• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye

Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye

Ubwanditsi 23 Oct 2017 POLITIKI

Madame Jeannette Kagame yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yatumye Abanyarwanda bamenya agaciro ko kuba umwe nta kureba aho undi aturuka.

Yabitangarije mu kiganiro yatanze ku bumwe n’ubwiyunge, yagejeje ku bitabiriye ihuriro mpuzamahanga rya Global Citizen Forum, iteraniye i Montenegro guhera kuri uyu wa Kane tariki 19 Ukwakira 2017.

Madame Jeannette Kagame ubwo yatangaga ikiganiro mu ihuriro ryiswe “Global Citizen Forum’

Madame Jeannette Kagame yavuze ko nyuma ya Jenoside yahitanye Abatutsi barenga miliyoni, Guverinoma yasimbuye iyateguye ikanashyira mu bikorwa iyo Jenoside yatangiye kubaka igihugu ihereye ku gushyiraho ikigo cy’ubumwe n’ubwiyunge.

Yagize ati “Twahisemo kwihuza, duhitamo gukora biciye mu mucyo, duhitamo kureba kure. Uyu musingi watumye u Rwanda rutangira kwiyubakira ahazaza hashingiye ku burezi bufite ireme kuva mu mashuri abanza kugera mu yisumbuye.”

Yakomeje agira ati “Twashyize imbaraga mu kongera umubare w’abajya mu mashuri abanza n’ayisumbuye kugira ngo bidufashe kwagura ubukungu no guteza imbere abaturage nk’uko biri mu ngamba z’igihugu.”

Akon ni umwe mu bantu bakomeye wari witabiriye iri huriro

Ibyo Madamu Jeanne Kagame yatangaje bigaragarira no mu mibare aho kugeza ubu,mu mashuri ya kaminuza 46 abanyeshuri bagera ku bihumbi 100 bamaze gusoza amasomo yabo mu myaka 20 gusa.

Bitandukanye n’uko kuva mbere ya Jenoside, kaminuza imwe rukumbi yari iriho itigeze isohora abanyeshuri barenga 2.500 mu myaka igera kuri 40 yamaze.

Iryo huriro Jeannette Kagame yitabiriye ni umwanya mwiza wo guhura kw’abayobozi bagasangira ibitekerezo na bagenzi babo barimo abayobora inganda, ba rwiyemezamirimo n’ibyamamare.

Ihuriro ry’uyu mwaka rifite itandukaniro ry’uko abaryitabiriye bafite ubunararibonye bw’imyaka irenga 10 mu bikorwa bitandukanye nko mu iterambere, ibikorwa bya kimuntu n’ubukungu.

Madame Jeannette Kagame yavuze ko nyuma ya Jenoside u Rwanda rwabonye ko imbibi ntacyo zimaze, bituma ruba igihugu buri wese yisangamo. Yasobanuye ko kuri ubu,Abanyafurika baza mu Rwanda nk’abisanga kandi bagahabwa viza bageze mu gihugu.

Ati “Kuri twe kugirana imibanire myiza n’abantu bose tubifata nk’itegeko, bitewe n’uko hari bamwe muri twe bakuriye mu buhungiro, baranzwe no guhezwa”

Yagarutse no kuri gahunda yo guha ubwisanzure urujya n’uruza rw’abantu mu Rwanda ndetse no gucyura impunzi. Avuga ko u Rwanda rutareka kwakira abaturanyi bari mu bibazo kuko rubafata nk’abarwo.

Ati “Nk’urugero, twahaye ikaze ibihumbi n’ibihumbi by’impunzi kandi tuziha ibikenerwa by’ibanze, birimo kwiga, kwivuza nk’uko abaturage bacu babihabwa kuko twizera ko impunzi ari abantu nk’abandi bakwiye guhabwa agaciro.”

Yavuze no ku manza za Gacaca zihutishije ubutabera, zigacira imanza abantu barenga miliyoni ebyiri mu myaka 10 ugereranije n’imyaka 100 zari kumara iyo zicibwa n’inkiko zisanzwe.

Madame Jeannette Kagame yagaragaje kandi ko ababazwa n’ahandi hirya no hino ku isi aho abantu bagipfa bazize ubwoko bwabo, ariko agaragaza ko yizera ko hari ikizakorwa abaziza abandi amoko bagahagarikwa.

Yashimye uruhare rw’ihuriro rya Global Citizen Forum, ku ruhare ryagize rwo kwibutsa abantu ko bakwiye kubana mu mahoro.

Abantu bakomeye nk’umuhanzi Akon, Umuyobozi wa UNESCO Irina Bokova, Umugore wa Tony Blair, Cherie Blair, ni bamwe mu batanze ibiganiro muri iryo huriro.

Iri huriro ni umwanya mwiza ku bayobozi wo gusangira ibibazo byugarije isi, ariko hakanashakwa umuti w’uko byakemuka.

Source : KT

2017-10-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imikorere y’amwe mu madini n’amatorero idakurikiraniwe hafi, yaha umwanzi icyuho.

Imikorere y’amwe mu madini n’amatorero idakurikiraniwe hafi, yaha umwanzi icyuho.

Ubwanditsi 16 Aug 2024
Bantegetse kuvuga ko FPR yahanuye indege ya Habyarimana – Mugenzi wari maneko

Bantegetse kuvuga ko FPR yahanuye indege ya Habyarimana – Mugenzi wari maneko

Ubwanditsi 12 Apr 2019
Minisitiri Alex Gisaro, Umunyamulenge ugambanira benewabo nawe ageze mu mazi abira

Minisitiri Alex Gisaro, Umunyamulenge ugambanira benewabo nawe ageze mu mazi abira

Ubwanditsi 23 Nov 2024
Congo Brazzaville: Perezida Kagame asanga Afurika itatera imbere abaturage batagenderana

Congo Brazzaville: Perezida Kagame asanga Afurika itatera imbere abaturage batagenderana

Ubwanditsi 11 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Daily Monitor muri Propaganda  zo guharabika u Rwanda mu nyungu za Museveni
ITOHOZA

Uganda : Daily Monitor muri Propaganda zo guharabika u Rwanda mu nyungu za Museveni

Ubwanditsi 14 Apr 2019
U Rwanda ku mwanya wa cyenda ku Isi mu bihugu bifite umutekano usesuye
ITOHOZA

U Rwanda ku mwanya wa cyenda ku Isi mu bihugu bifite umutekano usesuye

Ubwanditsi 17 Apr 2017
David Himbara agenda yububa kubera umutima w’ubuhemu umucira urubanza
Amakuru

David Himbara agenda yububa kubera umutima w’ubuhemu umucira urubanza

Ubwanditsi 16 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru