• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Perezida Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Ubwanditsi 18 Jan 2016 Mu Rwanda

Amakuru aturuka Harare muri Zimbabwe avuga yuko Perezida Robert Mugabe ari mu maremera akaba atazashobora kongera kugaruka mu biro nyuma y’ikitwa ikiruhuko cya buri mwisho w’umwaka ubutegetsi bwe buvuga yuko ubu aricyo arimo.

Ubusanzwe koko Perezida Mugabe buri mwisho w’umwaka fata ikiruhuko ubutegetsi akabusigira umwe muri ba Visi Perezida be babiri. Mugabe yagiye muri icyo kiruhuko cye cy’umwaka tariki 24 ukwezi gushize, asiga ku mwanya w’umukuru w’igihugu by’agateganyo Visi Perezida Phelekezela Mphoko.

Itegeko nshinga muri icyo gihugu riteganya yuko gusimbura Perezida wa Repubulika by’agateganyo bikorwa n’abo bavisi Perezida mu buryo gusimburana ariko no mu kiruhuko cy’umwaka ushize Mugabe yari yasigiye ubutegetsi Mphoko, yirengagije yuko hagombaga kuba hatahiwe Visi Perezida wundi ariwe Emmerson Mnangagwa !

-1803.jpg

Amagara arimo aracika Perezida Mugabe.

Ubusanzwe iyo Perezida agiye gusigira umwanya we by’agateganyo undi muntu aramusinyira nk’uko yabigenje abusigira Mphohoto tariki 24/12/2015. Ariko hari ikintu kije gitunguranye gituma abantu bahamya yuko koko amagara arimo acika Perezida Mugabe.

Tariki 11z’uku kwezi abantu batunguwe no kumva yuko Emmerson Mnangagwa asimbuye Phelekezela Mphoko kuri uwo mwanya wa Perezida wa Repubulika w’agateganyo. Ntabwo yasinyiwe na Perezida Mugabe ahubwo itangazo rimwimika ryasinywe n’umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’itangazamakuru n’itumanaho, Phelekezela Mphoko

Ababikurikranira hafi bagahamya yuko ibi bigomba kuba bisobanuye ko Mugabe adashobora kuzongera gusubira mu biro ahubwo kwitaba Imana kwe kwageze, cyane yuko bivugwa yuko arembye cyane mu bitaro mu gihugu cya Singapore.

Muri Zimbabwe amategeko agena yuko iyo Perezida yitabye Imana asimburwa na Visi Perezida agategeka iminsi 90, hatunganywa iby’amatora kugira ngo Perezida wa Repubulika mushya aboneke. Amakuru akavuga yuko haba muri leta cyangwa mu ishyaka ZANU riri ku butegetsi baziho ubushobozi buke visi perezida Mphoko bwo kuba yayobora igihugu amezi atatu yose.

-1802.jpg

Emmerson Mnangagwa, Phelekezela Mphoko, Robert Mugabe

Ikaba ariyo mpamvu bahisemo kumukuraho bakamusimbuza Mnangangwa uzwiho ubushobozi bukomeye akaba n’umuhanga bukomeye mu by’ubukungu akaba n’umuntu wa hafi cyane na Grace Mugabe, umugore wa Prerezida.

Gushyirwaho kwa Mnangangwa benshi muri Zimbabwe babifata yuko aje ari umuntu ugomba gutegeka ya minsi 90 ya nyuma y’urupfu rwa Robert Mugabe, anategurira Grace Mugabe kuzasimbura umugabo we ku butegetsi.

Kayumba Casmiry

2016-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr Cyubahiro Bagabe wayoboraga RAB yahagaritswe ku mirimo

Dr Cyubahiro Bagabe wayoboraga RAB yahagaritswe ku mirimo

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Menya Impamvu igiciro cyo gusura Ingagi cyikubye Kabiri

Menya Impamvu igiciro cyo gusura Ingagi cyikubye Kabiri

Ubwanditsi 09 May 2017
Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 23 Jun 2021
Perezida Kagame yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza muri  Gisagara

Perezida Kagame yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza muri Gisagara

Ubwanditsi 15 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Standard & Poor’s yazamuye igipimo cy’ubukungu bw’u Rwanda ikigeza kuri “B+”
UBUKUNGU

Standard & Poor’s yazamuye igipimo cy’ubukungu bw’u Rwanda ikigeza kuri “B+”

Ubwanditsi 13 Aug 2019
Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Ubwanditsi 07 May 2018
Perezida Kagame  kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda
Mu Rwanda

Perezida Kagame kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda

Ubwanditsi 25 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru