• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda rutegereje kwitaba i Arusha mu rubanza rwa Ingabire

U Rwanda rutegereje kwitaba i Arusha mu rubanza rwa Ingabire

Ubwanditsi 14 Jun 2016 Mu Rwanda

U Rwanda rwatangaje ko ruzagena niba ruzohereza abaruhagarariye kuburana urubanza Ingabire Victoire yarurezemo mu rukiko nyafurika rw’uburenganzira bwa muntu igihe rwagena itariki yo kuruburanisha.

Ni Nyuma y’aho uru rukiko rufashe umwanzuro ko n’ubwo u Rwanda rwikuye mu bihugu byemera ko abantu kugiti cyabo n’imiryango yigenga babirega, ngo nta ngaruka byagira ku rubanza rwa Ingabire watanze ikirego mbere.

Mu kiganiro n’ikinyamakuru The East African Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye ari, nawe ntumwa nkuru ya leta, yavuze ko umwanzuro ruzawufata nihamara gushyirwaho itariki y’iburanisha, n’ababuranyi bagahamagarwa.

Minisitiri Busingye yameza ko u Rwanda nta kibazo na kimwe rwigeze rugira ku kirego cyatanzwe na Ingabire.

Mu kwezi kwa gatatu, mbere gato y’uko itariki yo kuburanisha urubanza rwa Ingabire igera, u Rwanda rwamenyesheje ko rwikuye mu bihugu byemera ko abantu ku giti cyabo n’imiryango itegamiye kuri Leta babirega muri uru rukiko.

Byatumye ibyo kuburanisha mu mizi uru rubanza n’izindi biba bihagaze hagasuzumwa icyo iyi nyandiko y’u Rwanda ivuze.

-2943.jpg

Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye

Urukiko rwaje kwemeza mu ntangiriro z’uku kwezi ko ntacyo iki cyemezo cy’u Rwanda cyabangamiraho urubanza rwa Ingabire.

Dr Robert Eno, umwanditsi mukuru w’uru rukiko, asobanura kandi ko uyu umwanzuro wafashwe mu rubanza Ingabire yarezemo u Rwanda, ureba n’izindi manza zose zamaze kugezwa muri uru rukiko.

Zirimo izo u Rwanda ruvuga ko rwagizeho ikibazo, rwita ko ari iz’abahamijwe ibyaha bya Jenoside, zanatumye rufata umwanzuro wo kuvugurura imikoranire n’uru rukiko.

-2946.jpg

Kayumba Nyamwasa

-2944.jpg

Safari Stanley

Ni iz’abanyarwanda Safari Stanley na Kayumba Nyamwasa bareze bavuga ko rwatesheje agaciro inyandiko zabo z’inzira ubu bakaba badashobora kuva muri Afurika y’Epfo aho bahungiye.

Safari, wigeze kuba umushingamategeko mu nteko y’u Rwanda, naho Kayumba Nyamwasa yari umusirikari mukuru mu ngabo z’u Rwanda.

-2942.jpg

Ingabire Victoire

Umwanditsi wacu

2016-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dore uko byari bimeze mu gikorwa cyo kwiyamamaza Paul Kagame yakoreye i Nyamirambo

Dore uko byari bimeze mu gikorwa cyo kwiyamamaza Paul Kagame yakoreye i Nyamirambo

Ubwanditsi 21 Jul 2017
Icyo Abantu hirya no hino ku Isi bavuga ku kibazo cy’ibura rya Rushyashya.net kurubuga rwa Internet

Icyo Abantu hirya no hino ku Isi bavuga ku kibazo cy’ibura rya Rushyashya.net kurubuga rwa Internet

Ubwanditsi 23 May 2017
Abarwanya ubutegetsi mu Burundi bakwiye kwihanganira Mkapa

Abarwanya ubutegetsi mu Burundi bakwiye kwihanganira Mkapa

Ubwanditsi 17 Jan 2017
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 06 Kamena 2017

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 06 Kamena 2017

Ubwanditsi 06 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC
Amakuru

AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC

RUSHYASHYA 24 Jun 2026
Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl
Amakuru

Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Uganda: Gen. Kale Kayihura Ku Rutonde Rw’abahigirwa Kwicwa
ITOHOZA

Uganda: Gen. Kale Kayihura Ku Rutonde Rw’abahigirwa Kwicwa

Ubwanditsi 13 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru