• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Zuckerberg yikuye imbere y’abasenateri bagaragaje kutamenya imikorere ya Facebook

Zuckerberg yikuye imbere y’abasenateri bagaragaje kutamenya imikorere ya Facebook

Editorial 11 Apr 2018 IKORANABUHANGA

Mark Zuckeberg washinze ndetse akaba ayobora Facebook yikuye imbere y’Abasenateri bari bamutumyeho ngo asobanure iby’amakuru y’abakoresha uru rubuga yibwe, bamubajije ibibazo bigaragaza ko nta bumenyi buhagije bafite ku mikorere yarwo.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Mata 2018, nibwo Zuckerberg yitabye Komisiyo zishinzwe Ubucuruzi n’Ubutabera muri Sena ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yemereye ko ari amakosa ye kuba amakuru y’abagera kuri miliyoni 87 biganjemo Abanyamerika yarakoreshejwe n’Ikigo Cambridge Analytica kitabanje kubasaba uburenganzira.

Iki kigo gitanga ubujyanama mu birebana na politiki cyari gifitanye amasezerano n’abamamazaga Donald Trump mu matora yo mu 2016 yaje no gutsinda, ngo cyakoresheje amakuru ya bariya bantu kiboherereza ubutumwa bugamije kubashishikariza kumutora.

Nubwo icyari kigamijwe ari uko Zuckerberg yemera ko habayeho uburangare ndetse akagaragaza ingamba yafashe mu kurushaho kurinda amakuru y’abakoresha uru rubuga, byinshi mu bibazo abasenateri bamubajije byagaragaje ko nta bumenyi na buke bafite ku mikorere ya Facebook.

Nk’uko CNN yabyanditse, mu gihe ibibazo byari bikwiye kwibanda ku mpamvu Facebook itamenyesheje abayikoresha ko amakuru yabo yibwe na Cambridge Analytica mu 2015, ngo benshi wasangaga bafite amatsiko yo gusobanukirwa uko uru rubuga rukora.

Urugero ni nk’aho Sen. Orrin Hatch yamubajije ati “Ni gute mubasha guteza imbere ubushabitsi usanga umuntu atishyura serivisi mumuha?” Aha Zuckerberg yamusubije ko inyungu bayikura mu kwamamaza.

Hari n’aho Sen. John Kennedy yatangiye kwigisha Facebook ingamba zafatwa mu kwirinda ko amakosa yabaye yakongera gukorwa, hibandwa cyane mu guha abantu uburenganzira bwo gusiba burundu ibyo bashyizeho, nyamara Zuckerberg amubwira ko ibi bisanzwe biriho.

Uku kutagira ubumenyi buhagije ku mikorere y’uru rubuga nkoranyambaga kw’Abasenateri, byatumye Zuckerberg yikura imbere yabo adasobanuye uburyo amakuru y’abakoresha Facebook acungwa, n’impamvu kuva kera na kare iki kigo kitajyaga cyerekana uburyo hari abarengera mu kuyakoresha mu nyungu zabo bwite.

Uretse gusobanurira abasenateri ibirebana n’amakuru yibwe na Cambridge Analytica, Mark Elliot Zuckerberg yanababwiye ko Facebook ihora mu rugamba n’ibigo byo mu Burusiya bishaka kuyikoresha nabi.

Uyu muherwe w’imyaka 33 yanagaragaje ko Intumwa idasanzwe iri gukora iperereza ku kuba u Burusiya bwarivanze mu matora ya Amerika, Robert Mueller, yahase ibibazo abakozi ba Facebook, gusa ibyo yaganiriye nabo bikiri ibanga.

Mu gukomeza guhangana n’abakoresha Facebook bagamije kwiba amakuru y’abari kuri uru rubuga, iki kigo gikomeje gufata ingamba zirimo kugenzura konti zigamije ibikorwa nk’ibi ndetse na porogaramu zitari izo kwizerwa.

Facebook itangaza ko mu bibwe amakuru na Cambridge Analytica harimo abagera ku 1500 batwawe ubutumwa bw’ibanga bandikiranye n’inshuti zabo. Abagezweho n’iki kibazo bose bakazagenda babimenyeshwa.

2018-04-11
Editorial

IZINDI NKURU

Abasaba viza zo kujya muri Amerika bahawe umukoro

Abasaba viza zo kujya muri Amerika bahawe umukoro

Editorial 03 Jun 2019
APR BBC yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Patriots BBC ihabwa miliyoni 15 FRW

APR BBC yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Patriots BBC ihabwa miliyoni 15 FRW

Editorial 22 Sep 2024
Facebook igiye guhindura izina rya Instagram na WhatsApp

Facebook igiye guhindura izina rya Instagram na WhatsApp

Editorial 03 Aug 2019
Mu mateka y’U Rwanda rwohereje mu isanzure icyogajuru kizahaza internet ibice by’icyaro

Mu mateka y’U Rwanda rwohereje mu isanzure icyogajuru kizahaza internet ibice by’icyaro

Editorial 28 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INDORO BY CHARLY & NINA FT BIG FIZZO (Official Video)
Video Clips

INDORO BY CHARLY & NINA FT BIG FIZZO (Official Video)

Editorial 10 Aug 2016
BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018
UBUKUNGU

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

Editorial 01 Dec 2018
Umunyarwanda uzahiga abandi muri ‘Tour du Rwanda’ yashyiriweho igihembo kidasanzwe
IMIKINO

Umunyarwanda uzahiga abandi muri ‘Tour du Rwanda’ yashyiriweho igihembo kidasanzwe

Editorial 10 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru