye ikoranabuhanga mu gutanga serivisi

Editorial 29 Oct 2016
Goma: Hafashwe imodoka yari itwaye intwaro za gisirikare
Mu Mahanga

Goma: Hafashwe imodoka yari itwaye intwaro za gisirikare

Editorial 05 May 2018
Hakorwa iki kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura rirusheho gukorwa neza
Mu Rwanda

Hakorwa iki kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura rirusheho gukorwa neza

Editorial 22 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru