• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»David Himbara mu mazi abira

David Himbara mu mazi abira

Ubwanditsi 02 Jun 2016 ITOHOZA

David Himbara kuva mu kwezi kwa kane ari kwitaba mu rukiko rwa Toronto East Court Office , aho akurikiranweho kudakora declaration y’imisoro ya Canada, uru rubanza rukaba rugeze kure .Kuva ngo yakora mu Rwanda aho yari umujyanama wa Perezida Paul Kagame ngo ntiyigeze abimenyesha ikigo gishinzwe gukurikirana imisoro muri Canada.

Ikindi ngo ntiyigeze avuga aho akora, ariko ngo bakabona ko yinjiza amafaranga batazi aho aturutse, ngo ntiyigeze nibura yerekana ko yikorera kugiti ke.

Uwa mureze ni umugore we w’Umuhindekazi batakiri kumwe dore ko ubu yinjiye umugore ukomoka muri Erythrea, kuva mu ntangiriro y’umwaka wa 2016, amaze kwimuka gatanu yihishahisha kubera gukwepa Canada Revenue Investigation Report Branch.

Uru rubanza rwa HImbara rumaze gusubikwa rimwe ruzasubukurwa mu kwezi gutaha.

Andi makuru aturuka muri Canada aravuga ko ubu amerewe nabi n’abo bari bafatanyije gusebya u Rwanda nyuma akaza kubambura akayabo k’amadorali agera ku bihumbi 70 by’amadolari ya Amerika nka kimwe cya kane (1/4) cy’arenga ibihumbi 190 yagombaga kubishyura (ni ukuvuga miliyoni zirenga 136 z’amafaranga y’u Rwanda).

Nkuko byatangajwe n’umunyamategeko uhagarariye abambuwe yavuze ko Himbara yabagannye mu ntangiriro za 2014 abasaba ko bakorana nyuma y’uko yari amaze gusesa amasezerano na Society y’abanyamerika nayo bivugwa ko yayicucuye utwayo atubahirije ibyo bari bavuganye nabyo ngo bisa n’ibyo byo guharabika u Rwanda.

-2821.jpg

Himbara ari hagati nk’ururimi

Bijya gutangira ngo Himbara yababwiye ko bakoresha amagambo ataranga u Rwanda ko nta mahoro ahari bityo bikaba bigoye kurugendamo isaha iyo ari yo yose.
Ibyo ngo byaje kunyomozwa n’ibyegeranyo bitandukanye byerekana umutekano usesuye mu Rwanda byasohotse izo nkuru za Himbara zitarajya hanze.

Uwo munyamategeko ISSAC WYATT yatangaje ko abo yunganira batari gusebya u Rwanda ko nta mahoro ahari ngo bishoboke mu gihe ruza ku mwanya wa gatanu ku Isi mu bihugu bitanga ubafasha mu kugarura amahoro ahabaye ibibazo by’umutekano muke, rwoherezayo abasirikare n’abapolisi n’abandi bakora ibikorwa by’ubutabazi.

Mu bijyanye n’ishoramari kandi WYATT akomeza avuga ko igihugu cy’ u Rwanda gikomeje kwigaragaza mu bijyanye korohereza abashoramari, aho abakora ibyegeranyo bitandukanye basanga kiri ku mwanya mwiza yewe unaruta ibihugu byinshi umuntu yakeka ko byateye imbere.

Nyirabayaza ngo yavuye aho ibyo byegeranyo biziye bigasanga ikinyoma cyategurwaga n’abo bagabo kitarajya ahagaragara batungurwa no gusanga Himbara yarababeshye maze bamubajije iby’izo nkuru zisenya biteguraga gutangaza abasubiza ababwira nabi ko ibyo babyirengagiza ibyiza u Rwanda rwuje dore ko nawe ngo atabiyobewe uretse ngo inda mbi yamunaniye.

Yabasabye ko basohora ibyo yabasabye babinyuje kuri websites yari yabahaye cg se bakabimuha akabyishyiriraho ariko ubwo amafaranga akagabanuka dore ko igikorwa kitari cyuzuye neza ariko ngo mu masezerano bagiranye yashyiragamo ubwo buryo bwose uko ari bubiri.

Batazuyaje ngo bahise babimuha maze bategereza ko abishyura baraheba nabo biyemeza kumujyana mu nkiko maze inkiko nazo zibishyira ku karubanda.

WYATT yavuze ko ikirego ubu ngo yagitangiriye mu mizi bityo mu minsi itarambiranye Himbara akaba azagezwa imbere y’ubutabera maze abo yambuye bagahabwa ubutabera.Izo politiki z’urwango za Himbara zimutwara akayabo kugira ngo Isi yuzuremo isura mbi y’u Rwanda, ashaka kubangamira umubano w’igihugu hagati yacyo n’andi mahanga ngo acike intege zo gufatanya n’u Rwanda mu rugamba rw’iterambere rwiyemeje. Ibinyoma bitandukanye nk’ibyo kandi bitangazwa n’abayobozi b’ishyaka RNC , rinashyigikira FDLR, umutwe w’abarwanyi washinzwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda.

-2820.jpg

David Himbara

Uwo munyamategeko ISSAC WYATT asoza yibaza ati : “Ni gute abantu bahoze bagira uruhare mu iterambere ry’igihugu, ubu bafata iya mbere bakarisebya, bakavuga ko abatangabuhamya b’abanyamahanga babeshya ko u Rwanda rutateye imbere, kuki hari ababyemera?,mu gihe ibimenyetso binyomoza ibinyoma byabo ari byinshi cyane, igisubizo kiroroshye ukurikije abagenda u Rwanda babona ibihabanye n’izo mpuha z’abananiranye basigaye banamye iyo mu mahanga bategereje uwasamira hejuru ibyo binyoma iturufu yabo ikaba irariye ariko kandi ngo bararye bari menge kuko ikinyoma cyo kwanduza isura y’u Rwanda kidahabwa intebe kabiri.”

Cyiza Davidson

2016-06-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibihugu byo muri EAC n’Ibiyaga Bigari nibyo bicumbikiye abantu benshi bakoze Jenoside

Ibihugu byo muri EAC n’Ibiyaga Bigari nibyo bicumbikiye abantu benshi bakoze Jenoside

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Ubwanditsi 23 Sep 2019
Padiri Nahimana  arategura imyigaragambyo itemewe  kuri Ambasade y’u Rwanda i Buruseli

Padiri Nahimana arategura imyigaragambyo itemewe kuri Ambasade y’u Rwanda i Buruseli

Ubwanditsi 29 Nov 2016
Akarimi keza ka RNC k’urupfu rw’Umwami Kigeli gahatse iki ?

Akarimi keza ka RNC k’urupfu rw’Umwami Kigeli gahatse iki ?

Ubwanditsi 19 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Malawi yemeye ko umushahara we ukatwaho 10 % kubera coronavirus
POLITIKI

Perezida wa Malawi yemeye ko umushahara we ukatwaho 10 % kubera coronavirus

Ubwanditsi 06 Apr 2020
Perezida Kagame na Putin bagaragaje inyota yo kongera umubano w’u Rwanda n’u Burusiya
POLITIKI

Perezida Kagame na Putin bagaragaje inyota yo kongera umubano w’u Rwanda n’u Burusiya

Ubwanditsi 14 Jun 2018
Hari abakomeretse byoroheje mu nkongi ya Gereza ya Gasabo – CGP Rwigamba
Mu Rwanda

Hari abakomeretse byoroheje mu nkongi ya Gereza ya Gasabo – CGP Rwigamba

Ubwanditsi 31 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru