• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abarwanya ubutegetsi mu Burundi bakwiye kwihanganira Mkapa

Abarwanya ubutegetsi mu Burundi bakwiye kwihanganira Mkapa

Ubwanditsi 17 Jan 2017 Mu Rwanda

Iyo igihugu kirimo intambara cyangwa ubundi bwumvikane buke hagashyirwaho umuhuza, uwo muhuza aba afite akazi katoroshye cyane iyo igice kimwe mu mpande zihanganye kigaragaza kutamwibonamo !

Tariki 2/3/2017 nibwo EAC yashyizeho Benjamin Mkapa kuba umuhuza mu bibazo by’u Burundi, atangira akazi ke impande zose zitavuga rumwe zitamubonamo ikibazo.

Ubu ariko abarwanya ubutegetsi bw’u Burundi batangiye gushinja Mkapa yuko abogamiye kuri Nkurunziza, kandi iyo bisobanuye usanga nta kinyoma kirimo.

Abo barwanya ubutegetsi mu Burundi bavuga yuko Nkurunziza yiyamamarije manda ya gatatu itegeko nshinga ridahinduwe ngo manda ebyiri ntarengwa ziveho, n’amasezerano ya Arusha bakigenderaho ateganya manda ebyiri gusa k’umwanya w’umukuru w’igihugu. Abo bamurwanya rero bavuga ko Nkurunziza ari ku butegetsi mu buryo butemewe n’amategeko !

Tariki 9/12/2016 Mkapa we yabwiye abanyamakuru iBujumbura yuko abavuga ko Nkurunziza ari ku butegtsi mu buryo butemewe n’amategeko baba bavuga ubucucu (foolishness) ngo kuko Nkurunziza yagiyeho binyuze mu matora ngo n’inkiko zikaba zarabyemeje !

Ayo magambo ya Mukapa yarakaje abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Nkurunziza bibumbiye muri CNARED, umutwe uhuruza hamwe amashyaka akomeye muri opozisiyo. Umuyobozi wa CNARED, Jean Minani, atangaza ko batazongera kwitabira ibiganira byatumijwe na Mkapa ngo kuko yigaragaje neza yuko abogamiy kuri Nkurunziza.

Abo bo muri CNARED bakavuga yuko ayo magambo Mkapa yavugiye Bujumbura yari ayo gutsindwa no kwegura, bagasaba ahubwo yuko LONI yaba ariyo ifata ako kazi k’ubuhuza !
-5419.jpg

CNARED, Anicet Niyonkuru

Koko kandi bigaragara yuko ibi bya CNARED nta mikino irimo ! Tariki 16 uku kwezi Mkapa yatumije abatavuga rumwe mu bibazo by’u Burundi guhurira Arusha, CNARED yanga kwitabira ubwo butumire kuko itakimwemera. Umunyamabanga mkuru wa CNARED, Anicet Niyonkuru, avuga yuko badahawe undi muhuza batazapfa bitabiriye ibiganiro ngo kuko guhuzwa na Mkapa ari ugutakaza umwanya w’ubusa.

Amashyaka adafite icyo avuze muri opozisiyo niyo akemera Mkapa nk’umuhuza. Ayo ni nka UPRONA ya Concilie Nibigira, FRODEB ya Leonce Ngendakumana, FNL ya Jack Bigirimana kimwe na FNL ya Agathon Rwasa.
!
Ibyo abo bo muri CNARED bavuga mukwanga ubuhuza bwa Mkapa birumvikana ariko n’ibyo Mukapa yavugiye Bujumbura hari ukuntu byumvikana, kandi bishobora kuba bitanasobanuye yuko abogamiye ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Nkurunziza.

Nk’uko Niyonkuru abivuga ni amakosa Mkapa kuba yaravuze ngo abatemera ubutegetsi bwa Nkurunziza ngo ntabwo bakomeye mu mutwe. Ariko icyo uwo mugabo wigeze kuyobora Tanzania yashakaga kugaragaza n’uko Nkurunziza wamwera cyangwa utamwemera niwe utegeka u Burundi, kabone n’aho ubwo butegetsi yaba yarabugezeho abwibye !

Bamwe mu barwanya Nkurunziza nka Rajabu Hussein wigeze kuba Perezida wa CNDD-FDD babona umuti wakabaye gukoresha imbaraga za gisirikare bagakuraho ubutegetsi bwe.

-5418.jpg

Benjamin Mkapa

Uko bigaragara n’iko izo mbaraga batazifite, bikaba rero bisaba gushyikirana kandi bagashyikirana bazi neza yuko Nkurunziza ariwe utegeka u Burundi kuko naho hashyirwaho undi muhuza utari Mkapa uko niko kuri ! Abarwanya ubwo butegetsi mu Burundi bashatse bakwihanganira Mkapa ku n’undi washyirwaho azaza avuga yuko Nkurunziza ariwe Perezida w’igihugu !

Casmiry Kayumba

2017-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Saba Robert uyoboye ba rutahizamu mu mu mwaka ushize w’imikino yerekeje muri AS Kigali avuye muri Kiyovu SC, Kalisa Rachid nawe yongerewe amasezerano

Saba Robert uyoboye ba rutahizamu mu mu mwaka ushize w’imikino yerekeje muri AS Kigali avuye muri Kiyovu SC, Kalisa Rachid nawe yongerewe amasezerano

Ubwanditsi 09 Jul 2021
Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Ubwanditsi 20 Sep 2021
Perezida Kagame yasobanuye  ku mugaragaro ibyo abaminisitiri batatu baheruka kwegura bazize harimo Ruswa no kumubeshya ku myiteguro yo kurwanya Coronavirus

Perezida Kagame yasobanuye  ku mugaragaro ibyo abaminisitiri batatu baheruka kwegura bazize harimo Ruswa no kumubeshya ku myiteguro yo kurwanya Coronavirus

Ubwanditsi 16 Feb 2020
Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Ubwanditsi 20 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yashoje amatsinda ari iya mbere ihita ibona itike ya 1/2 cy’imikino ya CECAFA Kagame Cup 2025
Amakuru

APR FC yashoje amatsinda ari iya mbere ihita ibona itike ya 1/2 cy’imikino ya CECAFA Kagame Cup 2025

Ubwanditsi 08 Sep 2025
Dore ibyo warya bikakongerera ubwiza n’ubuzima bwawe bugakomera
IMIKINO

Dore ibyo warya bikakongerera ubwiza n’ubuzima bwawe bugakomera

Ubwanditsi 02 Jan 2016
Imishinga 7000 imaze guhabwa inguzanyo ya VUP kuva yashyirwa ku nyungu ya 2%
UBUKUNGU

Imishinga 7000 imaze guhabwa inguzanyo ya VUP kuva yashyirwa ku nyungu ya 2%

Ubwanditsi 20 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru