• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Editorial 29 Mar 2018 UBUKUNGU

Ubuyobozi bwa koperative Zigama CSS buvuga ko mu mwaka ushize yungutse miliyari 3Frw zirenga ku rwunguko rwari ruteganyijwe.

Byavugiwe mu nama rusange y’iyo koperative y’Ingabo z’u Rwanda, yabaye kuri uyu wa Kane tariki 29 Werurwe 2018, yari igamije kumurikira abanyamuryango ba Zigama CSS uko umwaka ushize wagenze nk’uko ngo bisabwa n’amategeko agenga iyo koperative.

Inyungu yari iteganyijwe umwaka ushize ngo yari miliyari 6.3Frw ariko ngo iyabonetse ni miliyari 9.3Frw, bigaragara ko harenzeho miliyari eshatu.

Umuyobozi mukuru wa Zigama CSS, Maj Gen Albert Murasira, yavuze ko ibyo byatewe n’imicungire myiza y’amafaranga ya koperative.

Yagize ati “Byatewe n’uko twagabanyije cyane amafaranga dusohora ajyanye n’imirimo ya koperative nk’ay’ibikoresho, guhemba n’ibindi. Ahubwo twatanze inguzanyo nyinshi ndetse andi mafaranga tuyashora mu mpapuro mpeshwamwenda bituma twunguka arenze ayari ateganyijwe.”

JPEG - 274.4 kb
Abayobozi bakuru ba Zigama CSS muri iyi nama

Avuga kandi ko ahanini akazi ari bo bakikorera cyane ko ngo icyo bashyira imbere ari uguteza imbere abanyamuryango.

Ati “Icyo tugamije ahanini si inyungu n’ubwo bitatubuza kunguka. Nk’ubu umunyamuryango uhawe inguzanyo iri munsi ya miliyoni eshanu asabwa inyungu ya 13% naho iri hejuru yayo inyungu ikaba 15%, gusa kubera ko akazi kenshi ari twe tukikorera inyungu ziraboneka.”

Yongeraho ko iyo koperative iteganya kunguka miliyari umunani muri uyu mwaka ariko kandi ngo zishobora no kurenga.

JPEG - 879.3 kb
Dr James Ndahiro avuga ko bishimira uko Zigama CSS ikomeje gutera imbere haba muri servisi no mu rwunguko

Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya Zigama CSS, Dr James Ndahiro, avuga ko bishimira ko koperative yabo igenda itera imbere.

Ati “Twishimira ko koperative yacu ikomeje gutera imbere, bigaterwa n’uko abanyamuryango bose bakorera hamwe bikaturinda ibibazo. Ibyo ni byo bituma buri mwaka hari ikigenda cyiyongera haba muri servisi ndetse no mu mibare ijyanye n’inyungu.”

Akomeza avuga ko ubu icyo bashyize imbere ari ukongera ikoranabuhanga muri iyo koperative kugira ngo borohereze abanyamuryango, bajye bakora ibyo bifuza batabanje kujya kuri banki ahubwo bakabikorera kuri terefone zabo.

Zigama CSS ngo imaze gutanga inguzanyo zingana na miliyari 145 zikaba zarahawe abanyamuryango bagera ku bihumbi 140.

2018-03-29
Editorial

IZINDI NKURU

Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame

Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame

Editorial 08 May 2018
Perezida Kagame asanga ubwiyongere bw’abanyafurika budakwiriye gufatwa nk’ikibazo

Perezida Kagame asanga ubwiyongere bw’abanyafurika budakwiriye gufatwa nk’ikibazo

Editorial 09 Dec 2018
Kagame yitabiriye inama idasanzwe ya G20 yatangiwemo tiliyari $5 zo guhangana n’ingaruka za COVID-19

Kagame yitabiriye inama idasanzwe ya G20 yatangiwemo tiliyari $5 zo guhangana n’ingaruka za COVID-19

Editorial 27 Mar 2020
BNR yatanze icyizere ku izamuka ry’ubukungu rya 7.2%

BNR yatanze icyizere ku izamuka ry’ubukungu rya 7.2%

Editorial 25 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kamonyi: Abantu barakangurirwa kubahiriza uburenganzira bw’umwana
Mu Mahanga

Kamonyi: Abantu barakangurirwa kubahiriza uburenganzira bw’umwana

Editorial 02 Jan 2016
L Mushikiwabo atorewe kuyobora Francophonie [ AMAFOTO ]
INKURU ZAKUNZWE CYANE

L Mushikiwabo atorewe kuyobora Francophonie [ AMAFOTO ]

Editorial 12 Oct 2018
Etienne Gatanazi Yeruye Yanika Ifu Mu Muyaga Ashakira Ibigaze Mu Bigarasha
Amakuru

Etienne Gatanazi Yeruye Yanika Ifu Mu Muyaga Ashakira Ibigaze Mu Bigarasha

Editorial 28 Jul 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru