• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mu muhezo Perezida Kagame yahuriye i Rubavu na Perezida Kabila ( Yavuguruwe )

Mu muhezo Perezida Kagame yahuriye i Rubavu na Perezida Kabila ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 12 Aug 2016 Mu Rwanda

Ahagana saa tanu n’igice zo kuri uyu wa Gatanu nibwo Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasesekaye i Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba aho yaganiriye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.

Uyu mubonano wa Perezida Kagame na Perezida Kabila wabereye mu muhezo kuko nta tangazamakuru ryemerewe kuhagera.

Ibiro bya Perezida w’u Rwanda ‘Urugwiro’ byatangaje kuri Twitter ko muri ibi biganiro, ba Perezida bombi bibanda cyane ku mibanire y’ibihugu byombi, n’imikoranire y’akarere ibihugu byombi biherereyemo (regional cooperation).

-3610.jpg

Gahunda nk’iyi hagati y’abakuru b’ibihugu byombi yaherukaga tariki 6 Kanama 2009 i Goma aho Kagame yagaragaye agenda ku maguru asuhuza abaturage b’aho yanyuraga !

Ntabwo ari ubwa mbere Perezida Kabila akora ingendo nk’izo zo guhura n’abakuru b’ibihugu bituranyi kuko aherutse guhurira na Perezida Yoweri Kaguta Museveni
i Kasese muri Uganda aho bagiranye ibiganiro bitatangajwe.

Ingendo nk’izo za Kabila zije mu gihe ari mu bibazo bitoroshye muri politike. Mu kwa cumi na kumwe uyu mwaka nibwo hateganyijwe amatora ya perezida muri icyo gihugu ariko komisiyo y’amatora (CENI ) yarangije gutangaza yuko ayo matora ashobora kutazaba ngo kuko nta mafaranga ahari yo gufasha ngo akorwe.

-3611.jpg

Umutekano wari wakajijwe k’umupaka w’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo

Ku byerekeranye n’amatora kandi muri DRC ni uko ubu nta rutonde ruhari rw’abemerewe gutora, mbega nta rutonde rw’itora ruhari ubu bakaba aribwo batangiye kurukora. Abashishozi bakavuga yuko iryo korwa ry’urwo rutonde kimwe no kuba nta mafaranga yo gukoresha mu matora bishobora gutuma Kabila aguma ku butegetsi nibura indi myaka itatu.

Ibi bishobora kuzana imvururu muri icyo gihugu, bikaba bishoboka yuko Kabila aribyo aza Kuganiraho na Kagame nk’uko binashoboka yuko ahanini ari nabyo yaganiriyeho na Museveni n’ubwo banavuze ku bahoze ari abarwanyi ba M23 bahungiye muri Uganda nyuma yokumeneshwa n’ingabo nyafurika zari ziyobowe na Tanzania !

-3610.jpg

-3615.jpg

-3614.jpg

-3612.jpg

-3616.jpg

Umwanditsi wacu

2016-08-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Ubwanditsi 03 Jun 2025
Rayon Sports yahagaritse abakinnyi 2 irakira Police FC, APR FC yerekeje kwa Etoile de l’Est yahize kuyikuraho amanota atatu – Uko umunsi wa 10 wa PNL ukinwa

Rayon Sports yahagaritse abakinnyi 2 irakira Police FC, APR FC yerekeje kwa Etoile de l’Est yahize kuyikuraho amanota atatu – Uko umunsi wa 10 wa PNL ukinwa

Ubwanditsi 22 Dec 2021
Rulindo : Ishyaka PSD ryasobanuye impamvu ryamamaje  Paul Kagame Umukandida wa FPR-Inkotanyi

Rulindo : Ishyaka PSD ryasobanuye impamvu ryamamaje Paul Kagame Umukandida wa FPR-Inkotanyi

Ubwanditsi 20 Jul 2017
Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko

Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko

Ubwanditsi 09 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese Twagiramungu Faustin yaba ari mu rugamba rwo kurwanya Leta ebyiri icyarimwe?
INKURU NYAMUKURU

Ese Twagiramungu Faustin yaba ari mu rugamba rwo kurwanya Leta ebyiri icyarimwe?

Ubwanditsi 02 Feb 2018
Urwango Kampala ifitiye uRwanda rukomeje kugira ingaruka ku bucuruzi bwa Uganda
INKURU NYAMUKURU

Urwango Kampala ifitiye uRwanda rukomeje kugira ingaruka ku bucuruzi bwa Uganda

Ubwanditsi 02 Sep 2019
Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya
ITOHOZA

Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya

Ubwanditsi 26 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru