• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uburyo 10 bwo gukunda igihugu cyawe

Uburyo 10 bwo gukunda igihugu cyawe

Ubwanditsi 21 Sep 2016 Mu Mahanga

Urukundo ni ikintu gikomeye, cyiza, kivugwa kandi buri muntu agira kabone niyo yaba ari mubi bikabije kuko na Satani agira ibyo akunda. Ikibazo ni ukumenya urukundo rwiza n’urukundo rubi noneho imfura n’abanyabwenge bagakunda kandi bagakora ibyiza. Gukunda igihugu nabyo si ugupfa gukora uko umuntu yishakiye, hari uburyo n’inzira icumi bikorwamo. Dore izo arizo n’uko umuntu azinyuramo no kuzifatamo neza:

Gutunga indangamuntu

Iyo abapolisi cyangwa abashinzwe umutekano haba mu gihugu cyangwa hanze bakubajije bati “Zana ikikuranga cyangwa icyangombwa”, nkuko bamwe bakita usibye ko ntemera iyo mvugo, ukuramo indangamuntu ukayerekana ukumva unezerewe kandi wemye, ibyo bikagaragaza ko uri Umunyarwanda cyangwa umunyagihugu runaka. Ibi bigaragara niyo ugiye ahantu mu mahanga, iyo Atari indangamuntu iba ari pasiporo usibye ko nayo ari indangamuntu. Iyo muri ku mupaka buri wese aba afashe iyerekana igihugu cye, ibyo ni ugukunda igihugu.

Ubundi buryo bwo gukunda igihugu cyawe ni ugukunda abo mu muryango, abo muturanye mu mudugudu n’abanyagihugu muri rusange, mbese gukunda abanyarwanda utitaye cyane kubyo mupfa nibyo mupfana kuko n’ubundi abantu bapfa ibyo basangiye. Iyo umuntu atangiye kureba ngo asenga yunamye cyangwa yambaye ingofero cyangwa abyina n’ubundi buryo bwo gusenga akabigiramo ikibazo aba adakunda igihugu cye. Iyo umuntu atangiye kuvuga ngo iyi ni siporo y’abakire nk’umumotari uherutse kubimbwira antwaye ku cyumweru gishize, aba adakunda igihugu cye. Nizere ko ibyo namwigishije yabyumvise.

Icya gatatu ni ukwiga, kumenya no kwita ku rurimi rw’abanyagihugu, aha ni ukuvuga “Ikinyarwanda” ukacyishimira bitabujije ko wakwiga n’izindi ndimi nk’Igiswahili nk’uko umwanditsi w’iyi nkuru Prof. MALONGA Pacifique yakitangiye kucyigisha no kugiteza imbere.

Icya kane ni ugukunda no guteza imbere umuco, imbyino n’indirimbo nyarwanda. Ibi bivuga kutabirutisha ibyaduka cyangwa ibyo hanze. Natashye ubukwe mbona umugeni abyinnye igishakamba neza nuko yikuza akabyino nyarwanda numva koko akunda igihugu cy’u Rwanda. Umugabo cyangwa umusore w’umunyarwanda ukunda uRwanda ajye yiga ibyivugo byibura agire ati “Ndi rutamira mushogoro rwa ntamushobora, umugabo utagira urugo ntarwanira intebe”.

Icyindi ni ugukunda imitekere cyangwa ibiryo n’ibinyobwa by’u Rwanda n’ikinyarwanda. Ibi ni uburyo bwo gukunda igihugu cyane cyane ko bituma duhinga, tukorora tugateza imbere iby’iwacu kandi ndakurahiye bituma ubuzima n’amagara y’abakoresha indyo n’ibinyobwa nyarwanda baramba.

Icya gatandatu ni ugukunda itegeko nshinga no kuryubahiriza. Iyo umunyarwanda avuga ngo akunda u Rwanda atazi, adakunda itegeko nshinga burya aba ari umubeshyi nubwo yaba adashaka kubeshya kandi haba harimo n’ubuswa, kuko n’intambwe n’uburyo bwo gukunda no kurinda igihugu cyawe.

Uburyo bwa karindwi ni ugukunda abaguhagarariye mu buyobozi, ni ukuvuga abakuyobora bakurikiza kandi bashaka icyaguteza imbere. Aha umuntu ukunda igihugu cye ntabwo apfa gutora nk’umuhango cyangwa yikiza ahubwo umuntu ukunda igihugu cye agomba gutora umunyabwenge kugira ngo atayoborwa n’impumyi kuko hagira aho imugeza cyangwa ngo igire aho igeza igihugu. Injiji, igisambo, igisahiranda, umugome ntaho yageza abe cyangwa abo ayobora n’abamuyobora bamugiraho ibibazo bikomeye.

Kuri iyi ngingo ya karindwi nanjye nawe twubahe kandi dushime Perezida Paul KAGAME kubera yatweretse ko ari indashyikirwa mu buyobozi, tuzamutore twongere tumutore mu rwego rwo gukunda igihugu cyacu cy’u Rwanda.

Uburyo bwa munani bwo gukunda u Rwanda, ni ugutanga imisoro n’amahoro. Ntaburyo wakunda igihugu cyawe utifuza imihanda, amazi, amashanyarazi, utifuza ko abakozi bahembwa. Ibyo byose kugira ngo bikorwe ni uko umuntu wese ukunda igihugu atanga imisoro n’amahoro. Abanyarwanda babeshya imisoro n’amahoro burya iyo bavuze ngo bakunda u Rwanda baba babeshye, kuko nk’umwana w’Umutambyi iyo batanga amaturo n’ikigiracumi mu nsengero ariko ntibatange imisoro n’amahoro baba bakora ubusa badakunda n’u Rwanda kuko Bibiliya iravuga iti “Iby’Uwiteka mubihe Uwiteka, ibya Kayizari mubihe Kayizari”.

Aha ni byiza ko abantu baba abagena imisoro, baba n’abayitanga birinde kuvanga iby’Uwiteka, ibya Kayizari n’ibitunga abana. Sinatinya no kuvuga ko nanjye hari ibyo nkwiye, bazabimpe mu rwego rwo gukunda igihugu.

Uburyo bwa cyenda bwo gukunda u Rwanda nk’umunyarwanda, ni ukuba umuntu ushishoza, ukita ku bibazo, imbogamizi, ibizazane no kutita kubitandukanya abanyarwanda ahubwo umuntu akita kubibahuza kuko abahuje n’abashyize hamwe Imana irabasanga. Nongere nti “Nubundi burya nta muntu umeze nk’undi ahubwo bose bahuzwa no kwegerana ni uko gukunda Rurema, no gukunda u Rwanda, igihugu cyawe.

Uburyo bwa cumi ni ukurinda umutekano w’igihugu cyawe ukoresheje uburyo ushoboye ubwo aribwo bwose. Jyewe nzakoresha ikaramu. Wowe musomyi urabivugaho iki?

“Prof. MALONGA ati ngibyo bisome ugire icyo wibwira”

-4116.jpg


Prof. Pacifique MALONGA
Umwanditsi akaba n’Umunyamakuru wigenga

2016-09-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Kaboneka arahamagarira urubyiruko kwiminjiramo agafu mu kurwanya ibyaha

Minisitiri Kaboneka arahamagarira urubyiruko kwiminjiramo agafu mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 17 Sep 2016
Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Ubwanditsi 14 Oct 2016
Icyo urubyiruko rwakwitaho ngo amatora azagende neza

Icyo urubyiruko rwakwitaho ngo amatora azagende neza

Ubwanditsi 06 Jan 2017
Ikibazo cy’abana bo mu mihanda cyagarutsweho mu mwiherero i Gabiro

Ikibazo cy’abana bo mu mihanda cyagarutsweho mu mwiherero i Gabiro

Ubwanditsi 15 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Visit Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’amakipe ya LA Clippers na Los Angeles Rams zo muri Amerika
Amakuru

Visit Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’amakipe ya LA Clippers na Los Angeles Rams zo muri Amerika

Ubwanditsi 29 Sep 2025
Nyuma y’imyaka 6 adahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, rutahizamu wa Real Madrid Karim Benzema yisanze ku rutonde rw’abakinnyi 26 bitegura Euro 2020.
Amakuru

Nyuma y’imyaka 6 adahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, rutahizamu wa Real Madrid Karim Benzema yisanze ku rutonde rw’abakinnyi 26 bitegura Euro 2020.

Ubwanditsi 19 May 2021
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Kigali Convention Center
Mu Mahanga

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Kigali Convention Center

Ubwanditsi 08 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru