• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gikomero: Hatashywe sitasiyo ya Polisi yubatswe ku bufatanye n’abaturage

Gikomero: Hatashywe sitasiyo ya Polisi yubatswe ku bufatanye n’abaturage

Ubwanditsi 18 Jun 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wa gatanu taliki ya 18 Kamena 2016, hatashywe sitasiyo ya Polisi mu murenge wa Gikomero , mu karere ka Gasabo ikaba yarubatswe ku bufatanye bw’ubuyobozi bw’umurenge wa Gikomero n’abaturage bawo.

Umuyobozi mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, DIGP Juvenal Marizamunda ari nawe wari umushyitsi mukuru muri uwo muhango, mu ijambo yagejeje ku baturage bagera ku 2000 n’abandi bayobozi b’ibanze bari bahari, yavuze ko, ibi ari ibyiza biva ku bufatanye bwa Polisi n’abaturage ndetse n’izindi nzego.

DIGP Marizamunda yagize ati:”Ibi byose rero ntibyizanye ahubwo ni ku bw’ubuyobozi bwiza bw’igihugu burangajwe imbere n’umukuru w’igihugu cyacu, Nyakubahwa Paul Kagame, mu murongo aduha wo kwishakamo ibisubizo, nta kabuza n’ibitari ibi bizagerwaho dufatanyije.”

Yakomeje agira ati:” Mu izina rya Polisi y’u Rwanda kandi, turashima abaturage nk’abafatanyabikorwa bacu ba mbere kuri byinshi byagezweho dufatanyije, nibyo byabashishije Polisi y’u Rwanda kuba rumwe mu nzego zituma u Rwanda ruba mu bihugu bike bitekanye ku isi, ni ikintu twese dukwiye kwishimira.”

Umuyobozi w’akarere ka Gasabo wungirije ushinzwe ubukungu, Raymond Chretien Mberabahizi mu ijambo rye, yashimye Polisi y’u Rwanda ku buryo yafashije akarere ka Gasabo mu rwego rwo guha abaturage umutekano no kubaha ubukangurambaga butuma bawugira uwabo.
Yagize ati:”Mu minsi mike ishize, aka karere kagizwe n’imirenge 15, kari gafite sitasiyo za Polisi eshatu zonyine, kandi kangana na 58,2% by’umujyi wa Kigali, ibyaha byari byinshi, turashimira cyane ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda, kuko ubu ibyaha byagabanutse cyane.”

Mberabahizi yagereranyije Polisi mu karere abereye umuyobozi nk’amaraso atembera mu mubiri kubera akamaro ibafitiye, aho yavuze ko ku italiki 3Kamena, akarere kemeje ko mu mpera z’umwaka wa 2017, buri murenge wa Gasabo uzaba ufite inyubako ya sitasiyo ya Polisi ifite n’amacumbi y’abapolisi arimo n’ibikoresho by’ibanze by’ubuzima bwa buri munsi harimo murandasi, n’ibindi.

Yaboneyeho kandi gusaba abaturage ayoboye gukorana bya hafi na Polisi batayishisha kuko aribo ihabereye, akaba yagize ati:” Aya mahirwe mufite yo kugira abapolisi hafi yanyu ntimuyapfushe ubusa, ntimukabagane ari uko mufite ibibazo gusa kuko ari n’abajyanama banyu.”
Yarangije avuga ko ubushake bwo gufatanya buhari ku mpande zombi kandi ko bukwiye gukomeza kuko ibivamo bifitiye akamaro abaturage.

Sitasiyo yatashywe igizwe n’ibiro by’umuyobozi wayo, iby’umugenzacyaha, iby’uwakira ibibazo by’abakorewe ihohoterwa(anti-GBV office), ibyumba bibiri byakira abafungwa b’ibitsina byombi, icyumba cy’ubuhuzabikorwa by’inzego z’umutekano zikorera mu murenge(operation and control room), ari naho hareberwa amashusho ava ku ngenzuramashusho(control camera) enye ziri kuri iyo nyubako, ikaba kandi irimo ibikoresho by’ibanze birimo mudasobwa , intebe n’ameza n’ibindi,….byose bifite agaciro ka miliyoni 9,800 000 z’amafaranga y’u Rwanda.

-3015.jpg

Uyu muhango kandi witabiriwe n’umuyobozi w’inkeragutabara mu Mujyi wa Kigali , Brig.General R.Gacinya , umuyobozi w’ubugenzacyaha muri Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissionner of Police(ACP) Theos Badege, umuyobozi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, ACP Felix Bahizi Rutagerura n’abandi.

RNP

2016-06-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

DR MUKANKOMEJE, GEN IBINGIRA NA DR BIRUTA BARI KUREBA UKO KIVU IBUNGABUNZWE

DR MUKANKOMEJE, GEN IBINGIRA NA DR BIRUTA BARI KUREBA UKO KIVU IBUNGABUNZWE

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Kigali: Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bwatangiye  gushyirwa mu bikorwa

Kigali: Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bwatangiye gushyirwa mu bikorwa

Ubwanditsi 12 Aug 2016
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ngo yaba yarabaswe n’indwara y’ikinyoma. Kumubarizaho ukuri ngo ni ukubariza amata ku kimasa!!

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ngo yaba yarabaswe n’indwara y’ikinyoma. Kumubarizaho ukuri ngo ni ukubariza amata ku kimasa!!

Ubwanditsi 18 May 2021
Gatera wa BK  agiye  kuyobora Crystal Ventures Ltd

Gatera wa BK agiye kuyobora Crystal Ventures Ltd

Ubwanditsi 10 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Iterabwoba n’umutekano muke byatumye Meddy na Bruce Melody basubika ibitaramo i Bujumbura
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Iterabwoba n’umutekano muke byatumye Meddy na Bruce Melody basubika ibitaramo i Bujumbura

Ubwanditsi 27 Dec 2018
Uganda: Umukobwa yatabawe yari amaze igihe kirekire akorerwa iyicarubozo na nyirabuja
Mu Mahanga

Uganda: Umukobwa yatabawe yari amaze igihe kirekire akorerwa iyicarubozo na nyirabuja

Ubwanditsi 05 May 2018
Ibinyoma bitagira epfo na ruguru bya police y’u Burundi ku Rwanda bizagarukira he?
INKURU NYAMUKURU

Ibinyoma bitagira epfo na ruguru bya police y’u Burundi ku Rwanda bizagarukira he?

Ubwanditsi 16 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru