• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda rutegereje kwitaba i Arusha mu rubanza rwa Ingabire

U Rwanda rutegereje kwitaba i Arusha mu rubanza rwa Ingabire

Ubwanditsi 14 Jun 2016 Mu Rwanda

U Rwanda rwatangaje ko ruzagena niba ruzohereza abaruhagarariye kuburana urubanza Ingabire Victoire yarurezemo mu rukiko nyafurika rw’uburenganzira bwa muntu igihe rwagena itariki yo kuruburanisha.

Ni Nyuma y’aho uru rukiko rufashe umwanzuro ko n’ubwo u Rwanda rwikuye mu bihugu byemera ko abantu kugiti cyabo n’imiryango yigenga babirega, ngo nta ngaruka byagira ku rubanza rwa Ingabire watanze ikirego mbere.

Mu kiganiro n’ikinyamakuru The East African Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye ari, nawe ntumwa nkuru ya leta, yavuze ko umwanzuro ruzawufata nihamara gushyirwaho itariki y’iburanisha, n’ababuranyi bagahamagarwa.

Minisitiri Busingye yameza ko u Rwanda nta kibazo na kimwe rwigeze rugira ku kirego cyatanzwe na Ingabire.

Mu kwezi kwa gatatu, mbere gato y’uko itariki yo kuburanisha urubanza rwa Ingabire igera, u Rwanda rwamenyesheje ko rwikuye mu bihugu byemera ko abantu ku giti cyabo n’imiryango itegamiye kuri Leta babirega muri uru rukiko.

Byatumye ibyo kuburanisha mu mizi uru rubanza n’izindi biba bihagaze hagasuzumwa icyo iyi nyandiko y’u Rwanda ivuze.

-2943.jpg

Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye

Urukiko rwaje kwemeza mu ntangiriro z’uku kwezi ko ntacyo iki cyemezo cy’u Rwanda cyabangamiraho urubanza rwa Ingabire.

Dr Robert Eno, umwanditsi mukuru w’uru rukiko, asobanura kandi ko uyu umwanzuro wafashwe mu rubanza Ingabire yarezemo u Rwanda, ureba n’izindi manza zose zamaze kugezwa muri uru rukiko.

Zirimo izo u Rwanda ruvuga ko rwagizeho ikibazo, rwita ko ari iz’abahamijwe ibyaha bya Jenoside, zanatumye rufata umwanzuro wo kuvugurura imikoranire n’uru rukiko.

-2946.jpg

Kayumba Nyamwasa

-2944.jpg

Safari Stanley

Ni iz’abanyarwanda Safari Stanley na Kayumba Nyamwasa bareze bavuga ko rwatesheje agaciro inyandiko zabo z’inzira ubu bakaba badashobora kuva muri Afurika y’Epfo aho bahungiye.

Safari, wigeze kuba umushingamategeko mu nteko y’u Rwanda, naho Kayumba Nyamwasa yari umusirikari mukuru mu ngabo z’u Rwanda.

-2942.jpg

Ingabire Victoire

Umwanditsi wacu

2016-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred

Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred

RUSHYASHYA 05 Jul 2026
Ubujurire bwa Diane Rwigara bwasubitswe, umubyeyi we ntiyitabye kubera uburwayi

Ubujurire bwa Diane Rwigara bwasubitswe, umubyeyi we ntiyitabye kubera uburwayi

Ubwanditsi 07 Nov 2017
The Ben yateye utwatsi amakuru yari amaze iminsi avugwa yo kuza gutaramira i Kigali we na Meddy anikoma n’itangazamakuru

The Ben yateye utwatsi amakuru yari amaze iminsi avugwa yo kuza gutaramira i Kigali we na Meddy anikoma n’itangazamakuru

Ubwanditsi 09 Jul 2017
Gasabo: Paul Kagame yatorewe kuzahagararira FPR mu matora yegereje

Gasabo: Paul Kagame yatorewe kuzahagararira FPR mu matora yegereje

Ubwanditsi 04 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli

Ubwanditsi 26 Dec 2016
Burundi: Ishyaka Sahwanya-FRODEBU ryitandukanyije n’ihuriro CNARED
POLITIKI

Burundi: Ishyaka Sahwanya-FRODEBU ryitandukanyije n’ihuriro CNARED

Ubwanditsi 20 Oct 2018
Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere
Amakuru

Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Ubwanditsi 27 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru