• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Impamvu zigera kuri 5 zitumye Dr. Binagwaho Agnes yirukanwa igitaraganya muri Guverinoma

Impamvu zigera kuri 5 zitumye Dr. Binagwaho Agnes yirukanwa igitaraganya muri Guverinoma

Ubwanditsi 15 Jul 2016 Mu Mahanga

Inkuru yiriwe icicikana kumbuga nkoranyambaga niya Dr. Agnes Binagwaho wari Minisitiri w’Ubuzima wavanywe kuri uyu mwanya na Perezida wa Repubulika nkuko bigaragazwa n’Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi.

Ikinyamakuru Rushyashya kimaze gukora Itihoza ku mpamvu zatumye Dr. Binagwaho yirukanwa shishi itabona muri Guvarinoma.

Icyambere: Ibyemezo birimo guhubuka no guhutaza Abaganga, Abaforomo n’Abaforomokazi, byagiye bigira ingaruka zikomeye kubuzima bw’Abanyarwanda , kuburyo iri toteza ry’Abaganga ryatumye abenshi begura bava mu bitaro bya Leta bajya gushaka akazi mu by’abikorera ku giti cyabo, abandi bajya gukora mu bihugu duturanye.

Icya kabiri : Ishyirwa mu bikorwa rya Politiki y’Igihugu y’Ubuzima ivugwa mu magambo gusa, aho byatumye ingamba ku kurwanya no guhashya indwara z’ibyorezo nka Mararia zongera ubukana no koreka imbaga buri munsi.

Aho usanga abaturage benshi barwariye mungo zabo kubera ubukangurambaga bubi bw’itangwa rya Mutuel de Sante, bwasubiye inyuma muri iyi myaka, kuburyo usanga mu bigo nderabuzima ndetse n’ibitaro bikuru bya Leta hirya no hino mu gihugu igitanda kimwe gisaranganywa n’abarwayi barenga bane ! abandi bagandagaje kumbaraza no muri za corridor z’ibyumba ndetse no hanze mugihe kandi n’itangwa ry’imiti n’inzitiramibu bivugwamo magendu.

Icya gatatu: Inyerezwa ry’umutungo wa Leta rikabije ryagaragaye mu bitabo by’ugenzuzi bukuru bw’imari ya Leta (Office of the Auditor General) hirya no hino mu bitaro bya Leta no mu mishinga ishamikiye kuri Minisiteri y’Ubuzima.

Icya kane : Imyenda y’umurengera ifitiwe ibitaro byinshi bya Leta yo mu rwego rwa Mutuel, Minisante itarishyura na n’uyu munsi nabyo bikaba byarabaye intandaro y’amikoro make , imikorere idahwitse n’ibura ry’imiti hirya no hino mubitaro bya Leta, ibi bikaviramo abaganga gutanga Service mbi mu rwego rw’ubuvuzi , kuburyo abaturage bamaze kuzinukwa ubuvuzi bwa Leta.

Icya gatanu : Itumizwa ryo hanze y’igihugu ibintu binyuranye birimo imiti n’ibindi bikoresho byo mu rwego rw’ubuzima, aho bimwe biba bitujuje ubuzira nenge , ibindi bigatera agaciro mu bubiko ntibikoreshwe icyo byatumirijwe . Ibyo byose bikaba bituruka ku mikorere mibi no kunyungu za bamwe baba bashaka gukuramo ayabo batitaye kubuzima bw’abantu.

-3273.jpg

Dr. Binagwaho Agnes

Bikaba bivugwa ko Dr. Binagwaho Agnes , ashobora no gukurikiranwa n’ubutabera mugihe inzego z’iperereza zaba zimaze kugaragaza ko habaye kunyereza ibya Leta kubushake nkuko bigaragara mu maraporo atandukanye yagiye ava mu Nteko ishinga amategeko no kwa Auditor Genera, kuko Dr. Binagwaho atigeze narimwe abasha gutanga ibisobanuro byumvikana yagiye abazwa nizo nzego za Leta.

Tuzakomeza kubakurikiranira iby’iyi nkuru…

Cyiza Davidson

2016-07-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kenya: Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo cya burundu ahamijwe ubwicanyi

Kenya: Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo cya burundu ahamijwe ubwicanyi

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Jenoside yakorewe Abatutsi ntiyabaye ku bw’impanuka, ahubwo yari imaze igihe kinini itegurwa. Dutewe ikimwaro n’uko ntacyo twakoze ngo tuyikumire”-Antonio Guterres,

Jenoside yakorewe Abatutsi ntiyabaye ku bw’impanuka, ahubwo yari imaze igihe kinini itegurwa. Dutewe ikimwaro n’uko ntacyo twakoze ngo tuyikumire”-Antonio Guterres,

Ubwanditsi 17 Apr 2023
Moto yibwe mu karere ka Bugesera yafatanywe umugabo muri Gakenke

Moto yibwe mu karere ka Bugesera yafatanywe umugabo muri Gakenke

Ubwanditsi 20 Feb 2017
Umugande wakekwagaho kwica murumuna we agahungira mu Rwanda yasubijwe iwabo

Umugande wakekwagaho kwica murumuna we agahungira mu Rwanda yasubijwe iwabo

Ubwanditsi 16 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

” Ntabwo Museveni yahakana ko yafashe Ubuganda, adafite ubufasha bwa Habyarimana ” – Twagiramungu Faustin
INKURU NYAMUKURU

” Ntabwo Museveni yahakana ko yafashe Ubuganda, adafite ubufasha bwa Habyarimana ” – Twagiramungu Faustin

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu
Amakuru

Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Ubwanditsi 03 Apr 2023
Daddy Birori waguzwe akayabo na Al Ahly Tripoli yerekanywe ku mugaragaro
IMIKINO

Daddy Birori waguzwe akayabo na Al Ahly Tripoli yerekanywe ku mugaragaro

Ubwanditsi 09 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru