• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nubona izi ngeso 10 kumukunzi wawe uzamenye ko abandi bamurya

Nubona izi ngeso 10 kumukunzi wawe uzamenye ko abandi bamurya

Ubwanditsi 04 Mar 2016 HIRYA NO HINO

Inyandiko yashyizwe ahagaragara n’uwitwa Alice Buckler mu gitabo « Les Mécanismes de la crédulité », igira iti : « waba ufite ugushidikanya ku budahemuka bw’umufasha wawe ? Dore bimwe mu bimenyetso byagufasha kumenya niba ugushidikanya kwawe kuzuye ukwibeshya cyangwa niba gufite ishingiro. Wowe ubwawe isuzumire, umenye uko bihagaze.

-2350.jpg

1.Aguha impano nta mpamvu

Uritonde ! Ntuzavudukane mugenzi wawe aje akuzaniye agapaki k’indabo ! Icyo ukwiye kugiraho amakenga ni impano za hato na hato kandi zidasobanutse. Kuko bamwe mu batangabuhamya bivugira ko buri weekend baha abakunzi babo impano, zirimo n’imirimbo yo ku matwi kandi ntibitere ikibazo.

2.Yahinduye amagambo ye y’ibanga (password)

Niba ufunguye imashini yanyu, ugasanga aderesi ya e-mail yarahindutse, urubuga umufasha wawe ahuriraho n’inshuti ze rwarahindutse, amagambo y’ibanga mwakoreshaga byose byarahindutse, ibi bizagutere kwibaza k’uwo mwashakanye. Umugore umwe aragira ati : « umugabo wanjye mufitiye urwikekwe ; ashobora kuba ambeshya : yahinduye amagambo y’ibanga, igihe cyose akimara avugana n’abantu ntazi ! »

3.Ntakirekura telefoni ye

-2351.jpg

Mu ntangiriro washobora gukurikirana no kumenya ibikorerwa kuri telefoni ye byose, ariko ubu ntibishoboka : abo yahamagaye, abamuhamagaye, ubutumwa bugufi yohereje n’ubwo yakiriye, n’ibindi. Hari n’ubwo ajya kwitabira inyuma ya dushe (douche/urwiyuhagiriro).

4.Ku buryo butunguranye yagize akazi kenshi

Haciye amezi make, uko bwije n’uko bukeye niko agenda agira akazi kenshi, inama zidashira, ingendo z’urudaca, amahugurwa atarangira n’ibindi ; nyamara ibyo byose nta musaruro ubibonamo, haba kuzamurwa mu ntera cyangwa se mu gafaranga. Ikigaragara ni uko aba akeneye igihe kinini, kimwe akakimara no mu mahoteli, ari na ko adatangwa mu kwimeza neza muri weekend.

5.Nta kanunu k’imibonano mpuzabitsina akigira

Haba haciye ibyumweru byinshi, yewe n’amezi, nta kugukozaho imitwe y’intoki ze ? Nta n’ubwo yabonye ko waguze utwenda tw’imbere dushya ? Iyo umwiyegereje se, akwigizayo yitwaje ko ananiwe, cyangwa akemera mugahuza ibitsina atakwitayeho, nta gutegurana kuhabaye ? Niba yabikoze ku manywa, nimugoroba ntashaka kwiyongeza ? Suzuma urebe.

6.Yahinduye uburyo bwo kwambara ?

Uburyo wamwambikagamo burahinduka bwose : udupira, amashati, imikandara, mode yo kwiyogoshesha, n’ibindi. Ajya kwirangaza muri siporo, akagerageza no gusubira inyuma mu myambarire ku rugero nk’urwo mu myaka 10 yatambutse.

7.Nta mishinga akigira

Ntagiteganya aho gukorera ibiruhuko ! Nta gitekerezo cyo kugura indi modoka ; yumva kubyara undi mwana atari ngombwa. Ibi byose ni ibigaragaza ko uwo mwashakanye arambiwe kubana nawe.

8.Nta na kimwe mukora mufatanyije

Ibihe byiza mwagiranye urabyibuka bikagutera agahinda ; arifata akareba televiziyo wenyine mu cyumba ; akajya gusura inshuti ze wenyine. Ni nk’aho yakakubwiye ko gusohokana nawe nta gaciro bigifite, ko ukwiye kuguma mu rugo ukita ku bana n’amatungo.

9.Aragigimiza/arya indimi, ibyo avuga ntibyumvikane

-2352.jpg

Urugero ni igihe umutunguye, ukamufatana kapote, ibirungo abakobwa bisiga ku munwa byamufashe ku ishati ; fagitire yishyuriyeho ibyo baririye muri resitora, …aho kwemera ikosa, akarakara cyane, agacurikiranya amagambo yisobanura, agahimbahimba aho byaturutse ariko ntabashe kwisobanura neza.

10.Atanga ibisobanuro byinshi bikabije, afite indi nshuti magara nshya

Yishakiye indi nshuti magara y’umugabo bajyana muri siporo, bagasangira ikirahuri, bakandikirana ubutumwa bugufi, n’ibindi. Mbese mu buzima bwe busanzwe hinjiyemo undi muntu wowe utazi uko byagenze. Gusa uzagenzure neza kuko hari ubwo uwo mugabo yaba ari uwo kugukinga mu maso, bagera iyo bagiye akifatira undi mukobwa ushobora kuba akurusha uburanga.

Mu gitabo “L’infidélité”, umwanditsi Yvon Dallaire, we atanga ibisobanuro byinshi bitandukanye ariko uko biri kose umenye neza ko gucana inyuma hagati y’abashakanye ari byo biza ku isonga mu mpamvu zituma abashakanye batandukana muri Amerika. Niba rero utazi iko wabyitwaramo umufasha wawe umufatiye mu cyuho aguca inyuma, dore inama : ugomba kugira ukwihangana mu kababaro uterwa no kuba yaguciye inyuma, kuko wenda bishoboka ko wagize uruhare mu kuraruka kwe. Uzamubwize ukuri, n’ubwo ibyabaye bishobora kutibagirana muri wowe, yewe waba unabyibitse bikakubabaza.

rwandapaparazzi

2016-03-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Ntihavugwa Rumwe Ku Watangije Imirwano Yaguyemo 5 Hagati Ya FARDC N’inyeshyamba

RDC: Ntihavugwa Rumwe Ku Watangije Imirwano Yaguyemo 5 Hagati Ya FARDC N’inyeshyamba

Ubwanditsi 19 Sep 2018
RD- Congo:  Perezida Tshisekedi  yashyizeho Minisitiri w’intebe mushya Sylvestre Ilunga Ilunkamba

RD- Congo: Perezida Tshisekedi yashyizeho Minisitiri w’intebe mushya Sylvestre Ilunga Ilunkamba

Ubwanditsi 20 May 2019
Umunyekongo Patrick MBEKO yahawe gasopo, asabwa kureka kugoreka amateka y’Abanyarwanda yiyita “umunyabwenge”

Umunyekongo Patrick MBEKO yahawe gasopo, asabwa kureka kugoreka amateka y’Abanyarwanda yiyita “umunyabwenge”

Ubwanditsi 29 Mar 2021
Umujyi wa Wuhan watangiriyemo COVID-19 abaturage basubiye mu buzima busanzwe

Umujyi wa Wuhan watangiriyemo COVID-19 abaturage basubiye mu buzima busanzwe

Ubwanditsi 09 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwamaganye ibyo kugaba igitero mu Burundi
Mu Mahanga

U Rwanda rwamaganye ibyo kugaba igitero mu Burundi

Ubwanditsi 07 Oct 2016

Shabalala na Shaiboub bayoboye abakinnyi bahatanira igihembo cy’umukinnyi w’ukwezi kwa Gashyantare muri Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 07 Mar 2024
Amateka akomeje gukorwa, Mukansanga Salima mu basifuzi b’umukino w’u Bufaransa na Australia w’igikombe cy’Isi 2022
Amakuru

Amateka akomeje gukorwa, Mukansanga Salima mu basifuzi b’umukino w’u Bufaransa na Australia w’igikombe cy’Isi 2022

Ubwanditsi 22 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru