• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC   |   24 Jun 2026

  • Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka   |   24 Jun 2026

  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN2016:Nigeria yaguye miswi na Tunisia

CHAN2016:Nigeria yaguye miswi na Tunisia

Ubwanditsi 22 Jan 2016 IMIKINO

Umukino wa kabiri wo mu itsinda C wahuzaga ikipe y’igihugu ya Nigeria na Tunisia kuri stade Regional i Nyamirambo, urangiye amakipe yombi agabanye amanota nyuma yo kunganya igitego 1-1.

-1899.jpg

Nigeria yihariye iminota ibanza y’umukino ibifashijwemo na Chikatara Chisom Elvis wari wabanje muri uyu mukino nyuma yo gutsinda ibitego bitatu asimbuye mu gice cya kabiri mu mukino ubanza wo mu itsinda batsinzemo Niger ibitego 4-1 kuwa Mbere.

Umukino wa kabiri wo mu itsinda C wahuzaga ikipe y’igihugu ya Nigeria na Tunisia kuri stade Regional i Nyamirambo, urangiye amakipe yombi agabanye amanota nyuma yo kunganya igitego 1-1.

Nigeria yihariye iminota ibanza y’umukino ibifashijwemo na Chikatara Chisom Elvis wari wabanje muri uyu mukino nyuma yo gutsinda ibitego bitatu asimbuye mu gice cya kabiri mu mukino ubanza wo mu itsinda batsinzemo Niger ibitego 4-1 kuwa Mbere.
Amahirwe akomeye yabonetse mu gice cya mbere ni ku ruhande rwa Tunisia, aho ku munota wa 10 w’umukino, Ahmed Akaichi yabonye amahirwe yo gutsindira Tunisia igitego ariko umunyezamu wa Nigeria, Ikechukwu Ezenwa umupira awukubita ibipfunsi.
Ku guhererekanya kwiza hagati y’abakinnyi ba Tunisia, Marouane Tej waciye hagati mu kibuga na Akacihi, Oueslati yabonye uburyo bwo gutera mu izamu ariko ba myugariro ba Nigeria barahagoboka.
Ku munota wa 69, ku mupira wahinduwe na Essifi Hichemi mu ruhande rw’iburyo wakojejweho umutwe na Saad Bguir maze Ahmed Akaichi acenga myugariro wa Nigeria, aboneza umupira mu izamu rya Ezenwa, biba igitego 1-1. Igitego cya Ahmed Akaichi ni icya gatatu atsinze muri iri rushanwa nyuma yo gutsinda ibitego 2 ku mukino wa Guinea.
Tunisia yabuze igitego cya kabiri ku munota wa 77, ubwo Akaichi yateraga mu izamu rya Nigeria ariko kubw’amahirwe ya Nigeria umupira ujya muri koruneli yafashwe na Ezenwa.

Ibenegbu Barthlomew yananiwe gutsindira Nigeria ku munota wa 83, arebana n’izamu rya Jeridi, umupira ujya hanze.

Amakipe yombi yakomeje gusatirana, agerageza uburyo butandukanye butagize icyo butanga ku mpande zombi, umukino urangira bagabanye amanota ku gitego 1-1.

Abakinnyi babanjemo:

Tunisia: 1 Jridi, 21 Derbali, 12 Maâloul, 4 Boughattas, 14 Ben Amor, 13 Aouadhi, 15 Manser, 8 Oueslati, 9 Akaïchi, 7 Tej, 17 Mathlouthi.
Nigeria: 1 Ezenwa, 3 Akas, 5 Oboroakpo, 14 Etim, 21 Eze, 10 Onobi, 4 Usman, 17 Okoro, 7 Aggreh, 8 Mathew, 13 Chikatara.

Uyu mukino ugiye gukurikirwa n’uraza guhuza Guinea na Niger saa 18:00. Guinea ikaba yaranganyije na Tunisia ibitego 2-2 mu mukino ubanza mu gihe Niger yatsinzwe na Nigeria ibitego 4-1.

M.Fils

2016-01-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rutahizamu Usengimana Dany uherutse kwimukira muri Canada yasinyiye ikipe ya AS Laval yo mu cyiciro cya gatatu muri icyo gihugu

Rutahizamu Usengimana Dany uherutse kwimukira muri Canada yasinyiye ikipe ya AS Laval yo mu cyiciro cya gatatu muri icyo gihugu

Ubwanditsi 02 Apr 2024
Amavubi asezerewe na Congo

Amavubi asezerewe na Congo

Ubwanditsi 30 Jan 2016
Nyuma yo gutwara igikombe cya CAF Confederations Cup kuri Raja Cassablanca, buri mukinnyi wayo yemerewe ibihumbi 12 by’amadorali nk’agahimbazamusyi

Nyuma yo gutwara igikombe cya CAF Confederations Cup kuri Raja Cassablanca, buri mukinnyi wayo yemerewe ibihumbi 12 by’amadorali nk’agahimbazamusyi

Ubwanditsi 12 Jul 2021
APR HC na Police HC zatangiye neza irushanwa rya ECAHF Senior Club championship 2024 ribera i Kigali

APR HC na Police HC zatangiye neza irushanwa rya ECAHF Senior Club championship 2024 ribera i Kigali

Ubwanditsi 16 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango wa Ikibagenga wapfiriye muri Amerika watangiye gushakisha ubufasha ngo ashyingurwe
HIRYA NO HINO

Umuryango wa Ikibagenga wapfiriye muri Amerika watangiye gushakisha ubufasha ngo ashyingurwe

Ubwanditsi 20 Jan 2018
Cameroon imaze gutwara ibikombe 5 bya Afurika, Gambia yitabiriye ku ncuro ya mbere yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cya Afurika
Amakuru

Cameroon imaze gutwara ibikombe 5 bya Afurika, Gambia yitabiriye ku ncuro ya mbere yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 29 Jan 2022
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru