• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ingabo z’u Rwanda zirahakana amakuru avuga ko zinjiye ku butaka bwa Congo

Ingabo z’u Rwanda zirahakana amakuru avuga ko zinjiye ku butaka bwa Congo

Editorial 26 Apr 2016 Mu Rwanda

Igisirikare cy’u Rwanda cyahakanye amakuru yavugaga ko mu mpera z’icyumweru gishize hari abasirikare bacyo baba barinjiye ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahiga abarwanyi ba FDLR.

Ejo tariki 19 Mata 2016 Radio Okapi yanditse ko yatangarijwe n’Umuyobozi ushinzwe itangazamakuru mu karere ka 34 k’ingabo za Congo, FARDC, Capt. Guillaue Ndjike Kaiko, ko iperereza bakoze ryemeza ko kuwa 16 Mata hari amagana y’abasirikare b’u Rwanda bigaruriye agace ka Chegera, ko mu birometero nka 30 byo mu Majyaruguru ya Goma.

Capt. Guillaue Ndjike Kaiko, yavuze ko abaturage n’abayobozi muri ako gace bahamije ko izo ngabo z’u Rwanda ngo zahigaga abarwanyi ba FDLR mu rwunge rw’amashuri rwa Buhumba.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Igihe avugako mu kiganiro n’Umuvugizi wungirije w’igisirikare cy’u Rwanda, Lt.Col.Rene Ngendahimana, yavuze ko ayo makuru atariyo.

Yagize ati “Ayo makuru ni ibinyoma ntabwo twigeze tujya muri Congo.Iyo tujyayo mwari kubimenya kuko kwinjira ku mupaka abantu bose baba bareba.”

Abajijwe niba nta ngamba zihariye zashyizweho mu rwego rwo gucunga umutekano nyuma y’ibitero bya hato na hato by’abarwanyi ba FDLR, Lt Col Ngendahimana yagize ati “ Ingamba zo zihoraho zo gucunga umutekano w’igihugu ku buryo buhamye, ntabwo ari ukuvuga ngo ducunga umutekano kubera turiya dutero shuma twa FDLR.”

Mu itangazo ryari ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ingabo z’Igihugu nyuma y’igitero cyagabwe kuri Station ya Polisi ya Bugeshi i Rubavu kuwa Gatandatu, ryavugaga ko bikekwako baba ari abarwanyi ba FDLR bakigabye.

Umuvugizi wungirije w’Ingabo z’u Rwanda, yavuze ko na n’ubu iperereza rigikorwa ngo hamenyekane niba koko abarwanyi ba FDLR aribo babiri inyuma, ati “ biracyakurikiranwa.”

Ubusanzwe iyo habaye ikibazo ku mipaka y’ibihugu byombi, itsinda ry’abasirikare bashinzwe kugenzura imipaka ihuza u Rwanda na Congo, EJVM, riramenyeshwa akaba ariryo rikora iperereza hanyuma rikazatanga umwanzuro.

Lt Col Ngendahimana avuga ko ibyatangajwe n’uruhande rwa Congo ari ugukwirakwiza ibihuha kuko ‘iyo haza kuba hari ikibazo baba barasabye EJVM cyangwa Monusco nk’umuryango mpuzamahanga igakora iperereza.

-2695.jpg

Lt.Col.Rene Ngendahimana,

Yakomeje agira ati “Twebwe iyo habaye ikibazo duhamagara EJVM igakora iperereza, bo kuki batabikora batyo ahubwo bakajya mu itangazamakuru. Kuki se bategera Monusco nayo ko ihari ngo bayimenyeshe?”

Abarwanyi ba FDLR bakunze kugaba ibitero bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda cyane cyane mu gace k’Amajyaruguru n’u Burengerazuba.

Mu kwezi gushize umwe mu basirikare wari wambaye impuzankano y’ingabo za FARDC yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda mu gitero bikekwa ko cyagabwe n’abarwanyi ba FDLR.

Mu mpera z’icyumweru gishize kandi abarwanyi bikekwako ari abo muri uyu mutwe nabwo bagabye igitero kuri station ya Polisi mu Karere ka Rubavu gusa abasirikare b’u Rwanda barabamenesha basubira muri RDC.

Source: Igihe

2016-04-26
Editorial

IZINDI NKURU

Isengesho ryavuzwe na Nyampinga wo muri Kenya mbere y’uko apfa, ryashenguye benshi

Isengesho ryavuzwe na Nyampinga wo muri Kenya mbere y’uko apfa, ryashenguye benshi

Editorial 03 Feb 2017
Hagiye gukorwa iperereza ku bwumvikane buke hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Hagiye gukorwa iperereza ku bwumvikane buke hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Editorial 16 Jan 2016
Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Editorial 30 Jan 2025
Umutoza w’ Amavubi yagaragaje aho akura icyizere cyo gutsinda Centrafrique

Umutoza w’ Amavubi yagaragaje aho akura icyizere cyo gutsinda Centrafrique

Editorial 09 Jun 2017
Isengesho ryavuzwe na Nyampinga wo muri Kenya mbere y’uko apfa, ryashenguye benshi

Isengesho ryavuzwe na Nyampinga wo muri Kenya mbere y’uko apfa, ryashenguye benshi

Editorial 03 Feb 2017
Hagiye gukorwa iperereza ku bwumvikane buke hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Hagiye gukorwa iperereza ku bwumvikane buke hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Editorial 16 Jan 2016
Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Editorial 30 Jan 2025
Umutoza w’ Amavubi yagaragaje aho akura icyizere cyo gutsinda Centrafrique

Umutoza w’ Amavubi yagaragaje aho akura icyizere cyo gutsinda Centrafrique

Editorial 09 Jun 2017
Isengesho ryavuzwe na Nyampinga wo muri Kenya mbere y’uko apfa, ryashenguye benshi

Isengesho ryavuzwe na Nyampinga wo muri Kenya mbere y’uko apfa, ryashenguye benshi

Editorial 03 Feb 2017
Hagiye gukorwa iperereza ku bwumvikane buke hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Hagiye gukorwa iperereza ku bwumvikane buke hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Editorial 16 Jan 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru