• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Émirats Arabes Unis : Perezida Kagame aremeza ko ibyo akora adashingira ku byo abwirwa gusa

Émirats Arabes Unis : Perezida Kagame aremeza ko ibyo akora adashingira ku byo abwirwa gusa

Ubwanditsi 11 Feb 2016 POLITIKI

Perezida Paul Kagame aravuga ko we adashingira ku byo bamwe bavuga gusa, ahubwo ngo aricara agakora icyagombye gukorwa.

Umukuru w’igihugu kandi avuga ko kuba Abanyarwanda baremeje itora rya referendamu, ari amahitamo yabo, bakoze badashingiye ku bitegetswe n’abandi.

Kagame yatangaje ibi mu nama irimo kubera I Dubai ihuza za guverinoma aho harimo haraganirwa uko amaleta afasha mu gusubiza ibibazo abaturage bahura na byo.

Mu kiganiro Perezida Kagame yatanze aho yagaragazaga u Rwanda n’icyerekezo cy’igihugu, yavuze ko kuba Abanyarwanda barahisemo bagatora bemeza referendamu, ari amahitamo yabo ubwabo.

Abanyarwanda bangana na 98.3%, bemeje ko referendamu ivugururwa Kagame akongera kwiyamamaza muri manda ya gatatu, amatora azaba mu mwaka wa 2017.

Umukuru w’igihugu yagize ati “Ibyo bakoze byari icyifuzo cyabo, ntabwo babikoze kubera undi muntu uwo ari we wese.”

Muri iki kiganiro kandi Perezida Kagame yongeye kuvuga ko ibyo akora, adashingira ku bitekerezo by’abantu gusa ahubwo ngo akora ku cyakagombye gukorwa.

Yunzemo ati “Ntabwo njya nshingira ku butumwa mbona, nshingira ku kuri ku gihari, Abanyarwanda bafite igihugu cyabo kandi bafite icyo bagitekereza kuri ejo hacyo, yego twumva abatubwira ariko nyuma uhitamo icyo wikorera ubwawe n’icyo ukorera igihugu.”

Ku birebana n’inkunga u Rwanda ruhabwa, Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda batifuza ko inkunga zabaho ubuziraherezo.

Avuga ko “Inkunga u Rwanda rubona ntabwo ari ikintu igihugu gikeneye ko cyahoraho ubuzirahezo, hakenewe ko yakoreshwa kugira ngo hubakwe inzego zikomere ndetse n’ubukungu bw’igihugu, icyerekezo cyacu ni ukureba ko dushobora guhagarara ku maguru yacu ubwacu kandi tugateza imbere igihugu cyacu, tugakurura abashoramari bagakora ishoramari.”

Ubwo kandi yerekanaga ishusho y’u Rwanda, umukuru w’igihugu yavuze ko icyo Abanyarwanda bagiye bashyira imbere, atari ukuvuga ngo igihugu ni gito, ahubwo gushyiraho gahunda nziza nibyo bifite agaciro.

-2044.jpg

Perezida Kagame yakirwa muri iyo nama

Ku birebana n’ubufatanye hagati y’u Rwanda na Émirats Arabes Unis, Perezida Kagame avuga ko iyo urebye UAE aho iki gihugu cyavuye, ukabona agaciro gakomeye bafite kandi bakuye muri bike bari bafite, ibi bituma hakwiye kubaho ubufatanye n’iki gihugu.

Perezida Paul Kagame aragaragaza ubunararibonye afite, bw’aho yavanye abaturage barenga miliyoni imwe mu bukene bukabije.

2016-02-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kenya: Serivisi zadindijwe no gutinda gushyiraho Guverinoma kwa Perezida Kenyatta

Kenya: Serivisi zadindijwe no gutinda gushyiraho Guverinoma kwa Perezida Kenyatta

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Sebutege Ange atorewe kuyobora Akarere ka Huye

Sebutege Ange atorewe kuyobora Akarere ka Huye

Ubwanditsi 29 Jun 2018
Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Ubwanditsi 09 Sep 2025
Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23

Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23

RUSHYASHYA 01 Jun 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda Yirukanye Umuyobozi Wa MTN Ku Butaka Bwayo
ITOHOZA

Uganda Yirukanye Umuyobozi Wa MTN Ku Butaka Bwayo

Ubwanditsi 15 Feb 2019
Ronald Koeman watozaga ikipe ya FC Barcelona yirukanywe nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano mu mukino wa shampiyona yo muri Esipanye
Amakuru

Ronald Koeman watozaga ikipe ya FC Barcelona yirukanywe nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano mu mukino wa shampiyona yo muri Esipanye

Ubwanditsi 28 Oct 2021
Urubyiruko rwo muri FDU-Inkingi rukomeje konswa ingengabitekerezo ya Jenoside
Amakuru

Urubyiruko rwo muri FDU-Inkingi rukomeje konswa ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 06 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru