• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»EAC ntijenjekere u Burundi nk’uko AU yabikoze

EAC ntijenjekere u Burundi nk’uko AU yabikoze

Ubwanditsi 09 Aug 2016 Mu Rwanda

Igihugu cy’u Burundi kiri mu bibazo bikomeye ariko nta muntu wavuga yuko ari umwihariko wacyo kuko ibibazo ari ibintu bisanzwe haba ku gihugu cyangwa no ku muntu kugiti cye.

Ariko iyo ibibazo bibaye hagomba gushakishwa ingamba zo kubisohokamo, byaba ngombwa ukifashisha incuti n’abavandimwe. Mu Burundi hashize umwaka n’amezi ane bari mu bibazo ariko leta yaho aho gushakisha inzira zo gusohoka muri ibyo bibazo ugasanga ishakisha izo kubigumamo cyangwa kwinjira mu bindi bibazo bishya !

Imvururu mu Burundi zatangiye muri Mata umwaka ushize aho ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD, ryatangaje ko Petero Nkurunziza azaribera kandida Perezida mu matora yari ateganyijwe kuba Nyakanga muri uwo mwaka ushize. Ibi byateye imvururu, zigikomeje, kuko itegeko nshinga kimwe n’amasezerano ya Arusha atemereraga Nkurunziza kwiyamamariza manda ya gatatu.

Ibi byatumye abantu batari bake bicwa ku mpamvu za politike naho abasaga ibihumbi 300 batoroka igihugu. Ibintu byabaye bibi kurushaho aho hageragerejwe kudeta yapfubye.

Nkurunziza amaze gutangazwa na komisiyo y’amatora yuko ariwe watsindiye umwanya wa Perezida yararahijwe, mu muhango utaritabiriwe n’umukuru w’ikindi gihugu n’umwe habe na Jakaya Kikwete wayoboraga Tanzania kandi bari bacuditse !

Leta y’u Burundi yakomeje kwingingwa n’amahanga ngo igirane imishyikirano n’abatavuga rumwe nayo, inasabwa yuko muri icyo gihugu hakoherezwayo ingabo nyafurika zo kubungabunga umutekano ariko ntibyagira icyo bitanga.

Kubirebana n’izo ngabo zo kubungabunga umutekano nta leta y’igihugu na kimwe iba izifuza, izemera gusa ku kaburembe. Ubutegetsi bwa Nkurunziza bwatangaje yuko izo ngabo niziza ku gahato izabifata nk’aho yatewe ihite izirwanya.

Ibi byo kuzirwanya byo bigaragara yuko byari amakangato kuko u Burundi ntabwo bwarwanya amahanga gisirikare ngo buyaneshe. Icyabaye gusa n’uko umuryango w’ubumwe bwa Afurika bwikuye muri uwo mugambi wo kohereza ingabo mu Burundi.

Benshi mu bakuru b’ibi bihugu bya Afurika bazi yuko nabo bashobora gushyikirwa n’ibibazo Nkurunziza yashyikiwe nabyo kandi nabo ntabwo bifuza yuko ibyo bibazo bibashyikiye hakoherezwa ingabo z’amahanga muri ibyo bihugu byabo. Uko niko bakingiye ikibaba Perezida Nkurunziza ngo iyoherezwa ry’ingabo mu bihugu bitarimo amahoro ritaba umuco nabo bikaba byazabageraho !

-3574.jpg

Perezida Petero Nkurunzina na Daniel Kidega Perezida w’Inteko Nshingamategeko ya Afrika y’Iburasirazuba

AU yagaragaje imbaraga n’ubushake buke mu kugerageza gukemura ibibazo byo mu Burundi, EAC nayo ntizabe uko kuko u Burundi bumaze kuyibera ikibazo gikomeye. EAC yashyizeho Benjamin Mkapa ngo abe umuhuza muri ibyo bibazo by’Abarundi ariko ugasanga Bujumbura ikomeza guseta ibirenge mu bijyanye n’imishyikirano.

Uyu munsi yemera yuko izashyikirana na buri wese bwacya iti ntabwo nakwicarana n’abashatse gukora kudeta cyangwa abari bishimiye yuko iyo kudeta iba ! EAC rero ntizabe nka AU ubutegetsi bwa Nkurunziza bwanze kwitabira inama yayo ngo ni uko yabereye I Kigali igaceceka. EAC igomba kubwira u Burundi, kandi mu ijwi ryumvikana cyane iti korana natwe cyangwa utuvemo twebwe ntabwo turi AU !

Kayumba Casmiry

2016-08-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarundi bavuga yuko umuyobozi wa CNDD-FDD yataye umutwe

Abarundi bavuga yuko umuyobozi wa CNDD-FDD yataye umutwe

Ubwanditsi 31 Mar 2016
Rayon Sports yahagaritse umutoza wayo Masudi Djuma azira umusaruro muke, iyi kipe ikaba yahawe Lomami Marcel wari umwungirije

Rayon Sports yahagaritse umutoza wayo Masudi Djuma azira umusaruro muke, iyi kipe ikaba yahawe Lomami Marcel wari umwungirije

Ubwanditsi 07 Dec 2021
Kigali : Perezida Kagame arahamagarira inzego z’umutekano ku isi guhuza

Kigali : Perezida Kagame arahamagarira inzego z’umutekano ku isi guhuza

Ubwanditsi 04 Aug 2016
Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Ubwanditsi 25 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwamamazabinyoma Christine Uwizera Coleman wigize umuvugabutumwa, arihisha inyuma ya Bibiliya agamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi no gufasha imitwe y’iterabwoba mu Rwanda
Amakuru

Umwamamazabinyoma Christine Uwizera Coleman wigize umuvugabutumwa, arihisha inyuma ya Bibiliya agamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi no gufasha imitwe y’iterabwoba mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Oct 2020
U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’akarere ka gatanu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore muri Basketball.
Amakuru

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’akarere ka gatanu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore muri Basketball.

Ubwanditsi 17 Jun 2021
EAC ntijenjekere u Burundi nk’uko AU yabikoze
Mu Rwanda

EAC ntijenjekere u Burundi nk’uko AU yabikoze

Ubwanditsi 09 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru