• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Zari ari kwicuza kuba yari yaratandukanye n’umugabo we wa mbere, ashobora kujyana Diamond mu nkiko

Zari ari kwicuza kuba yari yaratandukanye n’umugabo we wa mbere, ashobora kujyana Diamond mu nkiko

Editorial 20 Sep 2017 Mu Rwanda

Zari uri mu gahinda gakomeye ko guhemukirwa na Diamond Platnumz yavuze amagambo agaragaza kwicuza gukomeye ndetse anahamya ko Ivan Semwanga wahoze ari umugabo we akaza kwitaba Imana ari we muntu wamukundaga by’ukuri.

-8014.jpg

Kugeza ubu iby’urukundo rwa Zari na Diamond Platnumz byajemo kidobya nyuma y’uko Diamond yemeye ko yamuciye inyuma akabyarana na Hamisa Mobetto wagaragaye mu mashusho y’indirimbo ye Salome. Ukurikije ibintu byinshi cyane Zari yagiye asangiza abamukurikira kuri facebook, aya makuru byamugoye cyane kuyakira, buri kanya arashyiraho ibintu bigaragaza amakuru atandukanye yanditswe kuri Diamond n’uyu mwana we.

-239.png

Diamond Platnumz yemeye umwana wa Mobetto biteza impagarara

Zari yanagaragaje kwicuza kuba yaratandukanye n’umugabo we wa mbere Ivan Ssemwanga uherutse kwitaba Imana avuga ko ari we wamukundaga by’ukuri ndetse ngo yari yaramuhanuriye ko Diamond ashobora kuzamubabaza. Yagize ati “Umugabo wanjye twatandukanye witabye Imana ni we mugabo wankunze by’ukuri n’ubwo atari abuze amakosa ariko urukundo rwo rwari urw’ukuri. Yari yarambwiye ko azantegereza, ndatekereza ko nafashe igihe cyose gihagije kugeza ubwo yitabye Imana. Nyuma y’ibi byose ndi kwibuka amagambo yambwiye kuri Diamond. Nyagasani!”

-240.png

-8015.jpg

Zari ashobora kuba yari yaraburiwe na Ivan ko Diamond azamubabaza

Diamond Platnumz yatangaje ko atigeze agambirira kwihakana umwana yabyaranye na Hamisa Mobetto ahubwo ko yashakaga ko ibintu biguma ari ibanga kugira ngo bitababaza Zari. Yanatangaje ko yamuhaye imodoka nshya yo mu bwoko bwa Rav 4, yamugeneraga ibihumbi 70 by’amashilingi ya Tanzania buri munsi, yarishyuye ubwishingizi butuma yivuza n’umwana ndetse n’ibindi byinshi ariko ashaka ko biguma mu ibanga. Yanatangaje ko ibi byose Zari yari abizi gusa uyu mugore yabyamaganiye kure avuga ko nta kintu yari abiziho.

-8016.jpg

Hamisa Mobetto yagaragaye mu mashusho ya ‘Salome’

Zari ashobora kujyana Diamond mu nkiko

Uti amurega iki? Igihe Diamond yavugaga ko Zari yari azi iby’uko yamuciye inyuma na Hamisa Mobetto ndetse akamutera inda, Zari yakoresheje Snapchat ye arabihakana. Yagize ati “Hahha rekera aho kwikinisha.. ibyo binyoma uri kuvuga ngo nari nzi iby’iyo ndaya yawe.. gerageza ukemure ibibazo witeye urekere kubeshya. Kuba nceceka si uko ndi igicucu. Itondere cyane ibyo uvuga.”

-8018.jpg

Zari yaburiye Diamond ko ashobora kumujyana mu nkiko.

Yakomeje agira ati “Kuba ndi nyina w’abana bawe nibyo bituma nceceka nkakubaha. Ushobora gukenera kureba muri google ibyerekeranye n’ibirego by’iteshagaciro rishingiye ku myitwarire. Ntungerageze.”

Huddah Monroe ati “Abagabo ni abacu twese ni ugusaranganya!”

Uyu mukobwa w’umunyakenya ni umwe mu bazwi cyane ndetse yanahoze ari incuti ya Zari ariko baza gushwana ku mpamvu zitamenyekanye. Byigeze kuvugwa kandi ko uyu nawe Diamond yaba yaramuterese mbere yo gushakana na Zari. Akoresheje Instagram yagize ati “Umugabo aba ari uwawe igihe muri kumwe. Igihe asohotse, aba ari uwacu twese, ni ugusaranganya!”

-8020.jpg

-8019.jpg

Huddah Monroe yahoze ari incuti ya Zari

Ese umunsi Diamond yahanuye mu ndirimbo ye ‘Utanipenda’ waba wegereje?

Mu ndirimbo ye ‘Utanipenda’, Diamond yibazaga niba aramutse amafaranga amushizeho akaba umukene cyangwa ubuzima buhindutse Zari yakomeza akamukunda cyangwa nawe yamureka abanzi bakamubona. Aba avuga ko ibyo aririmba ari ibintu bishoboka kuko ntawe umenya ejo hazaza uretse Imana yonyine kandi iba yarabigize ibanga ryayo.

Muri iyi ndirimbo aba anibaza atandukanye na Zari uburyo abakobwa yateretaga cyera bamuha urwamenyo. N’ubwo nta kibazo cy’amafaranga Diamond yari yagira, ibibazo by’abagore n’abakobwa biri muri bimwe mu bintu byasubije abahanzi n’abanyamafaranga benshi ku isuka.

-8021.jpg

Zari yaguye mu kantu Diamond yemeye umwana yari amaze igihe kinini ahakana ko atabyaye.

Mu gihe umuriro watse kwa Diamond na Zari, Hamisa we ibyishimo ni byose, cyane cyane ko ari we wakunze gutangaza ibye na Diamond mu itangazamakuru, ubu yahise afata konti ya Instagram yakoreye uwo mwana we ashyiraho ifoto ya Diamond Platnumz, ahindura amazina y’umwana amwita @abduldangote ahita yandika mu mwanya w’umwana kuri iyo foto ya Diamond ati “Data”.

Zari yashimiye abantu batandukanye bamwihanganishije ku mbuga nkoranyambaga ndetse avuga ko we acyeye ku mutima ukwiye kugira impagarara ari Diamond kuko ari we uri mu makosa. Si ubwa mbere Diamond avuzweho kubyara umwana mu buryo budasobanutse kuko na Hawa baririmbanye indirimbo ‘Nitarejea’ nawe yatangaje ko Diamond yamutanye umwana. Muri iyi minsi kandi biri kuvugwa ko Diamond yaba afite undi mukobwa bahararanye wo muri Namibia witwa Dillish Matthews watsindiye Big Brother Africa muri 2013.

-8022.jpg

Dillish Matthews binugwanugwa ko ahararanye na Diamond Platnumz

Source : Inyarwanda

2017-09-20
Editorial

IZINDI NKURU

Iya 21 Mata 1994: Abanyeshuri n’abarimu ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda bishwe urubozo

Iya 21 Mata 1994: Abanyeshuri n’abarimu ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda bishwe urubozo

Editorial 21 Apr 2018
Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Editorial 28 Sep 2017
Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Editorial 17 Mar 2018
Menya Impamvu igiciro cyo gusura Ingagi cyikubye Kabiri

Menya Impamvu igiciro cyo gusura Ingagi cyikubye Kabiri

Editorial 09 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame na Madamu bakiriwe n’Umwami w’Abami w’u Buyapani
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame na Madamu bakiriwe n’Umwami w’Abami w’u Buyapani

Editorial 08 Jan 2019
Denmark yohereje mu Rwanda Twangirayezu Wenceslas ukekwaho uruhare muri Jenoside
ITOHOZA

Denmark yohereje mu Rwanda Twangirayezu Wenceslas ukekwaho uruhare muri Jenoside

Editorial 11 Dec 2018
Rudasingwa yahishuye uruhare rwe mu bitero bya gerenade byigeze kwibasira Kigali
INKURU NYAMUKURU

Rudasingwa yahishuye uruhare rwe mu bitero bya gerenade byigeze kwibasira Kigali

Editorial 05 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru