• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga

Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga

Ubwanditsi 25 Sep 2016 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yasabye Abanyarwanda baba mu mahanga cyane cyane urubyiruko, kungukira mu byiza biba mu mico y’amahanga bakirinda kwigana ibitanoze basanzeyo.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabitangaje kuwa Gatandatu i San Francisco muri leta ya California ahateraniye Abanyarwanda barenga 2000 bitabiriye umunsi ngarukamwaka wa Rwanda Day ubaye ku nshuro ya 8 uhuza Abanyarwanda baba mu mahanga n’inshuti z’u Rwanda.

Rwanda Day y’uyu mwaka yibanze ahanini ku muco w’Abanyarwanda dore ko uyu munsi waranzwe no kuwugaragaza ahanini mu byiciro bitandukanye birimo imbyino ndetse n’ibindi biwuranga.

Mu ijambo yagejeje ku Banyarwanda bari bitabiriye iki gikorwa, Perezida Kagame yagaragaje ko umuco w’Abanyarwanda ukize binyuze muri byinshi biwugize birimo imbyino ndetse n’Abanyarwanda ubwabo.

Yagize ati “Ubutumwa bwanjye ku Banyarwanda bakiri bato bari hano, abana bacu, abana b’u Rwanda baba abakiri bato ndetse n’abari gukura banatangiye kuyobora, baba abiga hano cyangwa abahakora akazi,… Ibyo mukora hano ni ingenzi kuri mwe nk’uko mbyizera, bikaba ingenzi ku gihugu cyanyu aho mukomoka n’imiryango yanyu.”

-4148.jpg

Perezida Kagame ageza ijambo ku bitabiriye Rwanda Day i San Francisco (Ifoto/Village Urugwiro)

Yunzemo ati “Ndashaka kubasaba kwifashisha agaciro k’umuco nyarwanda, amateka yacu nk’amahame mukurikiza kugira ngo iyo muri hano,… kandi njya mbibwira n’abana banjye bamwe bari hano n’abandi muri rusange bose bari mu Rwanda nita abana banjye… ariko ndababwira nti mujye iyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ni ahantu heza, ni igihugu cy’igihangange kandi hari byinshi byo kwigirayo.”

“…Ariko mwitondere kuba mwakwiga bya bintu bitanoze kuri mwebwe cyangwa ku gihugu cyanyu. Muzajye muvoma bya bintu bibanyuze kandi ni byinshi rwose. Ariko mukeneye kuyoborwa kugera kuri ibyo mu rwego rwo kumenya guhitamo hifashishijwe indangagaciro z’umuco umuryango wacu wubaha nk’izawo kandi bizwi ko ari nziza.”

Perezida Kagame akomeza avuga ko byose bishobora kuba bitari byiza ndetse no ku Banyarwanda ubwabo, ariko ngo habaho gutera imbere kuko ari uko ibihugu byose bitera imbere kuko bihangana n’inzitizi zimwe na zimwe.

-4149.jpg

Bamwe mu rubyiruko rwitabiriye Rwanda Day i San Francisco (Ifoto/Village Urugwiro)


2016-09-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

1991: Umuyobozi w’Ingabo mu Ruhengeri atsembera Habyarimana wamusabaga kwica imfungwa za politike

1991: Umuyobozi w’Ingabo mu Ruhengeri atsembera Habyarimana wamusabaga kwica imfungwa za politike

RUSHYASHYA 22 Mar 2026
Bomboli-Bomboli : Amacakubiri yongeye kwaduka muri RNC

Bomboli-Bomboli : Amacakubiri yongeye kwaduka muri RNC

Ubwanditsi 11 Sep 2019
Bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baradohorewe, bo babifata nko kubatinya cyangwa kubinginga

Bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baradohorewe, bo babifata nko kubatinya cyangwa kubinginga

Ubwanditsi 13 Dec 2024
Umuyobozi wa Komisiyo ya AU yageze mu Rwanda yitabiriye inama ku isoko rusange muri Afurika

Umuyobozi wa Komisiyo ya AU yageze mu Rwanda yitabiriye inama ku isoko rusange muri Afurika

Ubwanditsi 17 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sana Maboneza wari Umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN) yashyinguwe
Mu Mahanga

Sana Maboneza wari Umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN) yashyinguwe

Ubwanditsi 17 Dec 2016
Ruharwa Capt Sagahutu arahamagarira urubyiruko gusanga FDLR no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi kandi atunzwe na UN
Amakuru

Ruharwa Capt Sagahutu arahamagarira urubyiruko gusanga FDLR no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi kandi atunzwe na UN

Ubwanditsi 07 Aug 2024
Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara
IKORANABUHANGA

Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara

Ubwanditsi 15 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru