• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda yasuye Polisi y’u Rwanda

Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda yasuye Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 09 Sep 2016 Mu Mahanga

Tariki ya 8 Nzeri 2016, Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda Takayuki Miyashita yasuye icyicaro cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, akaba yarashimishijwe cyane n’ibyo Polisi y’u Rwanda imaze kugeraho, mu kwifashisha ikoranabuhanga mu kubungabunga umutekano no kwirinda ibyawuhungabanya.

Ambasaderi Takayuki yakiriwe n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) Emmanuel K. Gasana, ndetse banagirana ibiganiro. Yanasuye kandi ahakorera agashami gashinzwe gukurikirana no kumenya ibyaha byifashisha ikoranabuhanga, kakaba harubatswe ku nkunga ya Leta y’Ubuyapani.

Ambasaderi Takayuki yavuze ko u Rwanda rugaragaza uruhare rukomeye mu gukoresha ikoranabuhanga n’itumanaho mu bikorwa byinshi, anavuga ko hanashobora no kubaho imbogamizi ndetse n’ingorane ku mutekano kubera iryo koranabuhana.

Yagize ati:” Nka Ambasaderi mushya w’Ubuyapani mu Rwanda, nshimishijwe no gusura Polisi y’u Rwanda, ariko by’umwihariko naje hano gushimira Polisi y’u Rwanda kuba aho aka gashami gakorera harubatswe neza hakarangira, ubu hakaba hakora neza. Mwakoresheje neza inkunga Abayapani babahaye”.

Yakomeje avuga ko u Rwanda rukoresha ikoranabuhanga n’itumanaho mu mirimo itandukanye no mu iterambere. Yongeyeho ko kugira ngo ikoranabuhanga n’iterambere bigerweho neza hakenewe gufata ingamba zihamye ku birebana n’umutekano w’iryo koranabuhanga. Yavuze ko ako gashami kazagirira akamaro kanini u Rwanda.

Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda yavuze ko inkunga yabo mu bijyanye n’ikoranabuhanga ndetse n’ihererekanyamakuru izakomeza, ariko by’umwihariko ibijyanye no gucunga umutekano hifashishije ikoranabuhanga.

Yagize ati:” twasanze aka gashami gakeneye ibindi bikoresho kugira ngo gakore neza,niyo mpamvu uyu munsi ngomba gusinya andi masezerano na Minisiteri y’Imari arebana no guha ibindi bikoresho aka gashami kugira ngo karusheho gukora neza akazi”.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana yavuze ko ibyaha byifashisha ikoranauhanga ari ikibazo gikomeye ndetse kigenda kiyongera. Yongeyeho ko nta gushidikanya ko aka gashami kazafasha mu bijyanye n’iperereza ry’ibyaha byifashisha ikoranabuhanga hashingiwe ku bimenyetso by’ikoranabuhanga byabonetse.

Kurwanya no gukumira ibyaha hifashishijwe ikoranabuhanga biri mu byo Polisi y’u Rwanda yashyize imbere.

Mu cyumweru gishize, Polisi y’u Rwanda yakiriye umwitozo- shusho wo ku rwego rwo hejuru ku kurwanya no gukumira ibyaha byifashisha ikoranabuhanga, hasuzumiwemo uburyo ibihugu byafatanya mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka no gukora iperereza ry’ibyaha.

Uyu mwitozo wabaye mu gihe cy’inama ya 18 y’abayobozi ba Polisi bo mu bihugu byo muri aka karere bagize Umuryango w’ubufatanye mu kurwanya ibyaha (Eastern Africa Police Chiefs Cooperation Organization – EAPCO), no gushyira ibuye ry’ifatizo ahazubakwa ikigo cy’ikitegererezo mu karere kizaba gishinzwe kurwanya ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga kizubakwa ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Iki kigo kizakoramo impuguke mu nzego zitandukanye kandi zivuye mu bihugu bitandukanye, kikazaba gifite za laboratwari n’ubundi bushobozi buhagije mu gutanga ubumenyi no gukora iperereza ry’ibyaha.

-4015.jpg

RNP

2016-09-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi iraburira ababyeyi n’amashuri nyuma y’uburangare bukabije bugaragara ku batwara abana babo

Polisi iraburira ababyeyi n’amashuri nyuma y’uburangare bukabije bugaragara ku batwara abana babo

Ubwanditsi 15 Jun 2016
Perezida Museveni yikomye abaturage bamara igihe kinini mu masengesho aho kukimara bakora

Perezida Museveni yikomye abaturage bamara igihe kinini mu masengesho aho kukimara bakora

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Bidatunguranye, Ingabire Victoire n’amashumi ye bashyigikiye umugome Charles Onana.

Bidatunguranye, Ingabire Victoire n’amashumi ye bashyigikiye umugome Charles Onana.

Ubwanditsi 03 Oct 2024
Impinduka mu gisirikare cya Uganda

Impinduka mu gisirikare cya Uganda

Ubwanditsi 11 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Leta yatanze isoko kuri  kompanyi CVMR Energy Minerals Incorporation nta piganwa
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Leta yatanze isoko kuri kompanyi CVMR Energy Minerals Incorporation nta piganwa

Ubwanditsi 21 Nov 2017
Rudasingwa yateje ubwega ko ibibazo afite yabitewe na Kayumba
INKURU NYAMUKURU

Rudasingwa yateje ubwega ko ibibazo afite yabitewe na Kayumba

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Umujyi wa Kigali watangiye  gusenya  Hoteli Top Tower [ AMAFOTO ]
Mu Rwanda

Umujyi wa Kigali watangiye gusenya Hoteli Top Tower [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 12 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru