• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Minisitiri Nyirasafari yatashye inzu zubakiwe abagizweho ingaruka n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana

Minisitiri Nyirasafari yatashye inzu zubakiwe abagizweho ingaruka n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana

Editorial 23 Dec 2016 Mu Mahanga

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Esperance Nyirasafari, ejo yatashye ku mugaragaro inzu enye zubakiwe abagizweho ingaruka n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

Inzu zuzuye zirimo n’ibikoresho zubatswe mu turere twa Kayonza, Kamonyi, Gatsibo na Nyamagabe, zubatswe na Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’Ambasade y’Ubuholandi mu Rwanda n’umuryango One UN Rwanda.

Buri nzu muri izi, ikaba igizwe n’ibyumba bitatu byo kuraramo, ikikijwe n’igikoni, ubwiherero ndetse n’ikigega cy’amazi, zose zikaba zarashyikirijwe cyane cyane abagore cyangwa abana babyaye basambanyijwe ku gahato cyangwa bafashwe ku ngufu.

Ubu bufasha akaba ari kimwe mu byo Polisi y’u Rwanda ikora muri gahunda zo kuzamura imibereho myiza y’abaturage bwunganira gahunza zisanzwe za Leta.

Umuhango mukuru wo kuzitanga ku mugaragaro wabereye mu karere ka Kayonza ,aho Minisitiri yahamagariye abantu bose ko kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina babigira ibyabo.

Ni umuhango wabereye mu kagari ka Kawangire, mu murenge wa Rukara, ukaba wanitabiriwe n’umuyobozi mu kuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K.Gasana, umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba, Judith Kazayire n’umuyobozi w’urwego rugenzura uburinganire, Rose Rwabuhihi.

Minisitiri Nyirasafari yagize ati:”Leta y’u Rwanda ifite umusingi ukomeye buri Munyarwanda wese akwiye kubakiraho akuraho inzitizi z’iterambere zirimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.”

Yavuze ko inkunga nk’iyi itanga icyizere ku bahuye n’ihohoterwa kandi icy’ibanze ari uko umuryan go nyarwanda wose ubereka ko bari kumwe kandi ubashyigikiye muri byose.

Yavuze kokurinda no guteza imbere uburenganzira bw’abahohoterwa ari inshingano ya buri wese, twirinda guceceka ibyabaye kugira ngo tworohereze ubutabera tunirinda ko byasubira .

Yagarutse ku babyeyi bata inshingano zabo zo kurera maze avuga ko byongera umubare w’abana birera n’ababura ababitaho, ko nabyo ari icyaha guhanirwa.

Yibukije urubyiruko inshingano zarwo zirimo kumvira ababyeyi babo, gukunda igihugu ndetse no kwita ku masomo yabo nk’akabando k’ejo hazaza habo.

Yahamagariye kandi abaturage b’Intara y’Iburasirazuba gushaka no kugana serivisi z’ibigo bya Isange One Stop Centres zashyizweho mu bitaro birindwi bibarizwa mu Ntara yabo; zikaba zirimo ubujyanama ku ihungabana, ubwunganizi mu mategeko n’ibindi byose bigenerwa abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

IGP Gasana mu ijambo rye, yavuze ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana biri mu byaha bitanu byiganje kurusha ibindi mu Rwanda, hamwe n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ndetse n’ubujura.

Aha yagize ati:”Ibi biri mu bigize ubukangurambaga mu gutahura, kurwanya no gukumira icyaha nk’iki, guha icyizere ku bakorewe ihohoterwa ndetse no gukurikirana no guhana abarikoze; kuko ubyaryo ari imbogamizi ku mutekano n’iterambere.”

Yakomeje agira ati:”Ahazaza h’icyi gihugu hazaterwa n’ibyo dukora uyu munsi dufatanyije mu kubaka u Rwanda rw’ejo,…ruzira ibiyobyabwenge kandi abanyabyaha bagashyikirizwa ubutabera.”

Yarangije avuga ko abakora ibyaha bibangamira uburenganzira bwa muntu cyangwa bagerageza kwihorera ku babakoreye amakosa bagomba kujya bahabwa ibihano bikakaye birimo n’igifungo.

Guverineri Kazayire yavuze ko Intara ayobora yashyize imbaraga mu bukangurambaga burwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana , ibiyobyabwenge ari nacyo cyah cyiganje muri iyo ntara.

Uku gutaha amazu no kuyashyikiriza abagenerwabikorwa kwanabereye muri turiya turere dutatu tundi twavuzwe haruguru.

-5146.jpg

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Esperance Nyirasafari

2016-12-23
Editorial

IZINDI NKURU

Bane bafungiwe ubufatanyacyaha mu gukora no kugurisha impushya zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Bane bafungiwe ubufatanyacyaha mu gukora no kugurisha impushya zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Editorial 20 Sep 2016
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Editorial 05 Sep 2024
Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Editorial 07 Aug 2024
Kigali: Perezida Kagame yasabye abikorera kubyaza umusaruro ingufu zishyirwa mu koroshya ubucuruzi

Kigali: Perezida Kagame yasabye abikorera kubyaza umusaruro ingufu zishyirwa mu koroshya ubucuruzi

Editorial 08 Feb 2016
Bane bafungiwe ubufatanyacyaha mu gukora no kugurisha impushya zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Bane bafungiwe ubufatanyacyaha mu gukora no kugurisha impushya zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Editorial 20 Sep 2016
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Editorial 05 Sep 2024
Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Editorial 07 Aug 2024
Kigali: Perezida Kagame yasabye abikorera kubyaza umusaruro ingufu zishyirwa mu koroshya ubucuruzi

Kigali: Perezida Kagame yasabye abikorera kubyaza umusaruro ingufu zishyirwa mu koroshya ubucuruzi

Editorial 08 Feb 2016
Bane bafungiwe ubufatanyacyaha mu gukora no kugurisha impushya zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Bane bafungiwe ubufatanyacyaha mu gukora no kugurisha impushya zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Editorial 20 Sep 2016
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Editorial 05 Sep 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru