• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Bwongereza: Minisitiri Wharton yatangariye u Rwanda, ati ‘inkunga ruterwa ntipfa ubusa

U Bwongereza: Minisitiri Wharton yatangariye u Rwanda, ati ‘inkunga ruterwa ntipfa ubusa

Ubwanditsi 30 Sep 2016 Mu Mahanga

Minisitiri w’Iterambere Mpuzamahanga w’u Bwongereza, James Wharton, uvuye mu ruzinduko rwe rwa mbere mu Rwanda, yatangaje ko yatunguwe n’uburyo yasanze igihugu cyarateye imbere.

Mu itangazo yashyize ahagaragara yavuze ko yiboneye uburyo inkunga u Bwongereza bwateye u Rwanda yavanye abatishoboye mu bukene binyuze muri gahunda ya Vision Umurenge (VUP).

Minisitiri Wharton yonengeyeho ko yanasuye Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro akabona ukuntu ikoranabuhanga ryagabanyije igiciro cy’ibicuruzwa rikazamura imisoro.

Ati” Nasanze u Rwanda rwarateye imbere bitangaje mu myaka 20 ishize. Ntewe ishema no kuba u Bwongereza bwarateye inkunga u Rwanda muri urwo rugendo, none abantu basaga miliyoni 1.5 bakaba baravuye mu bukene. Birashimishije kubona ukuntu ubufatanye twashinze bukomeye.

“ Igihugu cyacu cyiyemeje gukomeza gutanga inkunga kigenera u Rwanda kuko : Ifasha mu guhangana n’ubukene, kuzamura ubukungu, gushyigikira ishoramari no guhanga imirimo, biryo uburumbuke bukiyongera, u Rwanda rugashobora kwifasha. Ni na ngombwa ko dushora imari mu mahoro n’umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari kuko ari intego u Rwanda n’u Bwongereza bihuriyeho.”

Mu ruzinduko rwe mu Rwanda, Minisitiri Wharton yaganiriye n’uw’Imari n’Igenamigambi, Claver Gatete hamwe n’uw’Uburezi, Dr Papias Musafili, ku guhangana n’ubukene, kugeza uburezi kuri bose, kuzamura ubukungu n’ishoramari. Yanasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi.

-4204.jpg

Amb Claver Gatete

-4205.jpg

Dr Musafili Papias, Minisitiri w’Uburezi

Mu myaka itanu ishize u Bwongereza rwafashije u Rwanda mu kuvugurura politiki y’ubutaka, gufasha abana 354 000 kwiga amashuri abanza. Gutuma abaturage 355,000 batangira kugana amabanki no guhangira imirimo abakabakaba 400 000 batishoboye kurusha abandi.

Iki gihugu kandi giherutse kurekura miliyari 24 z’amafaranga y’u Rwanda agamije gushakira abahinzi bo mu Rwanda isoko muri gahunda yitwa IMSAR.

-4202.jpg

Umuyobozi wa RRA asobanurira Wharton uko ikoranabuhanga riterwa inkunga n’u Bwongereza rikomeje kuzamura imisoro

Source : Imvaho

2016-09-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye

Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye

Ubwanditsi 21 Feb 2023
Impamvu zitandukanye zigaragaza ko intambara Museveni na Kayumba bifuriza u Rwanda itazagerwaho

Impamvu zitandukanye zigaragaza ko intambara Museveni na Kayumba bifuriza u Rwanda itazagerwaho

Ubwanditsi 13 May 2021
Icyatumye Ingabo z’u Burundi zerekwa umuryango mu gihugu cya Somalia

Icyatumye Ingabo z’u Burundi zerekwa umuryango mu gihugu cya Somalia

Ubwanditsi 04 Jan 2025
Uruhuri rw’ingabo z’amahanga muri Kongo si igisubizo,ahubwo rwongereye ibibembe mu binyoro

Uruhuri rw’ingabo z’amahanga muri Kongo si igisubizo,ahubwo rwongereye ibibembe mu binyoro

Ubwanditsi 14 Mar 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyamamare muri Jazz Somi yakoze igitaramo cyitabiriwe na Madame Jeannette Kagame
SHOWBIZ

Icyamamare muri Jazz Somi yakoze igitaramo cyitabiriwe na Madame Jeannette Kagame

Ubwanditsi 14 Feb 2018
Maroc yanyagiye Nigeria, yegukana CHAN 2018
IMIKINO

Maroc yanyagiye Nigeria, yegukana CHAN 2018

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Amakipe 4 yo mu Bwongereza azakina 1/8 cya UEFA Champions League, Barcelona na Juventus zisanze muri Europa League
Amakuru

Amakipe 4 yo mu Bwongereza azakina 1/8 cya UEFA Champions League, Barcelona na Juventus zisanze muri Europa League

Ubwanditsi 03 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru