• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Editorial 29 Mar 2018 UBUKUNGU

Ubuyobozi bwa koperative Zigama CSS buvuga ko mu mwaka ushize yungutse miliyari 3Frw zirenga ku rwunguko rwari ruteganyijwe.

Byavugiwe mu nama rusange y’iyo koperative y’Ingabo z’u Rwanda, yabaye kuri uyu wa Kane tariki 29 Werurwe 2018, yari igamije kumurikira abanyamuryango ba Zigama CSS uko umwaka ushize wagenze nk’uko ngo bisabwa n’amategeko agenga iyo koperative.

Inyungu yari iteganyijwe umwaka ushize ngo yari miliyari 6.3Frw ariko ngo iyabonetse ni miliyari 9.3Frw, bigaragara ko harenzeho miliyari eshatu.

Umuyobozi mukuru wa Zigama CSS, Maj Gen Albert Murasira, yavuze ko ibyo byatewe n’imicungire myiza y’amafaranga ya koperative.

Yagize ati “Byatewe n’uko twagabanyije cyane amafaranga dusohora ajyanye n’imirimo ya koperative nk’ay’ibikoresho, guhemba n’ibindi. Ahubwo twatanze inguzanyo nyinshi ndetse andi mafaranga tuyashora mu mpapuro mpeshwamwenda bituma twunguka arenze ayari ateganyijwe.”

JPEG - 274.4 kb
Abayobozi bakuru ba Zigama CSS muri iyi nama

Avuga kandi ko ahanini akazi ari bo bakikorera cyane ko ngo icyo bashyira imbere ari uguteza imbere abanyamuryango.

Ati “Icyo tugamije ahanini si inyungu n’ubwo bitatubuza kunguka. Nk’ubu umunyamuryango uhawe inguzanyo iri munsi ya miliyoni eshanu asabwa inyungu ya 13% naho iri hejuru yayo inyungu ikaba 15%, gusa kubera ko akazi kenshi ari twe tukikorera inyungu ziraboneka.”

Yongeraho ko iyo koperative iteganya kunguka miliyari umunani muri uyu mwaka ariko kandi ngo zishobora no kurenga.

JPEG - 879.3 kb
Dr James Ndahiro avuga ko bishimira uko Zigama CSS ikomeje gutera imbere haba muri servisi no mu rwunguko

Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya Zigama CSS, Dr James Ndahiro, avuga ko bishimira ko koperative yabo igenda itera imbere.

Ati “Twishimira ko koperative yacu ikomeje gutera imbere, bigaterwa n’uko abanyamuryango bose bakorera hamwe bikaturinda ibibazo. Ibyo ni byo bituma buri mwaka hari ikigenda cyiyongera haba muri servisi ndetse no mu mibare ijyanye n’inyungu.”

Akomeza avuga ko ubu icyo bashyize imbere ari ukongera ikoranabuhanga muri iyo koperative kugira ngo borohereze abanyamuryango, bajye bakora ibyo bifuza batabanje kujya kuri banki ahubwo bakabikorera kuri terefone zabo.

Zigama CSS ngo imaze gutanga inguzanyo zingana na miliyari 145 zikaba zarahawe abanyamuryango bagera ku bihumbi 140.

2018-03-29
Editorial

IZINDI NKURU

Imyaka 10  BK yavuye kuri miliyoni $200 ikagera kuri miliyari $1 y’umutungo mbumbe

Imyaka 10 BK yavuye kuri miliyoni $200 ikagera kuri miliyari $1 y’umutungo mbumbe

Editorial 11 May 2019
2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw

2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw

Editorial 13 Jul 2019
Perezida Kagame yashimye agaciro Afurika yahawe mu nama y’ibihugu bikize ku isi

Perezida Kagame yashimye agaciro Afurika yahawe mu nama y’ibihugu bikize ku isi

Editorial 27 Aug 2019
U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

Editorial 29 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yageze muri Seychelles nyuma y’urugendo rurerure
IMIKINO

Amavubi yageze muri Seychelles nyuma y’urugendo rurerure

Editorial 04 Sep 2019
APR FC yabonye amanota atatu ya mbere, Kiyovu ikomeje kugana habi – Umunsi wa 6 wa PL wakinwe
Amakuru

APR FC yabonye amanota atatu ya mbere, Kiyovu ikomeje kugana habi – Umunsi wa 6 wa PL wakinwe

Editorial 21 Oct 2024
RwandAir igiye kwerekeza muri Israel
UBUKERARUGENDO

RwandAir igiye kwerekeza muri Israel

Editorial 31 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru