• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Leta y’Ububiligi ntizavuge ko itamenye ko muri icyo gihugu hatangijwe ikigega kigamije gushyigikira iterabwoba n’imyivumbagatanyo mu Rwanda

Leta y’Ububiligi ntizavuge ko itamenye ko muri icyo gihugu hatangijwe ikigega kigamije gushyigikira iterabwoba n’imyivumbagatanyo mu Rwanda

Editorial 19 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’ inzira zose bagerageje zo kwangisha Abanyarwanda ubuyobozi ariko zigapfuba zitaranatangira, ubu noneho ibigarasha, abajenosideri n’ababakomokaho bamaze gushinga icyo bise ”ikigega” kigamije gushishikariza abaturage kwigomeka kuri Leta no kwishora mu bikorwa by’iterabwoba.

Ni ikiryabarezi cyanafunguye konti muri imwe mu mabanki akomeye mu Bubiligi, BELFIUS-Belgique, kikazajya gicungwa n’abantu bizwi ko barwanya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi. Abo ni: Joseph Matata, Gustave Mbonyumutwa, Mireille Kagabo, Noheli Zihabamwe na Marie-Jeanne Rutayisire.

Aba ni indobanure zizwiho kurwanya u Rwanda, zikarangwa n’ ingengabitekerezo ya giparmehutu zikomora kuri ba se na ba sekuru, nka Dominiko Mponyumutwa n’abandi.

Ubwo batangizaga ku mugaragaro icyo kiryabarezi, abashukika bita”ikigega”, ndetse no mu kiganiro Mireille Kagabo aherutse kugirana na Vénuste Nshimiyimana wo ku Ijwi ry’Amerika (ryahindutse ijwi ry’ibigarasha n’abajenosideri), izo nkorabusa zivugiye ko amafaranga bazajya bakusanya buri kwezi, azajya ahabwa abantu bari mu Rwanda biyemeje gushoza imvururu mu baturage no kubangisha ubutegetsi, babinyujije ku mbuga nkoranyambaga nka Youtube n’izindi.

Iyo urebye neza uyu mugambi, usanga nta gishya bazanye kuko n’ubundi ibigarasha n’abajenosideri basanzwe boherereza amafaranga ba Cyuma Hassan, Nkusi Agnès, Ntwali Williams, Shyaka Gilbert, Karasira Aimable, Yvonne Idamange, n’abandi ba”Rwabuzisoni”, bemera kwakira udufaranga tw’inticantikize ngo bahindanye isura y’Igihugu cyabo.

Bamwe muri aba bafatanywe igihanga, abandi baranabyigamba ntacyo bishisha. Igishya gusa ni uko noneho babishyize ahabona, bagafungura konti ku mugaragaro, y’ikigega kigamije gushora Abanyarwanda mu mwiryane bari bamaze imyaka 28 bigobotoye.

Igitangaje ahubwo, ni ukubona “ikigega” cy’abagizi ba nabi gifungurirwa konti mu Bubiligi, igihugu cyiyita ko kirwanya iterabwoba. Ese byashoboka ko muri banki yo mu Rwanda hafungurwa konti ishyirwaho amafaranga yo gushyigikira ibikorwa by’iterabwoba mu Bubiligi?

Niba bitashoboka, kuki Leta y’uBubiligi yemera ko imigambi nk’iyi icurirwa ku butaka bwayo? Amategeko ntiyiyambazwa abategetsi b’uBubiligi ntibazavuge ko ntacyo bari babiziho!

Hari abasesenguzi ariko basanga iyi migambi izapfira mu igi nk’indi yose yayibanjirije. Ibi babihera ku myumvire ya giswa y’abatangije iki kiryabarezi, nka Joseph Matata umaze imyaka asakuza gusa, ariko ntacyo ageraho kuko avuga amateshwa. Uyu Joseph Matata yigeze kumara imyaka asaruza udufaranga mu mpunzi ngo buri wa kabiri w’icyumweru azajya ategura imyigaragambyo imbere y’Ambassade y’u Rwanda mu Bubiligi.A

ho iyo myigaragambyo yaje guherera, n’aho utwo dusabano tw’udufaranga twarengeye, niwe n’abasazi bagenzi be bahazi.

Ubutekamutwe nk’ubu si ubwa none. Uwitwa Claude Gatebuke yamaze iminsi ngo akusanya ibihumbi 30 by’ama Euros(miliyoni zisaga gato 30 ushyize mu mafaranga y’u Rwanda), ngo yo gufasha Yvonne Idamange ukurikiranyweho ibyaha birimo guhakana no gufobya Jenoside yakorewe Abatutsi, no kwangisha abaturage ubutegetsi.

Aho umushinga wa Gatebuke warengeye ntawe uhazi, ikizwi gusa ni uko Yvonne Idamange yahawe ubusabusa, andi Gatebuke n’abandi bamamyi bishyirira ku ryinyo.

Mu rubanza rwa Paul Rusesabagina na bagenzi be, Callixte Nsabimana ”Sankara” yivugiye uburyo Kayumba Nyamwasa yatekeye umutwe impunzi z’Abanyarwanda, akazikuramo agatubutse, maze akiguriramo rukururana 8, abandi bicira isazi mu jisho.

Banyarwanda rero, baba abari mu Rwanda baba n’abari mu mahanga, uretse ko kujya mu bikorwa nk’ibi byo gushyigikira iterabwoba n’imvururu mu gihugu binahanwa n’amategeko, ni n’ubushishozi buke kwemera gutanga amafaranga utazi aho agiye n’uko azacungwa.

Nimwime amatwi aba banyoni bashaka kubiba utwanyu, kandi babizi neza ko guhungabanya umutekano w’u Rwanda ari indoto batazigera bakabya.

Baca umugani ngo”umuheto ushuka umwambi bitari bujyane”! Abanyarwanda bakomeye ku bumwe bwabo, izo nkorabusa zirangajwe imbere n’abanywarumogi ntaho zizamenera. Uko niko kuri, ibindi ni ukwikirigita ugakwenkwenuka.

2022-01-19
Editorial

IZINDI NKURU

Kiyovu SC yasinyishije Aimable Nsabimana utarahiriwe muri Saudi Arabia, Bugesera FC na APR FC barakina umukino w’ikirarane, uwa Rayon na AS Kigali urasubikwa

Kiyovu SC yasinyishije Aimable Nsabimana utarahiriwe muri Saudi Arabia, Bugesera FC na APR FC barakina umukino w’ikirarane, uwa Rayon na AS Kigali urasubikwa

Editorial 04 Oct 2022
General Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi ba APR FC intsinzi kuko nta rwitwazo ruhari rwo kudatsinda

General Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi ba APR FC intsinzi kuko nta rwitwazo ruhari rwo kudatsinda

Editorial 25 Nov 2024
Nyuma y’iminsi 23 atangajwe nk’umukinnyi wongereye amasezerano, APR FC yatandukanye na Niyonzima Olivier Seif kubera imyitwarire mibi

Nyuma y’iminsi 23 atangajwe nk’umukinnyi wongereye amasezerano, APR FC yatandukanye na Niyonzima Olivier Seif kubera imyitwarire mibi

Editorial 04 Aug 2021
Gucika ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuba waragize uruhare mu kuyihagarika, warangiza ukifatanya nabayiteguye bakanayishyira mu bikorwa, ni ugutatira igihango kandi gihana kihanukiriye

Gucika ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuba waragize uruhare mu kuyihagarika, warangiza ukifatanya nabayiteguye bakanayishyira mu bikorwa, ni ugutatira igihango kandi gihana kihanukiriye

Editorial 06 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kivu y’Amajyepfo : Intambara iraca ibintu hagati y’Umutwe wa ‘ Gumino Banyamulenge ‘  n’abarwanyi b’Umutwe wa Mai-Mai (Aoci).
ITOHOZA

Kivu y’Amajyepfo : Intambara iraca ibintu hagati y’Umutwe wa ‘ Gumino Banyamulenge ‘ n’abarwanyi b’Umutwe wa Mai-Mai (Aoci).

Editorial 31 May 2017
Toy Nzamwita wari Avoka  yarasiwe na Polisi  hafi ya Kigali Convention Center ahasiga ubuzima
Mu Mahanga

Toy Nzamwita wari Avoka yarasiwe na Polisi hafi ya Kigali Convention Center ahasiga ubuzima

Editorial 31 Dec 2016
Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu
POLITIKI

Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Editorial 10 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru