• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Yafashwe ku ngufu n’abagabo 37 bamuvuna umugongo. Amaze imyaka 23 aryamye

Yafashwe ku ngufu n’abagabo 37 bamuvuna umugongo. Amaze imyaka 23 aryamye

Editorial 17 Apr 2017 Mu Rwanda

Jenoside yakorewe Abatutsi yakoranywe ubunyamaswa burenze ukwemera, ibimenyetso byabyo si inzibutso ziri ahanyuranye mu gihugu gusa, n’abarokotse bamwe baracyafite ibikomere byayo bigaragaza aya mateka mabi imyaka 23 nyuma yabwo. Mukangarambe yari afite imyaka 17 gusa. Yafashwe ku ngufu n’abagabo barenga 30, bamujugunya mu cyobo ngo apfe, ntiyapfa ahubwo avunika uruti rw’umugongo. Kuva ubwo kugeza ubu…. aracyahumeka.

Marie Mukangarambe ubu afite imyaka 40, yibuka Jenoside nk’iyabaye ejo, ariko yongeye kugarura inseko ku isura kubera uburyo hari abakomeje kumuba hafi. Atuye mu mudugudu wa Ruturusu ya II mu kagari ka Rukiri II mu murenge wa Remera. Abana n’umwana abereye nyina wabo kuko benshi bo mu muryango we wari utuye hano n’ubundi barishwe muri Jenoside.

Marie Mukangarambe avuzwa n’ikigega gitera inkunga abarokotse Jenoside batishoboye, akanabenshwaho n’inkunga z’ingoboka.

Ntashobora kweguka, ntashobora no kuryamira urubavu, umugongo aryamira uhorana ibisebe bikamusaba intungamubiri zo ku rwego rwisumbuyeho kugira ngo ibisebe bimworohere, agakenera kwitabwaho bya buri gihe bikorwa n’uwo babana cyangwa inshuti.

Antoine Mugunga ushinzwe gukurikirana ibikorwa byo kwibuka n’imibereho y’abarokotse muri uyu mudugudu yabwiye Umuseke ko muri Jenoside uyu mukobwa wari ufite imyaka 17 gusa ngo yakorewe ubunyamaswa buteye ubwoba, afatwa ku ngufu n’abagabo 37 mu gihe gito cyane, barangije bamujugunya mu rwobo baziko yapfuye.

Mukangarambe yaje kuvanwa muri iki cyobo agihumeka, ariko abamutabaye basanga yavunitse umugongo.

Imibereho ye nyuma ya Jenoside ngo yari igoye kandi ibabaje cyane kuko na benshi cyane mubo mu muryango we bapfuye. Uko iminsi yagiye ishira niko uyu murwayi yagiye agarura kongera kubaho.

Mugunga avuga ko ubu ikibazo Mukangarambe agira ari ukubura ibiribwa bigendanye na ‘regime’ yihariye yandikiwe n’abaganga ihenze.

Mukangarambe aho ahora aryamye n’akaradio hafi yiyumvira, bamusohora gake cyane ngo yote akazuba kuko kumusohora bisaba guterura uburiri bwose kandi kumunyeganyeza bikumubabaza cyane.

Ashimira cyane ubuvuzi yishyurirwa na FARG.

Ati “Ntacyo nagaya Leta kuko iramvuza. Ndayishimira ibyo ikora kandi n’abandi bose bamfasha mu bushobozi bwabo Imana ijye ibahemba.”

Mukangarambe yandikiwe n’abaganga ‘regime’ yihariye yo gufasha umubiri we, iyi regime ngo ihagarara nibura amafaranga ibihumbi magana abiri buri kwezi. Amafaranga adashoboka kuri Mukangarambe.

Gacye cyane nibwo bashobora kubasha kumuha regime yandikiwe yuzuye kubera ubushobozi bucye, ububoneka nabwo butangwa n’abagiraneza rimwe na rimwe.

Mukangarambe iyo muganira umubonana akanyamuneza no guseka bya hato na hato iyo muganira, yishimira kumusura no kuganirizwa gusa akeneye inkunga yunganira iyo ahabwa na FARG kugira ngo ubuzima bwe bukomeze…

-6327.jpg

-6326.jpg

Hashize imyaka 23 Mukangarambe, aryamye gusa. Kumuvana ahano ni uguterurana n’uburiri bwe

2017-04-17
Editorial

IZINDI NKURU

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Editorial 07 Sep 2022
Umuryango wa Kizito Mihigo uramagana abakwirakwiza impuha kumbuga nkoranyambaga bitwaje urupfu rwa Kizito

Umuryango wa Kizito Mihigo uramagana abakwirakwiza impuha kumbuga nkoranyambaga bitwaje urupfu rwa Kizito

Editorial 19 Feb 2020
Maj (Rtd) Habib Mudathiru ukekwaho gukorana na RNC yemeye ibyaha aregwa

Maj (Rtd) Habib Mudathiru ukekwaho gukorana na RNC yemeye ibyaha aregwa

Editorial 18 Oct 2019
Umutoza w’amavubi Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8

Umutoza w’amavubi Carlos Alos Feller yakurikiye umukino w’igikombe cy’Amahoro Etincelles yaboneyeho itike yo kugera muri 1/8

Editorial 31 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR BBC yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Patriots BBC ihabwa miliyoni 15 FRW
Amakuru

APR BBC yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Patriots BBC ihabwa miliyoni 15 FRW

Editorial 22 Sep 2024
Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)
Amakuru

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Editorial 24 May 2021
Radio Amazing Grace yafunzwe mu gihe cy’iminsi 30
Mu Rwanda

Radio Amazing Grace yafunzwe mu gihe cy’iminsi 30

Editorial 21 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru