• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Micho na Uganda basezeye irushanwa batageze i Kigali

Micho na Uganda basezeye irushanwa batageze i Kigali

Ubwanditsi 28 Jan 2016 IMIKINO

kipe y’igihugu ya Uganda isezerewe mu mikino ya CHAN ya 2016 itarenze umutaru, nyuma yo kunanirwa gutsinda umukino n’ umwe mu itsinda rya 4, yarimwo n’ikipe ya Zambia, Zimbabwe na Mali, ryakiniraga mu karere ka Rubavu.

-67.png

Joseph Nsubuga ahanganye nnumwe mu bakinnyi ba Zimbabwe

Igitego cya Manondo William ku munota wa 48, cyaje kwishyurwa ku munota wa nyuma w’umukino na Geoffrey Sserunkuma, amakipe arangiza anganyije igitego 1-1.

Mu mukino wa nyuma muri iri tsinda ikipe ya Milutin Milutin Micho yakinnye muri iri rushanwa, yahuraga na Zimbabwe kuri sitade Umuganda, mu gihe ikipe ya Zambia yakinaga na Mali kuri sitade ya Kigali I Nyamirambo.

Igice cya mbere cy’umukino, ikipe ya Zimbabwe na Uganda zagerageje gukina umukino mwiza, ariko kureba mu izamu birananirana.

Zimbabwe yakinaga uyu mukino iharanira ishema ku gihugu cyayo gusa, kuko gusezererwa iyi kipe yari yaramaze gusezererwa.

Uganda mu gice cya mbere cy’umukino yahushije uburyo bwinshi bwo kuba yabona igitego, hari nk’aho Rutahizamu Miya, yisanze ahagararanye wenyine n’umuzamu, ateye ishoti, Tatenda Marshall arikuramo.

Igice cya 2 cy’umukino kigitangira, ku mupira watakajwe na Joseph Ochaya, rutahizamu wa Zimbabwe William Manonda yafunguye amazamu, igitego cya mbere cya Zimbabwe muri aya marushanwa.

Zimbabwe yakomeje gusatira bikomeye ikipe ya Uganda, igenda ihusha ibitego byari byabazwe imbere y’izamu.

Rutahizamu wa Uganda Elissa Sekissambu yaje kubona amahirwe yo kuba yakwishyura ku ruhande rwa Uganda, ariko ananirwa gutera mu izamu.

Umutoza wa Zimbabwe Kalisto Pasuwa yagiye akora impinduka aza kwinjiza umusore Ronald Kitiyo mu kibuga, wagoye bigaragara abakina inyuma ba Uganda, ariko umuzamu Alitho James, amubera ibamba.

Ku munota wa 3 w’inyongera ku minota 90 y’umukino, ni bwo rutahizamu wa Uganda wari winjiye mu kibuga asimbuye Geoffrey Sserunkuma, yaje kwishyura igitego n’umutwe, amakipe arangiza anganyije igitego 1-1.

Undi mukino muri iri tsinda warangiye Zambia na Mali banganyije 0-0.

Bikaba bivuga ko Zambia izamutse ku mwanya wa mbere n’amanota 7, ikurikiwe na Mali ifite amanota 5, Uganda ku mwanya wa 3 n’amanota 2, Zimbabwe icyuye inota 1.
Imikino ya 1/4:

Ku wa gatandatu (30/1/2016)

• Rwanda vs DRC (Stade Amahoro)
• Cameroun v Cote d’Ivoire (Huye)

Ku cyumweru:

• Tunisia vs Mali (Stade ya Kigali)
• Zambia vs Guinea (Stade Umuganda)

Ababanjemo 11 ku mpande zombi:

Zimbabwe:

Mukuruva,Mhlanga,Kangwa,Ngodzo,Zvirekwi,Masuku,Makatuka,Manuvire, Manondo, Chirambadare,Mutuma.

Uganda :

Alitho James (GK), Joseph Nsubuga,Richard Kassaga,Muwanga Bernard, Kezironi Kizito, Joseph Ochaya, Farouk Miya (Capt), Erisa Sekisambu, Ivan Ntege, Isaac Muleme and Timothy Awany.

M.Fils

2016-01-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ndorimana Jean François Régis yagizwe Perezida w’agateganyo w’Umuryango Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal yahawe kuyobora ikigo kizajya gicunga iyo kipe

Ndorimana Jean François Régis yagizwe Perezida w’agateganyo w’Umuryango Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal yahawe kuyobora ikigo kizajya gicunga iyo kipe

Ubwanditsi 09 Jan 2023
Lionel Messi yanenze Umuyobozi wa Siporo muri FC Barcelone

Lionel Messi yanenze Umuyobozi wa Siporo muri FC Barcelone

Ubwanditsi 06 Feb 2020
Areruya ni we Munyarwanda washoboye gusoza Tour de Vendée

Areruya ni we Munyarwanda washoboye gusoza Tour de Vendée

Ubwanditsi 07 Oct 2018
Liverpool itsinze Arsenal 4-3.Manchester united inyagira Bournemouth 3-1

Liverpool itsinze Arsenal 4-3.Manchester united inyagira Bournemouth 3-1

Ubwanditsi 14 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kivu, isibaniro ry’intambara ikomeye ya Afurika itaribagirana
ITOHOZA

Kivu, isibaniro ry’intambara ikomeye ya Afurika itaribagirana

Ubwanditsi 06 Oct 2018
Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza

Ubwanditsi 27 Sep 2018
Perezida mushya wa Zimbabwe, Mnangagwa yijeje abaturage demokarasi no guhanga imirimo
Mu Mahanga

Perezida mushya wa Zimbabwe, Mnangagwa yijeje abaturage demokarasi no guhanga imirimo

Ubwanditsi 23 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru