• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nubona izi ngeso 10 kumukunzi wawe uzamenye ko abandi bamurya

Nubona izi ngeso 10 kumukunzi wawe uzamenye ko abandi bamurya

Editorial 04 Mar 2016 HIRYA NO HINO

Inyandiko yashyizwe ahagaragara n’uwitwa Alice Buckler mu gitabo « Les Mécanismes de la crédulité », igira iti : « waba ufite ugushidikanya ku budahemuka bw’umufasha wawe ? Dore bimwe mu bimenyetso byagufasha kumenya niba ugushidikanya kwawe kuzuye ukwibeshya cyangwa niba gufite ishingiro. Wowe ubwawe isuzumire, umenye uko bihagaze.

-2350.jpg

1.Aguha impano nta mpamvu

Uritonde ! Ntuzavudukane mugenzi wawe aje akuzaniye agapaki k’indabo ! Icyo ukwiye kugiraho amakenga ni impano za hato na hato kandi zidasobanutse. Kuko bamwe mu batangabuhamya bivugira ko buri weekend baha abakunzi babo impano, zirimo n’imirimbo yo ku matwi kandi ntibitere ikibazo.

2.Yahinduye amagambo ye y’ibanga (password)

Niba ufunguye imashini yanyu, ugasanga aderesi ya e-mail yarahindutse, urubuga umufasha wawe ahuriraho n’inshuti ze rwarahindutse, amagambo y’ibanga mwakoreshaga byose byarahindutse, ibi bizagutere kwibaza k’uwo mwashakanye. Umugore umwe aragira ati : « umugabo wanjye mufitiye urwikekwe ; ashobora kuba ambeshya : yahinduye amagambo y’ibanga, igihe cyose akimara avugana n’abantu ntazi ! »

3.Ntakirekura telefoni ye

-2351.jpg

Mu ntangiriro washobora gukurikirana no kumenya ibikorerwa kuri telefoni ye byose, ariko ubu ntibishoboka : abo yahamagaye, abamuhamagaye, ubutumwa bugufi yohereje n’ubwo yakiriye, n’ibindi. Hari n’ubwo ajya kwitabira inyuma ya dushe (douche/urwiyuhagiriro).

4.Ku buryo butunguranye yagize akazi kenshi

Haciye amezi make, uko bwije n’uko bukeye niko agenda agira akazi kenshi, inama zidashira, ingendo z’urudaca, amahugurwa atarangira n’ibindi ; nyamara ibyo byose nta musaruro ubibonamo, haba kuzamurwa mu ntera cyangwa se mu gafaranga. Ikigaragara ni uko aba akeneye igihe kinini, kimwe akakimara no mu mahoteli, ari na ko adatangwa mu kwimeza neza muri weekend.

5.Nta kanunu k’imibonano mpuzabitsina akigira

Haba haciye ibyumweru byinshi, yewe n’amezi, nta kugukozaho imitwe y’intoki ze ? Nta n’ubwo yabonye ko waguze utwenda tw’imbere dushya ? Iyo umwiyegereje se, akwigizayo yitwaje ko ananiwe, cyangwa akemera mugahuza ibitsina atakwitayeho, nta gutegurana kuhabaye ? Niba yabikoze ku manywa, nimugoroba ntashaka kwiyongeza ? Suzuma urebe.

6.Yahinduye uburyo bwo kwambara ?

Uburyo wamwambikagamo burahinduka bwose : udupira, amashati, imikandara, mode yo kwiyogoshesha, n’ibindi. Ajya kwirangaza muri siporo, akagerageza no gusubira inyuma mu myambarire ku rugero nk’urwo mu myaka 10 yatambutse.

7.Nta mishinga akigira

Ntagiteganya aho gukorera ibiruhuko ! Nta gitekerezo cyo kugura indi modoka ; yumva kubyara undi mwana atari ngombwa. Ibi byose ni ibigaragaza ko uwo mwashakanye arambiwe kubana nawe.

8.Nta na kimwe mukora mufatanyije

Ibihe byiza mwagiranye urabyibuka bikagutera agahinda ; arifata akareba televiziyo wenyine mu cyumba ; akajya gusura inshuti ze wenyine. Ni nk’aho yakakubwiye ko gusohokana nawe nta gaciro bigifite, ko ukwiye kuguma mu rugo ukita ku bana n’amatungo.

9.Aragigimiza/arya indimi, ibyo avuga ntibyumvikane

-2352.jpg

Urugero ni igihe umutunguye, ukamufatana kapote, ibirungo abakobwa bisiga ku munwa byamufashe ku ishati ; fagitire yishyuriyeho ibyo baririye muri resitora, …aho kwemera ikosa, akarakara cyane, agacurikiranya amagambo yisobanura, agahimbahimba aho byaturutse ariko ntabashe kwisobanura neza.

10.Atanga ibisobanuro byinshi bikabije, afite indi nshuti magara nshya

Yishakiye indi nshuti magara y’umugabo bajyana muri siporo, bagasangira ikirahuri, bakandikirana ubutumwa bugufi, n’ibindi. Mbese mu buzima bwe busanzwe hinjiyemo undi muntu wowe utazi uko byagenze. Gusa uzagenzure neza kuko hari ubwo uwo mugabo yaba ari uwo kugukinga mu maso, bagera iyo bagiye akifatira undi mukobwa ushobora kuba akurusha uburanga.

Mu gitabo “L’infidélité”, umwanditsi Yvon Dallaire, we atanga ibisobanuro byinshi bitandukanye ariko uko biri kose umenye neza ko gucana inyuma hagati y’abashakanye ari byo biza ku isonga mu mpamvu zituma abashakanye batandukana muri Amerika. Niba rero utazi iko wabyitwaramo umufasha wawe umufatiye mu cyuho aguca inyuma, dore inama : ugomba kugira ukwihangana mu kababaro uterwa no kuba yaguciye inyuma, kuko wenda bishoboka ko wagize uruhare mu kuraruka kwe. Uzamubwize ukuri, n’ubwo ibyabaye bishobora kutibagirana muri wowe, yewe waba unabyibitse bikakubabaza.

rwandapaparazzi

2016-03-04
Editorial

IZINDI NKURU

Sobanukirwa no kubura ubushake bwo gutera akabariro ku bagore nuko wabirwanya

Sobanukirwa no kubura ubushake bwo gutera akabariro ku bagore nuko wabirwanya

Editorial 23 May 2017
Polisi y’u Rwanda irashima uko abaturage bitwaye mu minsi mikuru

Polisi y’u Rwanda irashima uko abaturage bitwaye mu minsi mikuru

Editorial 03 Jan 2018
Magaly Pearl, Umuhanzikazi ukomoka mu Rwanda yambitswe impeta n’umunyamerika

Magaly Pearl, Umuhanzikazi ukomoka mu Rwanda yambitswe impeta n’umunyamerika

Editorial 22 Dec 2018
Bakobwa musigaye muboneza Imbyaro kurusha Abagore mufite Akaga, Dore ingaruka  zikomeye  zibategereje

Bakobwa musigaye muboneza Imbyaro kurusha Abagore mufite Akaga, Dore ingaruka zikomeye zibategereje

Editorial 08 Jun 2017
Sobanukirwa no kubura ubushake bwo gutera akabariro ku bagore nuko wabirwanya

Sobanukirwa no kubura ubushake bwo gutera akabariro ku bagore nuko wabirwanya

Editorial 23 May 2017
Polisi y’u Rwanda irashima uko abaturage bitwaye mu minsi mikuru

Polisi y’u Rwanda irashima uko abaturage bitwaye mu minsi mikuru

Editorial 03 Jan 2018
Magaly Pearl, Umuhanzikazi ukomoka mu Rwanda yambitswe impeta n’umunyamerika

Magaly Pearl, Umuhanzikazi ukomoka mu Rwanda yambitswe impeta n’umunyamerika

Editorial 22 Dec 2018
Bakobwa musigaye muboneza Imbyaro kurusha Abagore mufite Akaga, Dore ingaruka  zikomeye  zibategereje

Bakobwa musigaye muboneza Imbyaro kurusha Abagore mufite Akaga, Dore ingaruka zikomeye zibategereje

Editorial 08 Jun 2017
Sobanukirwa no kubura ubushake bwo gutera akabariro ku bagore nuko wabirwanya

Sobanukirwa no kubura ubushake bwo gutera akabariro ku bagore nuko wabirwanya

Editorial 23 May 2017
Polisi y’u Rwanda irashima uko abaturage bitwaye mu minsi mikuru

Polisi y’u Rwanda irashima uko abaturage bitwaye mu minsi mikuru

Editorial 03 Jan 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru