• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga

Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga

Ubwanditsi 25 Sep 2016 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yasabye Abanyarwanda baba mu mahanga cyane cyane urubyiruko, kungukira mu byiza biba mu mico y’amahanga bakirinda kwigana ibitanoze basanzeyo.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabitangaje kuwa Gatandatu i San Francisco muri leta ya California ahateraniye Abanyarwanda barenga 2000 bitabiriye umunsi ngarukamwaka wa Rwanda Day ubaye ku nshuro ya 8 uhuza Abanyarwanda baba mu mahanga n’inshuti z’u Rwanda.

Rwanda Day y’uyu mwaka yibanze ahanini ku muco w’Abanyarwanda dore ko uyu munsi waranzwe no kuwugaragaza ahanini mu byiciro bitandukanye birimo imbyino ndetse n’ibindi biwuranga.

Mu ijambo yagejeje ku Banyarwanda bari bitabiriye iki gikorwa, Perezida Kagame yagaragaje ko umuco w’Abanyarwanda ukize binyuze muri byinshi biwugize birimo imbyino ndetse n’Abanyarwanda ubwabo.

Yagize ati “Ubutumwa bwanjye ku Banyarwanda bakiri bato bari hano, abana bacu, abana b’u Rwanda baba abakiri bato ndetse n’abari gukura banatangiye kuyobora, baba abiga hano cyangwa abahakora akazi,… Ibyo mukora hano ni ingenzi kuri mwe nk’uko mbyizera, bikaba ingenzi ku gihugu cyanyu aho mukomoka n’imiryango yanyu.”

-4148.jpg

Perezida Kagame ageza ijambo ku bitabiriye Rwanda Day i San Francisco (Ifoto/Village Urugwiro)

Yunzemo ati “Ndashaka kubasaba kwifashisha agaciro k’umuco nyarwanda, amateka yacu nk’amahame mukurikiza kugira ngo iyo muri hano,… kandi njya mbibwira n’abana banjye bamwe bari hano n’abandi muri rusange bose bari mu Rwanda nita abana banjye… ariko ndababwira nti mujye iyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ni ahantu heza, ni igihugu cy’igihangange kandi hari byinshi byo kwigirayo.”

“…Ariko mwitondere kuba mwakwiga bya bintu bitanoze kuri mwebwe cyangwa ku gihugu cyanyu. Muzajye muvoma bya bintu bibanyuze kandi ni byinshi rwose. Ariko mukeneye kuyoborwa kugera kuri ibyo mu rwego rwo kumenya guhitamo hifashishijwe indangagaciro z’umuco umuryango wacu wubaha nk’izawo kandi bizwi ko ari nziza.”

Perezida Kagame akomeza avuga ko byose bishobora kuba bitari byiza ndetse no ku Banyarwanda ubwabo, ariko ngo habaho gutera imbere kuko ari uko ibihugu byose bitera imbere kuko bihangana n’inzitizi zimwe na zimwe.

-4149.jpg

Bamwe mu rubyiruko rwitabiriye Rwanda Day i San Francisco (Ifoto/Village Urugwiro)


2016-09-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Nkurunziza yemerewe akayabo ka miliyari y’Amarundi n’inzu y’akataraboneka

Burundi: Nkurunziza yemerewe akayabo ka miliyari y’Amarundi n’inzu y’akataraboneka

Ubwanditsi 23 Jan 2020
U Bubiligi bwanze kohereza mu Rwanda Sebatware wo muri FDU na P5

U Bubiligi bwanze kohereza mu Rwanda Sebatware wo muri FDU na P5

Ubwanditsi 25 Jan 2020
Besigye yanenze umunyamakuru wavuze ko pasiporo yahawe Mukankusi wo muri RNC ari impimbano

Besigye yanenze umunyamakuru wavuze ko pasiporo yahawe Mukankusi wo muri RNC ari impimbano

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya

Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya

Ubwanditsi 25 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni  yateye utwatsi ubusabe bwa Mugenzi we Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni yateye utwatsi ubusabe bwa Mugenzi we Nkurunziza

Ubwanditsi 27 Nov 2018
Umutoza wa Rayon Sports yizeye gusezerera ikipe ya Costa Do Sol
IMIKINO

Umutoza wa Rayon Sports yizeye gusezerera ikipe ya Costa Do Sol

Ubwanditsi 15 Apr 2018
Perezida Kagame yafunguye ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga
UBUKUNGU

Perezida Kagame yafunguye ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga

Ubwanditsi 22 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru