• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

Editorial 04 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Iyo wumvise amaganya asigaye aranga imvugo za Perezida w’uBurundi, Evariste Ndayishimiye ” NEVA “, bikwereka ko uyu ari umwe mu bategetsi batazi gupima ingaruka y’ibyo bavuga, bakazarwana no kwisubiraho ari uko izo ngaruka zatangiye gukomanga ku muryango.

Uyu NEVA aherutse kumvikana avuga ko azi neza ko intambara ica ibintu mu burasirazuba bwa Kongo izagera no mu Burundi. Ni mu gihe kandi, kuko atangiye kubona ko imyitwarire ye nta handi yaganishaga uBurundi, uretse mu kaga nk’ako munywanyi we Tshisekedi arimo.

Iyo NEVA aza kwiririnda ko uBurundi buzagwa mu magume , ntiyari kwimika ingengabitekerezo ya jenoside, kugeza ubwo yohereza abasirikari muri Kongo, ngo bajye gufatanya na FDLR kwica Abatutsi baharanira kubaho. Hanyuma se ko abo yagiye kubuza amahwemo barimo gutsinda, ndetse banasatira umupaka w’uBurundi, NEVA yabura ate guhangayika?!

NEVA ni umwe mu bakwiza bwa burozi bwa ” Hutu-pawa “, bushishikariza abaturage bo muri aka karere k’Ibiyaga Bigari kwica Abatutsi, ngo kuko bashaka kwimika “Hima Empire”igamije kugira Abahutu abacakara. Nta kuntu rero ingaruka z’ubu burozi zitagera no mu Burundi, kandi zikazaba mbi cyane, kuko igihe Umututsi yategaga ijosi ngo abanzi nibareme, cyararangiye.

Iyo NEVA aza gushishoza, ntaba yaremeye gushyira ku ibere FDLRigamije kugarura ubutegetsi bwa” Hutu-pawa”, no gusoza umugambi wo gutsemba Abatutsi mu Rwanda. Amakuru adashidikanywaho yerekana neza ko abarwanyi ba FDLR, FNL n’abandi bagizi ba nabi, bafite indiri mu ishyamba rya Kibira, mu majyaruguru y’uBurundi (rifatanye na Nyungwe yo mu Rwanda), aho bahabwa ibikoresho, bakanahakorera imyitozo yo gutera uRwanda. Gucirira FDLR ni nko kwikururira umurozi akakumaraho urubyaro.

Iyo NEVA aza kumenya ko ibyo akora biganisha uBurundi mu kangaratete, ntaba yaratinyutse kugambanira ibihugu bahuriye mu Muryango w’Afrika y’Uburasirazuba, ngo yohereze ingabo ze muri Kongo, kandi Tshisekedi yari amaze gusuzugura no kwirukana nabi ingabo z’uwo muryango, zari zagiye kubungabunga amahoro mu burasirazuba bwa Kongo. Ku nyungu ze bwite, NEVA yohereje abasirikari kurwana ntambara ireba Abakongomani ubwabo, none Abarundi baramuryoza abana babo batikirira mu mashyamba ya Kongo. Ubu mu Burundi hari icyoba cy’uko abasoda bashobora guhindukiza umututu w’imbunda, aho kurasa M23 bakarasa NEVA wabohereje gupfira inda ye gusa.

Baca umugani ngo ” nyir’ikirimi kiba yatanze umurozi gupfa”. Muri Mutarama 2024 NEVA yavugiye mu ruhame ko azashyigikira urubyiruko rugambiriye guhirika ubutegetsi mu Rwanda. Yewe yagerageje no kubishyira mu bikorwa, yongera imbaraga mu mikoranire ye na FDLR n’indi mitwe igamije guhungabanya umutekano w’uRwanda, nk’uko twabisobanuye haruguru. Ni gute rero yumva ko uRwanda rwakwima agaciro amagambo nk’ayo avuzwe na Perezida w’igihugu, noneho cy’abaturanyi? Mu gihe se ubwirinzi bw’uRwanda bwagira ingaruka ku Burundi, ibyo byabazwa uRwanda, cyangwa bikwiye kwirengerwa n’uwivugiye ko azaruteza akaga?

Muri make, imyitwarire ya NEVA irasobanura neza wa mugani w’Abarundi ugira uti:”Uzitura impene yamara kugera kurenga imbibe ugahebeba nkayo”. Icyakora, nubwo NEVA asakuza cyane ngo agarure ihene yamaze kugera kure, aracyafite amahirwe yo kugabanya ingaruka z’amakosa yakoze. Umuti wamutabara bwangu ni ukwitandukanya na FDLR n’imyumvire ya “Hutu-pawa”.

2025-02-04
Editorial

IZINDI NKURU

FERWAFA yamaze gutangaza uko imikino 4 yaburaga ngo igice kibanza cya shampiyona isozwe

FERWAFA yamaze gutangaza uko imikino 4 yaburaga ngo igice kibanza cya shampiyona isozwe

Editorial 11 Jan 2022
Urukiko rutegetse ko Laforge na Abega bahoze muri FDLR baburana bafunze

Urukiko rutegetse ko Laforge na Abega bahoze muri FDLR baburana bafunze

Editorial 11 Apr 2019
Bujumbura: Abanyonzi batonze iperu basaba kwishyurwa amafaranga bemerewe ngo bitabire imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa gatandatu

Bujumbura: Abanyonzi batonze iperu basaba kwishyurwa amafaranga bemerewe ngo bitabire imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa gatandatu

Editorial 26 Aug 2019
Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Palestine

Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Palestine

Editorial 18 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutekamutwe yafashwe yiyita umupolisi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda
Mu Mahanga

Umutekamutwe yafashwe yiyita umupolisi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda

Editorial 06 Sep 2016
Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu
Mu Rwanda

Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu

Editorial 12 Jul 2018
U Rwanda runganyije na Cameron rubura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022.
Amakuru

U Rwanda runganyije na Cameron rubura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022.

Editorial 30 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru