• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abapolisi b’u Rwanda 280 bagiye kwerekeza mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika

Abapolisi b’u Rwanda 280 bagiye kwerekeza mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika

Ubwanditsi 20 Oct 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwada wungirije ushinzwe ibikorwa bya Polisi (DIGP) Dan Munyuza ejo kuwa gatatu yasabye abapolisi b’u Rwanda 280 bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika, guhora buri gihe barangwa n’ubunyamwuga bwo ku rwego rwo hejuru mu gihe bari mu kazi kabo.

Aba bapolisi 280 bazasimbura mu gihe cya vuba bagenzi babo basanzwe bari muri Centrafrika, bakaba bari mu matsinda abiri; buri ryose rigizwe n’abapolisi 140. Rimwe rishinzwe kubungabunga umutekano mu buryo bwo gucunga ibigo, ibikoresho no gufasha Polisi ya Centrafrika mu kazi kabo gahoraho, mu gihe irindi tsinda ryo rishinzwe kurinda abayobozi gusa.

Aba bapolisi biteganyijwe ko bazajya muri Centrafrika tariki ya 21 Ukwakira.

Mu mpanuro yabahaye, DIGP Dan Munyuza yagize ati:”ubumenyi mwahawe mu gihe cy’imyiteguro y’ubu butumwa bw’amahoro mugomba kuzabukoresha neza. Inshingano ndetse n’ibyo uri mu butumwa bw’amahoro asabwa gukora, kugeza ubu murabizi neza kandi muzi icyo mutegerejweho. Muharanire kuzashyira mu bikorwa ibyo mwahuguriwe”.

Yakomeje abasaba kuzakomeza kurangwa n’imyitwarire myiza nk’iyabaranze mu gihe cy’imyiteguro y’ubu butumwa, abibutsa ko bazaba bahagarariye u Rwanda, bityo ko bagomba guharanira ishema ry’igihugu bakora neza akazi kabo.

Yagize ati:” igihugu cyanyu ndetse na Polisi y’u Rwanda babafitiye icyizere. Mwibuke ko imyitwarire yanyu n’ubunyamwuga aribyo bizagaragaza isura n’indangagaciro z’abanyarwanda. Muzaharanire kuzakora neza akazi no guharanira iri shema kugera murangije akazi kanyu”.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe ibikorwa, yakomeje kandi abibutsa ko abanyarwanda bajya mu butumwa bwo kubungabunga amahoro hirya no hino ku isi bazwiho kugira ubunyamwuga mu kazi kabo, kugira imyitwarire myiza, gukorera hamwe nk’ikipe no guhora biteguye, bityo nabo abasaba kuzaharanira aka gaciro keza igihugu cyacu gifite mu ruhando mpuzamahanga.

DIGP Munyuza yakomeje kandi asaba buri wese kubaha mugenzi we ndetse bagakora cyane kuko ari bimwe mu bizabafasha kuzuza neza inshingano zabo.

Aba bapolisi biteguye kujya mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika harimo ab’igitsinagore 32.

-4446.jpg

Kugeza ubu, Polisi y’u Rwanda ifite abapolisi bagera ku gihumbi mu butumwa bwo kubungabunga amahoro hirya no hino ku isi.

RNP

2016-10-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gasabo: Abaturage ba Gisozi biyubakiye Sitasiyo ya Polisi

Gasabo: Abaturage ba Gisozi biyubakiye Sitasiyo ya Polisi

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda

Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda

Ubwanditsi 19 Apr 2019
APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri

APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri

RUSHYASHYA 01 Aug 2026
Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Ubwanditsi 30 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police FC yatsinze APR FC 2-1, ubwo bakinaga umukino wa gicuti hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026
Amakuru

Police FC yatsinze APR FC 2-1, ubwo bakinaga umukino wa gicuti hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026

Ubwanditsi 04 Aug 2025
Umuryango w’Abavoka batagira Umupaka wahagaritse ibikorwa byawo mu Burundi
POLITIKI

Umuryango w’Abavoka batagira Umupaka wahagaritse ibikorwa byawo mu Burundi

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Museveni yiyitiriye urugamba rw’Inkotanyi  rwabohoye u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Museveni yiyitiriye urugamba rw’Inkotanyi rwabohoye u Rwanda

Ubwanditsi 25 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru