• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abakozi bo mu bigo byigenga bishinzwe gucunga umutekano batangiye amahugurwa

Abakozi bo mu bigo byigenga bishinzwe gucunga umutekano batangiye amahugurwa

Ubwanditsi 05 Jan 2016 Mu Mahanga

​Abayobozi bo ku rwego rukuru ndetse n’abashinzwe ibijyanye n’iperereza bo mu bigo byigenga bishinzwe kubungabunga umutekano ndetse n’abandi bashinzwe ubugenzuzi bo mu mpuzamashyirahamwe y’abatwara abagenzi kuri moto (FERWACOTAMO) batangiye kuri uyu wa mbere tariki ya 4 Mutarama amahugurwa mu Ishuri rikuru rya Polisi y’ u Rwanda (NPC) riri mu karere ka Musanze ndetse no mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda rya Gishali (PTS) mu karere ka Rwamagana.

Aya mahugurwa yateguwe na Polisi y’u Rwanda agamije kongerera ubumenyi abayarimo mu rwego rwo gukora akazi kinyamwuga mu bijyanye n’akazi kabo ka buri munsi mu bijyanye n’ubufatanye mu gucunga umutekano .

Afungura ayo mahugurwa y’iminsi itatu y’Abayobozi bo ku rwego rukuru ndetse n’abashinzwe ibijyanye n’iperereza bo mu bigo byigenga bishinzwe kubungabunga umutekano, umuyobozi w’Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC), CP Felix Namuhoranye yavuze ko Polisi y’u Rwanda iha agaciro gakomeye ibigo byigenga bishinzwe gucunga umutekano ku buryo ari abafatanyabikorwa b’ingenzi mu gucunga umutekano w’abaturage n’ibyabo.

Yagize ati:” muri iki gihe hariho ibibazo byinshi abashinzwe umutekano no kubahiriza ishyirwa mu bikorwa ry’amategeko bahura nabyo mu gucunga umutekano w’abaturage, muri byo harimo iterabwoba, icuruzwa ry’abantu, ikwirakwiza ry’amafaranga ku buryo butemewe n’ibindi. Kurwanya ibi byaha rero bisaba ubufatanye”.

Kugira ngo ubu bufatanye mu kurwanya ibyaha bugerweho, Polisi y’u Rwanda yasanze ko ari ngombwa gufasha abafatanyabikorwa mu gucunga umutekano bahabwa ubumenyi butandukanye kugira ngo bagere ku nshingano zabo

Aya mahugurwa agabanyijemo ibice bibiri: hari ayerekeranye n’ay’ubuyobozi mu gukurikirana abakozi akaba agenewe abayobozi bakuru, andi yo yerekeranye no gukora iperereza ry’ibanze akaba agenewe abashinzwe iperereza muri ibyo bigo. Ayo mahugurwa yose agenewe abo bakozi bo muri ibyo bigo byigenga bishinzwe gucunga umutekano.

Abayarimo kandi bazanahabwa ubumenyi ku kurwanya iterabwoba n’ibindi byaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Naho andi mahugurwa abera mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda rya Gishali (PTS) ahuje abashinzwe ubugenzuzi mu by’umutekano 224 bo mu mpuzamashyirahamwe y’abatwara abagenzi kuri moto, bo bazayamaramo ibyumweru bibiri. Bo bazahugurwa ku kubahiriza amategeko y’umuhanda no gutangira amakuru ku gihe kugira ngo habeho gukumira ibyaha bitaraba.

Aya mahugurwa yose abayeho nyuma y’uko hashyiriweho umukono ku masezerano y’ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda, Ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative (RCA) n’urugaga rw’amakoperative mu Rwanda (NCCR). Aya masezerano yasinywe mu kwezi kw’Ukwakira 2015, akaba afite intego yo gufasha amakoperative kwiyubaka no kugira ubushobozi ku bijyanye n’umutekano no guhanahana amakuru yatuma ayo makoperative akora akazi kayo mu mutekano usesuye.

Amahugurwa y’abagenzuzi mu by’umutekano ku batwara abagenzi kuri moto azakurikirwa n’aya bagenzi babo 223 mu gihe mu Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda, abandi bayobozi 20 bo mu bigo byigenga bishinzwe gucunga umutekano nabo bazahita batangira amahugurwa yabo andi narangira muri iki cyumweru.

RNP

2016-01-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Ubwanditsi 24 Feb 2022
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Ubwanditsi 18 Jun 2024
Umunyarwanda Camille Nkurunziza wishwe arashwe mu bushyamirane na Polisi ya Afurika y’Epfo,  yashyinguwe

Umunyarwanda Camille Nkurunziza wishwe arashwe mu bushyamirane na Polisi ya Afurika y’Epfo, yashyinguwe

Ubwanditsi 08 Jun 2019
Muri CNLG haravugwa ubujura bw’imishahara

Muri CNLG haravugwa ubujura bw’imishahara

Ubwanditsi 20 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta ya Uganda  yatangiye gukoresha abatifuriza u Rwanda ineza
ITOHOZA

Leta ya Uganda  yatangiye gukoresha abatifuriza u Rwanda ineza

Ubwanditsi 17 Nov 2017
The Ben mu manza n ‘uwamukoreye amashusho y’indirimbo  ye ‘ Habibi’
IMIKINO

The Ben mu manza n ‘uwamukoreye amashusho y’indirimbo ye ‘ Habibi’

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Uko Gen. Kabarebe yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’ibihugu bibiri
ITOHOZA

Uko Gen. Kabarebe yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’ibihugu bibiri

Ubwanditsi 24 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru