• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»1990: Uko Leta ya Habyarimana Juvenal yikanze Inkotanyi, ikagabanya abaturage muri Kigali- Ubuhamya

1990: Uko Leta ya Habyarimana Juvenal yikanze Inkotanyi, ikagabanya abaturage muri Kigali- Ubuhamya

Editorial 22 Sep 2017 Mu Rwanda

Mu kiganiro cyihariye, Ndagijimana Inosenti, w’i Cyumba mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Gisagara yagiranye n’itangazamakuru yavuze uko mu mwaka wa 1990 leta ya Habyarimana Juvenal yafashe icyemezo cyo kugabanya abaturage mu mujyi wa Kigali kugira ngo babashe kujya bamenya abaje batumwe n’ingabo za RPA Inkotanyi (bitwaga ibyitso).

Mu mwaka wa 1990 abatuye Kigali ngo bari bamaze kwiyongera ari nawo mwaka abakekwaga ko bakorana n’ingabo za RPA Inkotanyi zari zitangiye urugamba rwo kubohora u Rwanda, bahuraga n’akaga ku buryo bukomeye bamwe bakicwa abandi bagafungwa.

Muri icyo gihe abakekwaga na leta ya Habyarimana ko bakorana na RPA Inkotanyi ngo bitwaga ibyitso by’Inyenzi. Inyenzi rikaba izina bari barahaye ingabo za RPA Inkotanyi.

Ndagijimana Inosenti avuga ko icyo gihe yakoraga mu rugo rw’umukire wakomokaga i Samuduha atuye Kicukiro munsi ya Paruwasi (mu isanteri y’ahitwaga muri E.T.O).
Mu magambo ye agira ati “nari nifitiye akazi karyoshye. Nari mfite umubosi nakoreraga akampemba 4,500 frw buri cyumweru, yari amafaranga menshi ni nka 45,000 frw by’ubu…none reba uko nsa uku”.

Uwo musaza wacishagamo akiyumvira, akimyoza cyangwa akifata ku munwa ubona ko yibutse ubuzima yavukijwe icyo gihe, yavuze ko ari akaga kugira leta itakureka ngo wipagasirize kandi nta n’umuziro ufite.

Agira ati“baradupakiye baravuga ngo buri wese agomba gusubira iwabo, baratugabanya mu mujyi badupakira bisi ab’i Butare barabazanaga, abo mu Ruhengeri bakabajyana ab’i Cyangugu bakabjyana.”

Uko habaruwe abazoherezwa iwabo muri Komini

Umunyamakuru yamubajije niba baragufataga ugiye nko mu isoko, mu misa cyangwa ahandi bakakuriza imodoka bakagusubiza iwanyu.

Asubiza agira ati “oya, nta n’itangazo ryatanzwe. Abayobozi bahanye amakuru baravuga bati ‘abantu ni benshi kandi twaratewe’, tugomba kugabanya abantu…hagiye haza abantu bakabaza abakozi bari mu rugo runaka. Twe twari batatu nakoraga muri jardin, dufite uteka n’undi urera abana”.

Yakomeje agira ati”ubwo rero baraje (abategetsi) baravuga bati mufite abakozi bangahe tuti batatu. Bati muri batatu mugomba gusigarana babiri undi agataha. Ubwo rero badushyira ku malisiti baratwandika. Baduha n’itariki yo gutahiraho…ubwo rero bosi arambwira ati ni ‘ukwitahira ni bigenda neza uzagaruka”.

Umunsi asohoka kwa bosi akagera muri gare Routière (soma: Rutsiyeri)
Ndagijimana wari umaze guhembwa amafaranga ye yagombaga gutaha kuko itariki yari yahawe yari yageze, ashyira imyenda ye mu gafuka kavuyemo umuceri yari yameshe neza.

Agita ati “bari bampembye amafaranga nakoreye, ubwo ndagenda muri gare…harya routière nyine. Hamwe n’abandi twarahahuriye dusanga bisi ziratondetse. Bati Butare abandi bati Gikongoro abandi ngo Kibuye…gutyo perefegitura bazitaga nyine…nta perefegitura itari ifite bisi nibura nk’ebyiri”.

Ndagijimana avuga ko icyari gikurikiyeho ari uko yinjira muri bisi ijya muri perefegitura ya Butare kugira ngo ajyanwe iwabo muri Komini Muganza.

Agira ati “twageze i Butare baraducumbikira, mu gitondo ba Burugumesitiri bari bahageze…uwacu yitwaga Ndayambaje yari yaje kudutora. Buri muntu atwara ab’iwe…batugejeje kuri Komini rero ndimanukira nza hano iwacu mu Cyumba…mperuka Kigali ubwo!

Ndagijimana Inosenti yazinutswe Kigali?

Uwo musaza avuga ko muri icyo gihe yatangiye guhanga ubundi buzima ahereye ku mafaranga yari yahembwe. Aguva ko yumvaga atakinisha gusubira i Kigali, avuga ko nta bantu benshi yari ahazi.

Nta cyizere yari afite cyo kongera kubona uwo yakoreraga kuko na we ngo yari yarafashwe nk’icyitso akanabifungirwa imyaka ibiri.

Ku rundi ruhande ngo yari yaravuyeyo azi ko hari abantu bagenewe kugera i Kigali barimo abategetsi n’abakomeye, ariko hakaba n’abatabyemerewe aribo ba rubanda rugufi.

Kuri ubu ngo yishimira ubuyobozi bwiza buha abaturage ubwisanzure bwo kugera hose mu gihugu, kuko aho agera n’amaguru nta wumukumira.

-8048.jpg

Ndagijimana Inosenti

Avuga ko uretse ibibazo by’amikoro yagombye kuzajya i Kigali nibura inshuro imwe, akareba uko Kicukiro, avuga ko yari atangiye kwambariramo Inkindi, hameze kuri ubu.

Src: Bwiza.com

2017-09-22
Editorial

IZINDI NKURU

Moto ya 3 muri Poromosiyo ya Tunga na Airtel yegukanywe na Munyabugingo Dieudonne.

Moto ya 3 muri Poromosiyo ya Tunga na Airtel yegukanywe na Munyabugingo Dieudonne.

Editorial 05 Oct 2017
Kiyovu Sports yatsinze umukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, APR FC irasura Amagaju

Kiyovu Sports yatsinze umukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, APR FC irasura Amagaju

Editorial 05 Apr 2022
Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia bifatanyije n’Abaturage mu muganda

Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia bifatanyije n’Abaturage mu muganda

Editorial 29 Apr 2017
Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?

Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?

Editorial 29 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Alex Kanyankole wayoboraga BRD yirukanywe
INKURU NYAMUKURU

Alex Kanyankole wayoboraga BRD yirukanywe

Editorial 07 Dec 2017
U Burundi bwikomye Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe n’Umuryango Mpuzamahanga
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwikomye Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe n’Umuryango Mpuzamahanga

Editorial 05 Dec 2018
APR FC yanyagiye Gicumbi FC iyisiga mu mazi abira
IMIKINO

APR FC yanyagiye Gicumbi FC iyisiga mu mazi abira

Editorial 29 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru