• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»ADEPR yemeje ururembo rwa gatandatu rwa ADEPR/Uganda

ADEPR yemeje ururembo rwa gatandatu rwa ADEPR/Uganda

Ubwanditsi 18 Jan 2016 Mu Mahanga

Abajyanama b’inteko rusange isanzwe ya ADEPR bateraniye i Kigali ku nyubako nshya za ADEPR ziri ku Gisozi kuwa 15 Mutarama 2015 barebera hamwe uko umwaka wa 2015 wagenze banemereza hamwe ku bizakorwa mu mwaka wa 2016 hashingiwe ku nkingi 4 zigize Itorero rya Pentekote ryo mu Rwanda ADEPR ari zo Ivugabutumwa, Imibereho myiza, Ubukungu n’iterambere n’Imibanire myiza n’izindi nzego bafatiramo imyanzuro itandukanye irimo no kongera indembo.

Umuvugizi wa ADEPR, Rev. Jean Sibomana yatangaje ko mu mwaka wa 2015 hari abakozi Imana yashimye ko barukuha, ati “Bakoreye Imana mu gihe cyabo, none Imana yashimye ko barangiza urugendo.

-1849.jpg
Abajyanama b’inteko rusange isanzwe ya ADEPR bateraniye ku nyubako nshya za ADEPR ziri ku Gisozi.

Abo ni Pastori Kamanzi Raphael wo muri Paruwasi ya Taba (Huye), Pastori Musabwa Jonas wo muri Paruwasi ya Kacyiru (Gasabo), Pastori Semajeri Francois wo muri Paruwasi ya Ryabizige (Rubavu), Rev. Ignace Kayumba wa Paruwasi ya Juru (Bugesera), Pasitori Kabatiza Simon wa Paruwasi ya Gihundwe (Rusizi), Pastori Sibomana Servilien wa Paruwase ya Kagamba (Gicumbi), Rev. Kinihira Silas wa Paruwase ya Rukiri (Gasabo).

Ntitwava aha tutavuze ko hari n’abakirisito batari bake twamenye ko bavuye mu mubiri muri 2015. Abo bose dusengere imiryango basize n’Itorero bakoreragamo umurimo.” Hafashwe n’umunota wo kubibuka.

Ibyashimwe nk’ibyagezweho muri 2015…..

Yakomeje ashima ko kuri tariki ya 21 Ugushyingo 2015, Itorero ryizihije Yubile y’Imyaka 75 rimaze rikorera mu Rwanda anashima ubwitange n’umurava wagaragajwe n’abakristo.

-1855.jpg

Ati “Ibi byahesheje ishema Itorero ryacu haba mu gihugu no mu ruhando mpuzamahanga. Abasaga ibihumbi mirongo ine (40,000) bitabiriye yubile tukaba kandi twari dufite n’abashyitsi baturutse muri Amerika, Canada, Ubwongereza, Uburusiya, Ukraine, Sweden, Finland, Tanzania, Niger, Nigeria, Burundi, Congo na Uganda. Ibi turabishimira Imana kubw’umubano mwiza dufitanye n’andi matorero mu bindi bihugu.”

-1851.jpg
Umuvugizi wa ADEPR Rev Jean Sibomana yashimiye n’Abamisiyoneri bafatanya na ADEPR.

Hakozwe ibiterane by’ivugabutumwa byahuje urubyiruko, abagore, abanyamasengesho, abanyeshuri ndetse n’ibindi byiciro hagamijwe guhembura Itorero ndetse n’ibyo byiciro harimo nk’ibiterane mpuzamahanga by’abanyamesengesho byabereye Karongi na Gasave muri Gasabo aho bavuye mu bihugu bitandukanye basenga Imana kandi banasengera amatorero n’ibihugu bakomokamo.

Mu biterane byagiye bibera hirya no hino n’ivugabutumwa ryakozwe mu mwaka wa 2015 byatanze umusaruro ushimishije kuko abagera ku 59,866 biyongereye ku Itorero.

-1854.jpg

Hashimiwe Pastor David Kehler na madamu we Lynn baturutse muri Canada ku bwitange bagira mu guhugura abakozi b’Imana mu bijyanye n’ubuyobozi n’ubujyanama.

Hashimiwe na Misiyoneri Rev. Kim Oh Young wo muri Korea, wafashije mu kubonera ADEPR inkunga yatanzwe n’amatorero yo muri Korea hubakwa urusengero rwa Mukuyu muri Gasabo.

-1850.jpg
Umuvugizi Wungirije yasobanuye ko nk’ibiterane mpuzamahanga by’abanyamesengesho byatumye basengera amatorero n’ibihugu byaybo.

Itorero kandi ryubakiwe ishuri n’abagira neza baturuka mu gihugu cy’Ubwongereza bagize umuryango witwa “Hand Around the World” rifite agaciro ka miliyoni 39 z’amafaranga y’u Rwanda harimo n’ikibuga cya Basketball bubakiwe.

Hishimiwe ko hatowe na za Komite zishinzwe ishuri rya Sunday School (Ishuri ryo ku Cyumweru) kuva ku rwego rw’umudugudu kugera ku rwego rw’indembo.
Itorero ADEPR ryakinguye ivugabutumwa mu gihugu cya Uganda, aho ubu rimaze kugirayo abakirisitu bagera ku bihumbi 10,000, babarirwa mu turere dutandukanye twa Uganda.

Itorero ryakoze ibikorwa byo kwita ku batishoboye batangirwa za ubwisungane mu kwivuza aho abagera ku bihumbi 16,636 bazibuguriwe, bufite agaciro ka 49,908,000 Frw.

Zimwe mu ngingo zemejwe n’Inteko Rusange ya ADEPR:

Inteko rusange yemeje ko ADEPR-PCIU (Pentecostal Church International of Uganda) ari Ururembo rwa 6 mu ndembo zigize Itorero ADEPR, ruyobowe na Rev. Karangwa John wungirijwe Rev. Nyirimpeta Anastase, hanemezwa ko umukristo wa ADEPR uzajya ajya muri Uganda, kwiga cyangwa gukorerayo, azajya ahabwa recommendation y’Itorero ituma yakirwa muri ADEPR-PCIU.

-1852.jpg

Twabibutsa ko indembo za ADEPR zisanzwe ari eshanu, harimo urw’Amajyaruguru, Amajyepfo, Iburasirazuba, Iburengerazuba ndetse n’Umujyi wa Kigali.

Biro Nyobozi kandi yamurikiye Inteko rusange ko Umushumba w’Itorero ry’Akarere rya Kirehe ari Rev. Niyonzima Alexis wasimbuye Rev. Karangwa John wahawe kuyobora ururembo rushya.

-1853.jpg
Christine Mutuyemariya ushinzwe imari n’ubukungu muri ADEPR.

Inteko rusange yakiriye raporo y’ingengo y’imari y’umwaka wa 2015 ndetse n’uy’uwa 2016, abajyanama bamaze kuyitangaho ibitekerezo iremezwa.

Emmanuel Kwizera / ADEPR

2016-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda na TIGO basinyanye amasezerano ku gutahura ibyaha

Polisi y’u Rwanda na TIGO basinyanye amasezerano ku gutahura ibyaha

Ubwanditsi 09 Dec 2016
‘Aho igihugu kiva turahazi, n’aho kijya nabyo birazwi’- Kagame

‘Aho igihugu kiva turahazi, n’aho kijya nabyo birazwi’- Kagame

Ubwanditsi 08 Feb 2017

APR FC yashimiye Gen Mubarakh Muganga na Maj Gen Vincent Nyakarundi ku bw’uruzinduko bagiriye i Shyorongi

Ubwanditsi 20 Aug 2024
Batatu bafunzwe bakurikiranyweho kubona icyemezo cy’igenzura ry’imodoka mu buriganya

Batatu bafunzwe bakurikiranyweho kubona icyemezo cy’igenzura ry’imodoka mu buriganya

Ubwanditsi 29 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’ u Rwanda yifurije ishya n’ihirwe Abofisiye bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru
INKURU NYAMUKURU

Polisi y’ u Rwanda yifurije ishya n’ihirwe Abofisiye bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 15 Jan 2018
Hagati ya Mashami Vincent na Jimmy Mulisa umwe ashobora gusimbura Eric Nshimiyimana wasezerewe n’ubuyobozi bwa AS Kigali, ni nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports 2-1
Amakuru

Hagati ya Mashami Vincent na Jimmy Mulisa umwe ashobora gusimbura Eric Nshimiyimana wasezerewe n’ubuyobozi bwa AS Kigali, ni nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports 2-1

Ubwanditsi 19 Dec 2021
Uko bamwe mu banyapolitiki ba mbere ya 94 bishwe ( Kameya Andreya )
Mu Mahanga

Uko bamwe mu banyapolitiki ba mbere ya 94 bishwe ( Kameya Andreya )

Ubwanditsi 07 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru