• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga

Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga

Ubwanditsi 25 Sep 2016 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yasabye Abanyarwanda baba mu mahanga cyane cyane urubyiruko, kungukira mu byiza biba mu mico y’amahanga bakirinda kwigana ibitanoze basanzeyo.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabitangaje kuwa Gatandatu i San Francisco muri leta ya California ahateraniye Abanyarwanda barenga 2000 bitabiriye umunsi ngarukamwaka wa Rwanda Day ubaye ku nshuro ya 8 uhuza Abanyarwanda baba mu mahanga n’inshuti z’u Rwanda.

Rwanda Day y’uyu mwaka yibanze ahanini ku muco w’Abanyarwanda dore ko uyu munsi waranzwe no kuwugaragaza ahanini mu byiciro bitandukanye birimo imbyino ndetse n’ibindi biwuranga.

Mu ijambo yagejeje ku Banyarwanda bari bitabiriye iki gikorwa, Perezida Kagame yagaragaje ko umuco w’Abanyarwanda ukize binyuze muri byinshi biwugize birimo imbyino ndetse n’Abanyarwanda ubwabo.

Yagize ati “Ubutumwa bwanjye ku Banyarwanda bakiri bato bari hano, abana bacu, abana b’u Rwanda baba abakiri bato ndetse n’abari gukura banatangiye kuyobora, baba abiga hano cyangwa abahakora akazi,… Ibyo mukora hano ni ingenzi kuri mwe nk’uko mbyizera, bikaba ingenzi ku gihugu cyanyu aho mukomoka n’imiryango yanyu.”

-4148.jpg

Perezida Kagame ageza ijambo ku bitabiriye Rwanda Day i San Francisco (Ifoto/Village Urugwiro)

Yunzemo ati “Ndashaka kubasaba kwifashisha agaciro k’umuco nyarwanda, amateka yacu nk’amahame mukurikiza kugira ngo iyo muri hano,… kandi njya mbibwira n’abana banjye bamwe bari hano n’abandi muri rusange bose bari mu Rwanda nita abana banjye… ariko ndababwira nti mujye iyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ni ahantu heza, ni igihugu cy’igihangange kandi hari byinshi byo kwigirayo.”

“…Ariko mwitondere kuba mwakwiga bya bintu bitanoze kuri mwebwe cyangwa ku gihugu cyanyu. Muzajye muvoma bya bintu bibanyuze kandi ni byinshi rwose. Ariko mukeneye kuyoborwa kugera kuri ibyo mu rwego rwo kumenya guhitamo hifashishijwe indangagaciro z’umuco umuryango wacu wubaha nk’izawo kandi bizwi ko ari nziza.”

Perezida Kagame akomeza avuga ko byose bishobora kuba bitari byiza ndetse no ku Banyarwanda ubwabo, ariko ngo habaho gutera imbere kuko ari uko ibihugu byose bitera imbere kuko bihangana n’inzitizi zimwe na zimwe.

-4149.jpg

Bamwe mu rubyiruko rwitabiriye Rwanda Day i San Francisco (Ifoto/Village Urugwiro)


2016-09-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’intebe wa Australia yasabye Papa Francis kwirukana Musenyeri wahishiriye uwasambanyije abana

Minisitiri w’intebe wa Australia yasabye Papa Francis kwirukana Musenyeri wahishiriye uwasambanyije abana

Ubwanditsi 19 Jul 2018
Rwanda post referendum assessment: contradictions, Sovereignty and collusion of rational choices

Rwanda post referendum assessment: contradictions, Sovereignty and collusion of rational choices

Ubwanditsi 23 Jan 2016
Bemba agiye kujuririra igifungo yakatiwe na ICC

Bemba agiye kujuririra igifungo yakatiwe na ICC

Ubwanditsi 19 Sep 2018
U Rwanda rwatumiwe muri G7 ku ngingo ireba inyanja

U Rwanda rwatumiwe muri G7 ku ngingo ireba inyanja

Ubwanditsi 07 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe 4 y’u Rwanda, 2 mu bagabo n’andi 2 mu bagore yerekeje i Mombasa gukina imikino ya Beach-Volleyball
Amakuru

Amakipe 4 y’u Rwanda, 2 mu bagabo n’andi 2 mu bagore yerekeje i Mombasa gukina imikino ya Beach-Volleyball

Ubwanditsi 19 Dec 2023
Uganda: Urujijo k’urupfu  rwa Gen Benon Biraaro wigeze kwiyamamariza kuyobora Uganda
HIRYA NO HINO

Uganda: Urujijo k’urupfu rwa Gen Benon Biraaro wigeze kwiyamamariza kuyobora Uganda

Ubwanditsi 12 Feb 2020
Zambia: Leta iraha icyizere impunzi z’Abanyarwanda cyo kuziha ubwenegihugu
POLITIKI

Zambia: Leta iraha icyizere impunzi z’Abanyarwanda cyo kuziha ubwenegihugu

Ubwanditsi 07 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru