• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Muhanga: Afungiwe kwiyita umupolisi akambura abantu

Muhanga: Afungiwe kwiyita umupolisi akambura abantu

Editorial 27 Jun 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda mu karere ka Muhanga ifungiye kuri Sitasiyo ya Nyamabuye umugabo witwa Mutsindashyaka Jean Damascene kubera ubwambuzi bushukana bw’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 80, iki cyaha akaba yaragikoze yiyita Umupolisi w’u Rwanda.

Umuyobozi wa Polisi muri aka karere , Chief Inspector of Police (CIP) John Bosco Karega yavuze ko amakuru y’ubwo bwabuzi bushukana yatanzwe n’uwo yatse ayo mafaranga witwa Ingabire Claudine amubeshya ko azamushakira akazi mu mushinga w’uburobyi bw’amafi (Kivu Fishing Project), uyu mushinga ukaba ari baringa kubera ko utabaho mu karere ka Muhanga.

CIP Karega yavuze ko Mutsindashyaka, ufite imyaka 28 y’amavuko, yafatiwe mu kagari ka Gahogo, ho mu murenge wa Nyamabuye ku itariki 25 Kamena ahagana saa tatu za mu gitondo.

Asobanura uko yafashwe, CIP Karega yagize ati:”Ku munsi yafashweho, Mutsindashyaka yabwiye Ingabire ko ari umupolisi w’u Rwanda kandi ko aziranye n’abayobozi batandukanye bo mu karere ka Muhanga ku buryo ashobora kumushakira akazi muri uwo mushinga wa baringa. Ingabire yagize amakenga, maze abaza abandi niba koko uwo mushinga ubaho.Yaje kumenya ko utabaho, maze ahita abimenyesha Polisi y’u Rwanda.”

CIP Karega yongeyeho ko basatse mu nzu ya Mutsindashyaka maze basangamo ibyangombwa by’ibyiganano by’uwo mushinga utabaho, fotokopi esheshatu z’ibyemezo by’amashuri by’abantu batandukanye n’amafoto magufi ane ya bamwe muri bo.

Mu butumwa bwe, CIP Karega yagize ati:” Umupolisi w’u Rwanda agira ibimuranga birimo ikarita y’akazi n’impuzankano. Ikindi kandi Polisi y’u Rwanda ntishakira abantu imirimo. Abantu bakwiye kuba maso kuko abatekamutwe nk’aba barahari. Uzababona cyangwa akamenya amakuru y’ibikorwa nk’ibi by’ubwambuzi bushukana azabimenyeshe Polisi y’u Rwanda n’inzego zibishinzwe.”

-3066.jpg

Nahamwa n’icyaha, Mutsindashyaka azahanishwa igifungo kuva ku myaka itatu (3) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva kuri miliyoni eshatu (3.000.000) kugeza kuri miliyoni eshanu (5.000.000) nk’uko biteganywa n’ingingo ya 318 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

RNP

2016-06-27
Editorial

IZINDI NKURU

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Editorial 03 Aug 2019
APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

Editorial 30 Apr 2024
Intara y’Iburasirazuba: Abaturage basabwe gufatanya kurwanya ubujura bw’amatungo

Intara y’Iburasirazuba: Abaturage basabwe gufatanya kurwanya ubujura bw’amatungo

Editorial 26 Aug 2016
Abaturarwanda barasabwa kuzizihiza iminsi mikuru isoza umwaka mu mutekano usesuye

Abaturarwanda barasabwa kuzizihiza iminsi mikuru isoza umwaka mu mutekano usesuye

Editorial 25 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inama y’amateka hagati ya Trump na Kim igiye kubera muri Singapore
POLITIKI

Inama y’amateka hagati ya Trump na Kim igiye kubera muri Singapore

Editorial 11 May 2018
Mukura VS yasinyishije Zapata Rodolfo Antonio nk’umutoza mukuru akazungirizwa na Mateso Jean De Dieu watwaye igikombe cy’Amahoro ari kumwe na AS Kigali
Amakuru

Mukura VS yasinyishije Zapata Rodolfo Antonio nk’umutoza mukuru akazungirizwa na Mateso Jean De Dieu watwaye igikombe cy’Amahoro ari kumwe na AS Kigali

Editorial 26 Mar 2021
Name Change Request
KWAMAMAZA

Name Change Request

Editorial 09 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru