• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nyuma yo guhamwa n’icyaha cya ruswa abahoze ari abakozi ba WASAC bakatiwe imyaka 3 y’igifungo

Nyuma yo guhamwa n’icyaha cya ruswa abahoze ari abakozi ba WASAC bakatiwe imyaka 3 y’igifungo

Editorial 16 Jan 2016 Mu Mahanga

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwahamije icyaha cya ruswa UWAYEZU Jean d’Ascension na NGABONZIZA Jean Damascene rubakatira imyaka itatu 3 y’igifungo n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda 80.000

UWAYEZU na NGABONZIZA bafashwe mu Ukwakira 2015 ku bufatanye n’Umuyobozi mukuru wa WASAC n’umukiriya akaba n’Umuyobozi wa Bougainvilla Hotel-Resto iherereye I Nyarutarama. Ubwo bari mu kazi ko gufungira amazi abatishyura, bageze kuri iyi Hotel basaba umuyobozi wayo amafaranga 40.000 kugira ngo batamukupira amazi kubera ideni rya 400.000 yishyuzwaga ideni we yemezaga ko Atari irye ahubwo ari iry’abakoreye muri iyo nzu mbere ye.

Nyuma yo kubemerera ayo mafaranga Byuzura David umuyobozi wa Bougainvilla Hotel-Resto yahamagaye Umuyobozi wa WASAC nawe ahamagara Police ibasha kubafatira mu cyuho bakira ayo mafaranga nayo ibata muri yombi.
Kuwa 09/12/2015 aba bombi bashikirijwe urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge aho ubushinjacyaha bwabasabiye gufungwa imyaka 6.

Kuri uyu wa Gatanu taliki 15/01/2016 nibwo urubanza rwasomewe mu ruhame ku cyicaro cy’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge I Nyamirambo.

Urukiko rwahamije UWAYEZU Jean d’Ascension na NGABONZIZA Jean Damascene icyaha cyo kwaka no kwakira ruswa rutegeka ko buri umwe afungwa imyaka itatu kandi bakishyura ihazabu ya 80.000 FRW bafatanyije. Umucamanza Gatoni Nehemie wasomye iyi myanzuro yavuze ko UWAYEZU Jean d’Ascension na NGABONZIZA Jean Damascene bataribitabiriye isomwa ry’urubanza bazarangiriza igihano cyabo muri Gereza ya Kimironko.

Mu izina ry’Ubuyobozi bwa WASAC, Ruterana Lucien Umuyobozi wa Service z’Ubucuruzi yatangaje ko WASAC yishimiye imyanzuro yurubanza. Yavuze ko igihano cyahawe aba bakozi ari intambwe ikomeye mu kurwanya ruswa n’indi mikorere mibi muri WASAC. Lucien yaboneyeho kuburira abakozi, abafata buguzi n’abanyarwanda bose bakora ibinyuranyije n’amategeko n’amabwiriza ko hashyizweho itsinda rigizwe n’inzego z’umutekano n’abakozi ba WASAC rishinzwe kurwanya imikorere inyuranyije n’amategeko.

Twubahe Pascal ushinzwe Itangazamakuru muri WASAC

2016-01-16
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Abakozi ba leta ntibavuga rumwe ku mushinga wo kujya bishyurwa bubyizi

Uganda: Abakozi ba leta ntibavuga rumwe ku mushinga wo kujya bishyurwa bubyizi

Editorial 24 May 2018
Imyiteguro yo kwakira John Kerry mu Rwanda irarimbanije

Imyiteguro yo kwakira John Kerry mu Rwanda irarimbanije

Editorial 08 Oct 2016
Polisi y’u Rwanda yinjiye mu rugamba rwo kurwanya Malaria

Polisi y’u Rwanda yinjiye mu rugamba rwo kurwanya Malaria

Editorial 10 Feb 2016
Inzego z’ibanze muri Busasamana na Bugeshi zirashinjwa gukorana na FDLR

Inzego z’ibanze muri Busasamana na Bugeshi zirashinjwa gukorana na FDLR

Editorial 28 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Gen Kale Kayihura arahakana ko yabujijwe gusohoka mu gihugu
ITOHOZA

Uganda: Gen Kale Kayihura arahakana ko yabujijwe gusohoka mu gihugu

Editorial 07 Jun 2018
U Rwanda ruragaragaza  na none aho ruhagaze ku kibazo cy’abimukira muri Israel rwamagana amahitamo bari guhabwa
POLITIKI

U Rwanda ruragaragaza na none aho ruhagaze ku kibazo cy’abimukira muri Israel rwamagana amahitamo bari guhabwa

Editorial 27 Feb 2018
Amafoto – I Kigali hafunguwe iduka ry’imyenda n’ibikoresho by’ikipe ya Rayon Sports ryiswe “Gikundiro Shop”
Amakuru

Amafoto – I Kigali hafunguwe iduka ry’imyenda n’ibikoresho by’ikipe ya Rayon Sports ryiswe “Gikundiro Shop”

Editorial 23 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru