• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»‘Imana y’ I Rwanda mu Buhinde’-Prof. MALONGA Pacifique

‘Imana y’ I Rwanda mu Buhinde’-Prof. MALONGA Pacifique

Ubwanditsi 26 Oct 2016 Amakuru

Abanyarwanda bafite imvugo igira iti “Imana yirirwa ahandi igataha mu Rwanda”. Iyi mvugo isa kuri bamwe ndetse benshi cyane cyane urubyiruko nkaho idasobanutse cyangwa yataye agaciro. Iyi mvugo ifite ireme rikomeye nuko abagombye kuyisobanura ndetse n’iyindi migani bisaziye cyangwa bahugiye mu bindi.

Ariko reka mbibabwire!

Nibyo koko hari imvugo nyinshi n’imigani yataye agaciro, itakigana akariho ahubwo y’impitagihe, urugero:

Ababiri bishe umwe! Oya, gira uti “Ababiri bakize umwe”.

Impamba itazakugeza I Kigali uyirira ku Ruyenzi! Oya, Umunyagisaka ajya I Kigali ntiyaba akinyuze ku Ruyenzi, wenda yayirira I Nyagasambu.

Inda ibyara mweru na muhima! Oya, si uko uvugwa ahubwo ugira uti “Inda ibyara mwiru na muhima”.

Reka tugaruke ku Mana y’I Rwanda.

Ese koko Imana y’I Rwanda ibaho? Yego. Irara he se? Reka mpakubwire. Cyera abanyarwanda ntibari bazi ko hari ayandi mahanga, ayandi moko, abandi bantu, izindi ndimi; icyo batazi cyose bakitaga amahano, akaga, ikimanuka, amarozi, akateye, imizimu n’ibindi. Ababaga batuye hagati y’imisozi, mu mibande no mu bisiza nko mu Rwubika rwa Tongati n’inyuma ya Nzaratsi bati “Ni igihu cya Nyantango” n’ibindi.

Imana ikaruta imandwa ikaruta n’imanzi, abantu bakayambaza byakomeye igatabara, bakira bati “Ntiyari ihari, yari yiriwe ahandi tutayibona none iratashye iwacu I Rwanda natwe turishimye, kuko ibibazo byabaga bikomeye byabonye ibisubizo.

Aho abanyarwanda baboneye abazungu cyangwa se abafite uruhu rwera n’abandi bantu bafite uruhu rwirabura ariko batabyina nkabo, batazi umwirongi, batazi ikembe, inanga, iningiri, amahamba, ibyivugo ndetse n’ururimi bakumva si urwabo bakabita abanyamahanga, hari nabo bitaga Ibimanuka.

Amadini

Amadini aho agereye mu Rwanda rwagutse, yazanye ubundi buryo bwo kuraguza, guterekera, kubandwa ariko wareba neza ugasanga nta mana yindi bazanye kuko abenshi ntayo bari bazi, ntaniyo bari bafite ndetse ntaniyo bemeraga, n’imiti ni uko.

Imiti

Abanyamahanga bazanye imiti yabo, baca iya gakondo nubwo ikigeragezwa hamwe na hamwe. Aho abazungu batinjiye cyane mu mitekerereze nko mu Buhindi, muri Aziya nagiyeyo ndetse rwose nkorerayo ubushakashatsi kuko nasanze bamwe mu bayobozi bakuru mu Rwanda, abacuruzi, abakungu ndetse n’abagerageza kwigira no kurwana ku magara yabo; iyo byanze birukira I Nairobi, Afurika y’epfo no mu Buhindi kugira ngo barebe ko bakiza amagara yabo cyangwa ababo noneho bakajya gushakirayo ya mana y’I Rwanda.

Wari uzi ahitwa HYDERABAD, India cyangwa mu Buhindi? Aha nagezeyo nsanga hari ibitaro bikomeye byiza cyane kandi bidahenze ndetse bifite abaganga n’imiti bidahenze. Ibitaro byitwa YASHODA Hospital, bimaze kuvura abanyarwanda benshi kandi utamenya igihe bagendeye n’igihe bagarukiye.

Aha Yashoda Hospital, nagiyeyo nganira n’abantu benshi bahaza bahakiriye n’abanyeshuli benshi biga mu Buhindi bakaba barandahiye bambwira n’abanyarwanda bahaza kuhivuriza, ibikomerezwa, abaciriritse upfa kubona ikihakugeza ukaba uhuye n’icyo abo basore n’inkumi bise igitangaza n’imana y’I Rwanda mu buhindi.

Aha ntabwo nifuje kubaha amazina y’abo bantu bahaboneye umugisha, amahirwe ndetse ubuzima bwabo n’amagara yabo akagaruka nabo bakifatira indege bakigarukira I Rwanda ariko uwashaka azambaze nzamurangira ngendeye kubyo nabonye jyewe ubwanjye, ari n’ibyo nabwiwe n’abanyeshuli bahize b’inkwakuzi cyane kandi bazi kubana, nzanababwira ingero z’abahivurije bari bagiye basezeye, bihebye bakagaruka bakize ndetse n’abirataga bagakomeza kwirata ko bahuye n’Imana y’I Rwanda, cyakora ntimuzandondoze nka ya ndirimbo iti “Oya wimbaza mama . . . “

Ahasigaye ni ahanyu basomyi naho Jyewe nk’umwana w’umutambyi nzabasengera k’Uwiteka, uzanshaka azambaze.

-4484.jpg

Prof. MALONGA Pacifique
Umwana w’Umutambyi ukubutse Hyderabad, India.

2016-10-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ruswa ivuza ubuhuha mu nteko Ishinga Amategeko y’Abanyaburayi, yaba ariyo ituma bamwe mu badepite bayo bikoma u Rwanda?

Ruswa ivuza ubuhuha mu nteko Ishinga Amategeko y’Abanyaburayi, yaba ariyo ituma bamwe mu badepite bayo bikoma u Rwanda?

Ubwanditsi 12 Dec 2022
APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025

APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025

Ubwanditsi 01 May 2025
“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

Ubwanditsi 21 Dec 2024
Rayon Sports yongereye amasezerano y’umwaka umwe y’ubufatanye na Canal+

Rayon Sports yongereye amasezerano y’umwaka umwe y’ubufatanye na Canal+

Ubwanditsi 01 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo
POLITIKI

Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo

Ubwanditsi 08 Apr 2019
Amafoto yihariye y’abakobwa ba mbere binjiye muri Miss Rwanda 2018
SHOWBIZ

Amafoto yihariye y’abakobwa ba mbere binjiye muri Miss Rwanda 2018

Ubwanditsi 14 Jan 2018
Bane bo mu muryango wa Rwigara Assinapol na RNC, barashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda[ Amajwi ]
INKURU NYAMUKURU

Bane bo mu muryango wa Rwigara Assinapol na RNC, barashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda[ Amajwi ]

Ubwanditsi 08 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru