• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Guhera kuri RDR kugera kuri DALFA-Umurinzi: Impamvu Victoire Ingabire atigeze ahinduka   |   26 Jul 2025

  • Bigirimana Abedi yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports   |   26 Jul 2025

  • Biramahire Abeddy wari uherutse kongera amaseserano muri Rayon Sports agiye kwerekeza muri Entente Sportive Sétifienne yo muri Algeria   |   25 Jul 2025

  • Abagize Guverinoma y’u Rwanda batangajwe   |   24 Jul 2025

  • Dr. Justin Nsengiyumva wagizwe Minisitiri w’Intebe ni muntu ki?   |   24 Jul 2025

  • Harimo na tike ya Miliyoni 2 ku mukino Rayon Sports izahuramo na Yanga SC kuri Rayon Day   |   22 Jul 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Papa Francis yakuriye inzira ku murima abashakaga ko abagore baba abapadiri muri Kiliziya gatolika

Papa Francis yakuriye inzira ku murima abashakaga ko abagore baba abapadiri muri Kiliziya gatolika

Editorial 02 Nov 2016 ITOHOZA

Mu gihe hari ubuvugizi bukorwa ngo higwe niba abagore bakwemererwa kuba abapadiri, abantu benshi bari bategerezanije amatsiko icyo Papa Francis abivugaho ariko yakuriye inzira ku murima abafite icyo cyifuzo ndetse ngo ibi ni umwanzuro uzahoraho iteka ryose muri Kiliziya Gatolika.

Ubwo yari mu ndege ye n’abanyamakuru, Papa Francis yabajijwe n’umunyamakuru wo muri Sewede niba nta gihe kizabaho Kiliziya ikagira abapadiri b’abagore, Papa Francis asubiza ati “Mutagatifu Papa Yohani Pawulo wa II yavuze amagambo yumvikana kandi ya nyuma kuri iyi ngingo, ni uko bizahora iteka ryose”, aha yavugaga ku nyandiko yasohotse muri 1994 ivuga ko muri Kiliziya Gatolika abagore batazigera baba abapadiri.

Umunyamakuru yakomeje amubaza ati “Bizaguma bityo iteka ryose? Nta na rimwe bizashoboka?” Papa Francis amusubiza ati “Usomye neza iyo nyandiko ya Papa Yohani Pawulo wa II, biragana muri icyo kerekezo” aha akaba yarashakaga kuvuga ko ntacyo yakongera ku bikubiye muri iyo nyandiko yo muri 1994 ishimangira ko nta na rimwe mu mateka Kiliziya Gatolika izagira abapadiri b’abagore.

Ibi by’abapadiri b’abagore byakunze kugarukwaho cyane hashingiye ku magambo akunze gutangazwa na Papa Francis agaragaza ko hari abagore bagize uruhare rukomeye muri Kiliziya kurusha n’abagabo, aha twavuga nk’ibyo akunze kugarukaho by’uko nubwo intumwa za Yezu zikomeye ariko Bikira Mariya azisumbya ububasha n’ikuzo mu ijuru. Kuba Papa Francis ajya avuga ko hari abagore bagize uruhare rukomeye muri Kiliziya kurusha abagabo byatumye benshi batekereza ko yanakwemera iby’abapadiri b’abagore ariko yamaze gukurira inzira ku murima ababibonaga batyo.

Ibi byabaye nyuma y’uko Papa Francis yakiriwe n’umugore uyobora itorero ry’aba Lutherans muri Suwede, aho basinye amasezerano y’ubwiyunge n’ubufatanye (Joint Declaration) bashingiye ku kuba ngo ibihuza aya madini yombi ari byo byinshi kurusha ibiyatanya.

-4561.jpg

Papa Francis

Ibi bije kandi mu gihe Kiliziya Gatolika ifite ikibazo cy’abapadiri bagenda bagabanuka kandi ikaba yotswa igitutu n’imiryango itandukanye iyishinja ubusumbane bw’abagore n’abagabo muri Kiliziya, hakiyongeraho n’abaharanira uburenganzira bw’abatinganyi n’abihinduje ibitsina (LGBT) bashaka kwemerwa na Kiliziya ku buryo bajya banahabwa amasakramentu y’ugushyingirwa.

Source: Reuters

2016-11-02
Editorial

IZINDI NKURU

‘Amerika igomba kuza kumwanya wambere muri byose (America first) ‘ -DONALD TRUMP

‘Amerika igomba kuza kumwanya wambere muri byose (America first) ‘ -DONALD TRUMP

Editorial 25 Jan 2017
Uburiganya : Mpayimana Philippe  yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Uburiganya : Mpayimana Philippe yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Editorial 27 May 2017
Rwigemera, umwuzukuru wa Yuhi V Musinga yatabarutse

Rwigemera, umwuzukuru wa Yuhi V Musinga yatabarutse

Editorial 20 Jan 2019
RNC ikomeje guhungabanya umutekano w’u Rwanda, umugambi wo gusahura  no kumena Umurenge SACCO

RNC ikomeje guhungabanya umutekano w’u Rwanda, umugambi wo gusahura no kumena Umurenge SACCO

Editorial 26 Jul 2016
‘Amerika igomba kuza kumwanya wambere muri byose (America first) ‘ -DONALD TRUMP

‘Amerika igomba kuza kumwanya wambere muri byose (America first) ‘ -DONALD TRUMP

Editorial 25 Jan 2017
Uburiganya : Mpayimana Philippe  yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Uburiganya : Mpayimana Philippe yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Editorial 27 May 2017
Rwigemera, umwuzukuru wa Yuhi V Musinga yatabarutse

Rwigemera, umwuzukuru wa Yuhi V Musinga yatabarutse

Editorial 20 Jan 2019
RNC ikomeje guhungabanya umutekano w’u Rwanda, umugambi wo gusahura  no kumena Umurenge SACCO

RNC ikomeje guhungabanya umutekano w’u Rwanda, umugambi wo gusahura no kumena Umurenge SACCO

Editorial 26 Jul 2016
‘Amerika igomba kuza kumwanya wambere muri byose (America first) ‘ -DONALD TRUMP

‘Amerika igomba kuza kumwanya wambere muri byose (America first) ‘ -DONALD TRUMP

Editorial 25 Jan 2017
Uburiganya : Mpayimana Philippe  yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Uburiganya : Mpayimana Philippe yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Editorial 27 May 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

17 Jul 2025
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru