• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Wari uzi ko Arsenal ari yo yasabye u Rwanda kurwamamaza ?

Wari uzi ko Arsenal ari yo yasabye u Rwanda kurwamamaza ?

Editorial 20 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Ukuri ku masezerano ya Arsenal n’u Rwanda kwagiye ahagaragara, nyuma y’amezi  make abantu benshi bibaza  inzira byanyuzemo kugira ngo ijambo “Visit Rwanda” ryandikwe ku mipira y’ikipe ikomeye nka Arsenal.

Umutwe w’inkuru ko “U Rwanda rugiye kujya rwamamazwa na Arsenal”yatunguye benshi ariko inavugisha abandi batagira ingano.

Havuzwe byinshi kuri ayo masezerano ndetse n’imiryango mpuzamahanga n’ibitangazamakuru bikomeye ku isi bishinja u Rwanda kwisumbukuruza, rugashora akayabo mu kwiyamamaza ku ikipe nka Arsenal.

Gusa uko ijambo “Visit Rwanda” ryakomezaga kwandikwa ku mbuga nkoranyambaga, haba ku banengaga cyangwa abashimaga icyo gikorwa, ni ko intego y’u Rwanda yo guteza imbere ubukerarugendo yagendaga igerwaho mu gihe gito amasezerano yari amaze asinywe.

Mu masaha 24 gusa amasezerano asinywe, abantu barenga miliyoni 1,7 bari bamaze gushakisha kuri internet ijambo u “Rwanda” na “Visit Rwanda” .

Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Hategeka Emmanuel, mu gutangiza ku mugaragaro ubufatanye bwa Arsenal na Visit Rwanda

Ibyo byose ngo byerekana ko u Rwanda ari igihugu benshi bifuza kumenya, nk’uko Emmanuel Hategeka, umuyobozi ushinzwe ibikorwa mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB), yabitangarije mu Kiganiro “Rwanda beyond the Headlines” cya KT Radio.

Yagize ati “Dukorana na Arsenal ntabwo byagoranye, ubuyobozi bwayo bwaratwegereye kuko bakunda u Rwanda. Baratubwiye bati ‘ni iki twakorana kugira ngo tubafashe kumenyekana?’ ku bwanjye ntabwo ari igikorwa cyo kutwamamaza ahubwo ni amasezerano y’ubufatanye.”

Hategeka yemeza ko kumvikana ku masezerano bitigeze bigorana, kugira ngo u Rwanda rube igihugu cya mbere gisinyanye amasezerano na Arsenal mu bijyanye no kurwamamaza.

JPEG - 113.8 kb
Amasezerano y’u Rwanda na Arsenal yatunguye benshi kandi anavugisha benshi

Yakomeze ashimangira ko miliyoni 30 z’Amadolari u Rwanda rwishyuye Arsenal, mu gihe cy’imyaka itatu, ari amwe muyagenewe ibikorwa byo kwamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda mu bikorwa bitandukanye.

Ayo masezerano yasinywe binyuze mu kigo cya RDB gishinzwe gukurikirana ubucuruzi n’ubukerarugendo kizwi nka “Rwanda Convention Bureau”.

Ikipe ya Arsenal yatangiye kwambara imipira iriho ijambo “Sura u Rwanda (Visit Rwanda)”, ku buryo u Rwanda rukomeza kuza ku isonga mu kuba igihugu gisurwa kurusha uko byari bimeze.

Ayo masezerano yatangijwe ku mugaragaro ku itariki 22 Gicurasi 2018, ubwo Arsenal yamurikaga umwenda izakinana muri shampiyona itaha ya 2018/2019.

Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri Arsenal Vinai Venkatesham, yavuze ko ayo masezerano yabashimishije kuko azatuma u Rwanda rurushaho kumenyekana mu bucuruzi.

Ati “Iki gihugu cyateye imbere mu myaka mike ishize, ku buryo aya masezerano azafasha abantu benshi bakurikirana Arsenal bakarushaho kumenya iki gihugu kandi bitange umusaruro.”

Ubushakashatsi bwagaragaje ko umupira wa Arsenal ku munsi urebwa n’abantu barenga miliyoni 35, bigatuma Arsenal iba imwe mu makipe akurikiranwa cyane ku isi.

2018-08-20
Editorial

IZINDI NKURU

Agathe Kanziga imbere y’urukiko rwa Paris mu iperereza ku ruhare rwa Paul Barril, bafitanye amabanga adasanzwe

Agathe Kanziga imbere y’urukiko rwa Paris mu iperereza ku ruhare rwa Paul Barril, bafitanye amabanga adasanzwe

Editorial 03 Nov 2020
Burundi: Leta yahamagaje inama yiyerurutsa ku ba diplomate nyuma yaho BBC igaragaje ibikorwa byayo by’iyicarubozo

Burundi: Leta yahamagaje inama yiyerurutsa ku ba diplomate nyuma yaho BBC igaragaje ibikorwa byayo by’iyicarubozo

Editorial 13 Dec 2018
“U Rwanda ntirwafashe impunzi z’Abarundi bugwate, n’abaturage basanzwe baje mu Rwanda igihugu cyabo cyabangiye ko basubirayo” Min Biruta

“U Rwanda ntirwafashe impunzi z’Abarundi bugwate, n’abaturage basanzwe baje mu Rwanda igihugu cyabo cyabangiye ko basubirayo” Min Biruta

Editorial 12 Aug 2020
Ingabire Victoire ajye yibuka ko yafunzwe n’ibimenyetso byavuye mu Buholandi, naho isano n’abajenosideri, akabaye icwende ntikoga ngo gashiremo umunuko

Ingabire Victoire ajye yibuka ko yafunzwe n’ibimenyetso byavuye mu Buholandi, naho isano n’abajenosideri, akabaye icwende ntikoga ngo gashiremo umunuko

Editorial 01 Jun 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Burundi, muri ba basirikari 500 bavanywe muri Kongo mu mpera z’umwaka ushize hasigaye ngerere
Amakuru

Mu Burundi, muri ba basirikari 500 bavanywe muri Kongo mu mpera z’umwaka ushize hasigaye ngerere

Editorial 22 Jan 2024
Addis Ababa : Perezida Kagame yagejeje raporo ku bakuru bibihugu
Mu Rwanda

Addis Ababa : Perezida Kagame yagejeje raporo ku bakuru bibihugu

Editorial 30 Jan 2017
U Rwanda ruranenga ko Afurika y’Epfo yizera  Kayumba Nyamwasa kurusha rwo
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda ruranenga ko Afurika y’Epfo yizera Kayumba Nyamwasa kurusha rwo

Editorial 12 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru