• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abarwanya ubutegetsi mu Burundi bakwiye kwihanganira Mkapa

Abarwanya ubutegetsi mu Burundi bakwiye kwihanganira Mkapa

Ubwanditsi 17 Jan 2017 Mu Rwanda

Iyo igihugu kirimo intambara cyangwa ubundi bwumvikane buke hagashyirwaho umuhuza, uwo muhuza aba afite akazi katoroshye cyane iyo igice kimwe mu mpande zihanganye kigaragaza kutamwibonamo !

Tariki 2/3/2017 nibwo EAC yashyizeho Benjamin Mkapa kuba umuhuza mu bibazo by’u Burundi, atangira akazi ke impande zose zitavuga rumwe zitamubonamo ikibazo.

Ubu ariko abarwanya ubutegetsi bw’u Burundi batangiye gushinja Mkapa yuko abogamiye kuri Nkurunziza, kandi iyo bisobanuye usanga nta kinyoma kirimo.

Abo barwanya ubutegetsi mu Burundi bavuga yuko Nkurunziza yiyamamarije manda ya gatatu itegeko nshinga ridahinduwe ngo manda ebyiri ntarengwa ziveho, n’amasezerano ya Arusha bakigenderaho ateganya manda ebyiri gusa k’umwanya w’umukuru w’igihugu. Abo bamurwanya rero bavuga ko Nkurunziza ari ku butegetsi mu buryo butemewe n’amategeko !

Tariki 9/12/2016 Mkapa we yabwiye abanyamakuru iBujumbura yuko abavuga ko Nkurunziza ari ku butegtsi mu buryo butemewe n’amategeko baba bavuga ubucucu (foolishness) ngo kuko Nkurunziza yagiyeho binyuze mu matora ngo n’inkiko zikaba zarabyemeje !

Ayo magambo ya Mukapa yarakaje abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Nkurunziza bibumbiye muri CNARED, umutwe uhuruza hamwe amashyaka akomeye muri opozisiyo. Umuyobozi wa CNARED, Jean Minani, atangaza ko batazongera kwitabira ibiganira byatumijwe na Mkapa ngo kuko yigaragaje neza yuko abogamiy kuri Nkurunziza.

Abo bo muri CNARED bakavuga yuko ayo magambo Mkapa yavugiye Bujumbura yari ayo gutsindwa no kwegura, bagasaba ahubwo yuko LONI yaba ariyo ifata ako kazi k’ubuhuza !
-5419.jpg

CNARED, Anicet Niyonkuru

Koko kandi bigaragara yuko ibi bya CNARED nta mikino irimo ! Tariki 16 uku kwezi Mkapa yatumije abatavuga rumwe mu bibazo by’u Burundi guhurira Arusha, CNARED yanga kwitabira ubwo butumire kuko itakimwemera. Umunyamabanga mkuru wa CNARED, Anicet Niyonkuru, avuga yuko badahawe undi muhuza batazapfa bitabiriye ibiganiro ngo kuko guhuzwa na Mkapa ari ugutakaza umwanya w’ubusa.

Amashyaka adafite icyo avuze muri opozisiyo niyo akemera Mkapa nk’umuhuza. Ayo ni nka UPRONA ya Concilie Nibigira, FRODEB ya Leonce Ngendakumana, FNL ya Jack Bigirimana kimwe na FNL ya Agathon Rwasa.
!
Ibyo abo bo muri CNARED bavuga mukwanga ubuhuza bwa Mkapa birumvikana ariko n’ibyo Mukapa yavugiye Bujumbura hari ukuntu byumvikana, kandi bishobora kuba bitanasobanuye yuko abogamiye ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Nkurunziza.

Nk’uko Niyonkuru abivuga ni amakosa Mkapa kuba yaravuze ngo abatemera ubutegetsi bwa Nkurunziza ngo ntabwo bakomeye mu mutwe. Ariko icyo uwo mugabo wigeze kuyobora Tanzania yashakaga kugaragaza n’uko Nkurunziza wamwera cyangwa utamwemera niwe utegeka u Burundi, kabone n’aho ubwo butegetsi yaba yarabugezeho abwibye !

Bamwe mu barwanya Nkurunziza nka Rajabu Hussein wigeze kuba Perezida wa CNDD-FDD babona umuti wakabaye gukoresha imbaraga za gisirikare bagakuraho ubutegetsi bwe.

-5418.jpg

Benjamin Mkapa

Uko bigaragara n’iko izo mbaraga batazifite, bikaba rero bisaba gushyikirana kandi bagashyikirana bazi neza yuko Nkurunziza ariwe utegeka u Burundi kuko naho hashyirwaho undi muhuza utari Mkapa uko niko kuri ! Abarwanya ubwo butegetsi mu Burundi bashatse bakwihanganira Mkapa ku n’undi washyirwaho azaza avuga yuko Nkurunziza ariwe Perezida w’igihugu !

Casmiry Kayumba

2017-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwahoze ari Umunyamakuru kuri Radio Salus na Radio 10 Henri Jado yahawe akazi na Perezida Kagame muri Minisiteri y’ibikorwaremezo

Uwahoze ari Umunyamakuru kuri Radio Salus na Radio 10 Henri Jado yahawe akazi na Perezida Kagame muri Minisiteri y’ibikorwaremezo

Ubwanditsi 31 Aug 2017
2020 ntizarenga u Rwanda rutarubaka ahabera imurikagurisha mpuzamahanga-Robert Bapfakurera

2020 ntizarenga u Rwanda rutarubaka ahabera imurikagurisha mpuzamahanga-Robert Bapfakurera

Ubwanditsi 23 Feb 2018
Diane Rwigara  yaretse NEC ko afite ‘ Ubwenegihugu bw’Ububiligi ‘ ngo  akaba yifuza kuyobora u Rwanda

Diane Rwigara yaretse NEC ko afite ‘ Ubwenegihugu bw’Ububiligi ‘ ngo akaba yifuza kuyobora u Rwanda

Ubwanditsi 22 Jun 2017
Igisilikare cy’u Rwanda ‘RDF ‘ cyasobanuye iby’Umurundi bivugwa ko yarasiwe muri Rweru

Igisilikare cy’u Rwanda ‘RDF ‘ cyasobanuye iby’Umurundi bivugwa ko yarasiwe muri Rweru

Ubwanditsi 31 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Museveni yisubiyeho agarura umuyobozi wa MTN wari wirukanywe ngo akorana n’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Museveni yisubiyeho agarura umuyobozi wa MTN wari wirukanywe ngo akorana n’u Rwanda

Ubwanditsi 30 May 2019
Eric Omondi yashyize hanze amashusho abambye ku musaraba ateza impaka mu bafana bamukurikira
IMIKINO

Eric Omondi yashyize hanze amashusho abambye ku musaraba ateza impaka mu bafana bamukurikira

Ubwanditsi 03 Dec 2016
Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi
Amakuru

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi

Ubwanditsi 26 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru