• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 23 Oct 2017 Mu Rwanda

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rumaze gutegeka ko Mukangemanyi Adeline Rwigara, Diane Rwigara bafungwa by’agateganyo iminsi 30, naho Anne Rwigara akarekurwa by’agateganyo kuko nta mpamvu zikomeye zituma akekwaho icyaha.

Gufungwa kwa Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi Adeline Rwigara, urukiko rwavuze ko byatewe n’uko hari impamvu zikomeye zituma bakekwaho gukora ibyaha.

Saa cyenda zirengaho iminota mike ni bwo abacamanza bari binjiye mu rukiko, hari hateraniye imbaga yari yaje kumva imyanzuro y’urukiko ku rubanza ku ifunga n’ufungura ry’agateganyo.

Uko ari batatu, bakekwaho icyaha cyo guteza imvururu muri rubanda, aho ubushinjacyaha bwashingiye ku bavuze mu bihe bitandukanye.

Mukangemanyi we yihariye icyaha cyo gukurura amacakubiri muri rubanda, naho Diane Rwigara akiharira icyo gukoresha impampuro mpimbano.

Mukangemanyi Adeline Rwigara

Mu maburanisha yabanje abunganira abaregwa bavugaga ko amajwi yahererekanyijwe kuri Whatsapp atakwitwa icyaha kuko ubushinjacyaha bwayafashe mu buryo bunyuranyije n’amategeko ngo kuko nta ruhushya rw’Umushinjacyaha Mukuru rugaragara.

Kuri iyi ngingo perezida w’iburanisha yavuze ko bitari ngombwa ko habaho uruhushya rw’Umushinjacyaha Mukuru kuko hatabaye kugenzura téléphone ahubwo hafashwe ibiganiro byari byaramaze koherezwa.

Yavuze ko uburyo ubugenzacyaha bwafashe ibyo biganiro bitanyuranyije n’amategeko.

Ku bijyanye n’icyaha cyo gukurura amacakubiri, urukiko rwavuze ko ibiganiro yagiranye n’abantu bitandukanye bigaragaza ko imvugo yakoresheje ibiba amacakubiri.

Umucamanza yatanze urugero rwo kuba hari aho Mukangemanyi yavuze ko abantu bavuye i Burundi n’Abagogwe ari abantu Leta yifashisha mu kwica abatavuga rumwe na yo.

Anne Rwigara

Kuri Anne Rwigara ngo hari ibaruwa yandikiwe Diane Rwigara amubwira ko Leta y’u Rwanda adashobora kuzayibamo ngo akire kuko ari iy’aba Mafia.

Anne Rwigara

Ubushinjacyaha bwavuze ko Anne yanohereje ubutumwa muri groupe whatsapp y’umuryango wabo avuga ko uwitwa Rwabukamba yishwe na Leta ngo kuko akorana na Kayumba. Gusa Anne yireguye avuga ko ibyo yashyizeho muri groupe whatsapp bitakwitwa icyaha ngo kuko yabyanditseho ari uko yabyumvise akabyandika kuri groupe.

Ubushinjacyaha bwanavuze ko hari ibaruwa Anne yandikiye ikinyamakuru Jeune Afrique igaragaza ko ngo Assinapol Rwigara umubyeyi we yishwe na Leta. Anne yavuze ko atari we wanditse ibaruwa kuko nta mukono we ugaragara.

Urukiko ruvuga ko ibyo Anne yabwiye umuvandimwe we Diane, yo kuba akwiye kuva mu gihugu, ko ubutegetsi buriho ari ubwa Mafia, akaba anemera ko yayavuze, ngo byatewe n’ibibazo byo mu bucuruzi bari barimo.

Urukiko ruvuga ko ubushinjacyaha butagaragaza ayo magambo undi ayo Anne yayabwiye, ngo ntibigararagaza kuba icyaha cyo guteza imvururu yaba yaragikoze.

Ku bijyanye n’ibaruwa ya Jeune Afrique, urukiko ruvuga Anne ngo nta kigaragaza ko yaba ari we wabikoze.

Ku magambo Anne yanditse kuri groupe whatsapp, urukiko ruvuga ko na byo nta shingiro bifite, akaba atakekwaho icyaha cyo guteza imvururu muri rubanda.

Urukiko rwakomereje kuri Diane

Ubushinjacyaha bavuze ko ari ikiganiro n’abanyamakuru ubwo yari amaze guhakanirwa kwiyamamaza. Ngo yavuze ko ubutegetsi buhagurukira rimwe bushaka kwica gusa.

Dianne Rwigara

Mu maburanisha yabanje, Diane yasobanuye ko vidéo ubushinjacyaha bwafashe agace, aho ngo ibyo kuvuga guhagurukira rimwe hagamijwe kwica, ngo yavugaga cyane ku mateka yaranze u Rwanda.

Urukiko ruvuga ko kuba Diane avuga ko ibyo yavuze bijyanye n’uko ubutegetsi buhagurukira rimwe bugamije kwica, rusanga ngo ntaho akwiye kubihuza n’amateka, aho ngo nta kibazo cy’ubutegetsi bwica cyariho mu gihe yakoraga ikiganiro.

Umucamanza yarondoye n’izindi mvugo Diane ngo yavuze zishobora guteza imvururu no guhungabanya ituze muri rubanda. Avuga ko impamvu ubushinjacyaha bwatanze zikomeye ku buryo yakekwa ko icyaha cyo guteza imvururu muri rubanda no guhungabanya ituze akekwaho.

Ku bijyanye n’impapuro mpimbano, urukiko ruvuga ko bigaragara ko kumukekaho icyo cyaha bifite ishingiro, aho ngo hashingirwa ku buhamya bw’abashobora kuba barasinyiwe.

Iwabo wa Diane kandi ngo hafatiwe za simcard eshanu , aho ngo yazifashishaga mu kureba imyirondoro y’abo yashakaga gushyira ku rutonde rwa NEC. Ndetse no ku rutonde yahaye NEC ngo hagaragaraho amazina asa neza n’aya ba nyiri izo simcard.

2017-10-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dufatanye gukumira impanuka. N’ubwo umwe yayigwamo, ni igihombo gikomeye, Polisi

Dufatanye gukumira impanuka. N’ubwo umwe yayigwamo, ni igihombo gikomeye, Polisi

Ubwanditsi 27 Nov 2017
‘ IGISWAHILI ‘ Kunyungu z’Umunyarwanda

‘ IGISWAHILI ‘ Kunyungu z’Umunyarwanda

Ubwanditsi 21 Jul 2017
Gisagara Volleyball Club yegukanye igikombe cya GMT mu bagabo naho RRA Women Volleyball Club icyegukana mu bagore.

Gisagara Volleyball Club yegukanye igikombe cya GMT mu bagabo naho RRA Women Volleyball Club icyegukana mu bagore.

Ubwanditsi 28 Jun 2021
Manishimwe Djabel abaye umukinnyi wa gatatu uvuye mu mwiherero w’Amavubi, ni nyuma yo kwandura COVID- 19

Manishimwe Djabel abaye umukinnyi wa gatatu uvuye mu mwiherero w’Amavubi, ni nyuma yo kwandura COVID- 19

Ubwanditsi 22 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RNC yabuze ayo icira nayo imira nyuma yaho uwabakingiraga ikibaba yeretswe umuryango
INKURU NYAMUKURU

RNC yabuze ayo icira nayo imira nyuma yaho uwabakingiraga ikibaba yeretswe umuryango

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bakomeje gupfa nk’ibimonyo, mu bitero ingabo za Kongo zikomeje kuwugabaho kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru
Amakuru

Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bakomeje gupfa nk’ibimonyo, mu bitero ingabo za Kongo zikomeje kuwugabaho kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru

Ubwanditsi 16 Jan 2022
Busingye yasubije Abasenateri ba Amerika ku birego by’abo kwa Rwigara
ITOHOZA

Busingye yasubije Abasenateri ba Amerika ku birego by’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 02 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru