• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ikibazo cy’Ingutu hagati DONALD TRUMP n’Itangazamakuru

Ikibazo cy’Ingutu hagati DONALD TRUMP n’Itangazamakuru

Ubwanditsi 26 Dec 2016 ITOHOZA

Perezida mushya wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika Donald Trump yaba afitiye inzika itangazamakuru kubera ukuntu ryitwaye mu gihe cyo kwiyamamaza ndetse n’igihe amatora yarimo aba. Guhangana kuri hagati y’itangazamakuru na Trump kwatangiye ubwo ibinyamakuru hafi yabyose bikorera kubutaka bw’Amerika byahaga amahirwe Hillary Clinton ndetse bikamutaka ubwo byinshi byarahagurukiye gusebya no guharabika Trump kuburyo bukomeye. Ibyinshi byatangiye no gutangaza ko Clinton ariwe uzatsina ko bidashidikanwaho ngo ndetse afite nka 95% by’amajwi. Ibi rero byababaje Trump kuburyo bigaragara ko umujinya utaracururuka.

Ubusanzwe iyo perezida wa Amerika atowe, aba agomba guhura n’itangazamakuru vuba bishoboka akagira icyo atangaza kuri gahunda ye n’abo bazakorana. Icyatunguranye ni uko Donald Trump akimara gutorwa yaricecekeye mu gihe itangazamakuru ryamusabye guhura nawe yahisemo gutumira abayobozi bakuru b’ibitangazamakuru bikomeye abatumira iwe maze icyo yabakoreye ni ukubatuka akabatukuza mugihe bari bangiye ibifata amashusho kuza muri uwo mwiherero.

-5154.jpg
Ibinyamakuru yibasiye harimo Huffington Post yababwiye izuba riva ko azi neza ko batamukunda ko bitazamubuza kuyobora Amerika. Nanone yatunze agatoki CNN abita inzobere z’ikinyoma kuburyo umuyobozi mukuru wayo yashatse gusohoka bakamubuza. CNN ngo ishobora kuba yararengereye kuko umunyamakuru wayo Brian Stelter yavuze ibintu bibi cyane arwanya Trump noneho abonye ko yanatowe avuga ko Amerika iri mubihe bidasanzwe ko igiye guhura n’akaga “National emergency” kubera ko Trump yatowe.

Kugeza ubu Donald Trump atangaza ibyo ashaka akoresheje TWITTER ye nabwo ntarenze inyuguti 140 cg se ushinzwe itangazamakuru mu biro bye yandika itangazo akaritanga hanyuma itangazamakuru rigakoresha ibyo.

Taliki 15 Ukubona nibwo yari yemeye guhura n’itangazamakuru kugira ngo yerekane anavuge kuri gahunda azagenderaho mugihe azamara munzu yera (White House) nyuma itangazamakuru ritungurwa no kumva gahunda ihinduriwe igihe batabwiwe.
Ubusanzwe bizwi ko Amerika ifite itangazamakuru ritarya iminwa kandi ryigenga ariko ibyo ntibyigeze bikanga uyu mu perezida w’umuherwe.

-5155.jpg
Iyi myitwarire yatangiye guhangayikisha itangazamakuru cyane ababa bafite ibiro bihoraho imbere muri White House kuko bituma babona amakuru kuburyo bwihuse kandi biboroheye. Si aba gusa, itangazamakuru muri rusange ryahise ryibaza cyane kuri iyi myitwarire ishobora kuzatuma habaho guhangana gukomeye hagati yabo n’imiyoborere ya Trump.

Hagaragaye itandukaniro n’abamubanjirije nka Obama na George Bush.

Byagaragaye ko yagize imyitwarire itandukandi nabamubanjirize, kuko George W.Bush yahuye nitangazamakuru hashize iminsi ibiri gusa atowe ababwira kuri gahunda ye n’abazamufasha kuyobora Amerika. Mbere yuko yinjira muri White House akaba yarakoze ibiganiro bigera kuri 11 akimara gutorwa.
Naho Obama we yagiranye ibiganiro n’abanyamakuru kenshi gashoboka ndetse akanahura nabo mu mwiherero. Yagiranye ibiganiro n’itangazamakuru inshuro zigera kuri 18 muri rusange.

Ishyari hagati y’ibitangazamakuru!!

Ibi nubwo bivugwa hari ibitangazamakuru byashoboye gucengera bigirana nawe ibiganiro byihariye ibi bikaba ari ibitangazamakuru bitamututse cyangwa ngo bimusebye igihe cy’amatora. Gusa nabyo byagombaga kubanza gutanga ibibazo biri bubazwe, ikitari kuri gahunda wakibaza Trump akaguca amazi. Umujyana we Kellyanne Conway yabajijwe na ABC kuri iyi myitwarire asubiza ko igihe kizagera bakajya babona perezida mugihe gikwiriye.

Twabibutsa ko Donald Trump aheruka kugirana ikiganiro n’abanyamakuru taliki 27 Kamena 2016 I Miami area-golf ubwo nabwo yatunguye abantu asaba igihugu cy’Uburusiya kumufasha kuvumbura inyandiko zigera 30.000 zabuze zaregwaga Hillary Clinton bari bahanganye.

-5156.jpg
Kuva taliki 27 Kamena perezida watowe Donald Trump amaze kohereza twetters zirenga 1000. Ikirimo kuvugwa ubu akaba ari ukuntu yatangaje kuri twitter ko Amerika igiye kuvugurura ibitwaro bya kirimbuzi (nuclear arms) bikaba ngo byatunguye abashinzwe umutekano cyane iperereza muri Amerika ndetse byateye ubwoba n’ibindi bihugu kubera ko bigiye gutuma habaho irushanwa mugukora ibitwaro bya kirimbuzi aho kugira ngo bigabanuke.

Hakizimana Themistocle

2016-12-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uburyo Uganda yitwaje Lt Joel Mutabazi mu guhindanya ubufatanye mu by’umutekano n’u Rwanda

Uburyo Uganda yitwaje Lt Joel Mutabazi mu guhindanya ubufatanye mu by’umutekano n’u Rwanda

Ubwanditsi 31 Aug 2018
Agahuru kimbwa kahiye

Agahuru kimbwa kahiye

Ubwanditsi 08 Feb 2018
Finland : Bazaramba Francois ufungiye Jenoside yahawe uruhushya rwo gusohoka muri prison kujya kwishimana n’umugore

Finland : Bazaramba Francois ufungiye Jenoside yahawe uruhushya rwo gusohoka muri prison kujya kwishimana n’umugore

Ubwanditsi 20 Sep 2019
Pasiteri Maggie Mutesi yishwe anizwe-  Iperereza rya Polisi

Pasiteri Maggie Mutesi yishwe anizwe- Iperereza rya Polisi

Ubwanditsi 20 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishusho ya Kigali Convention Center yongerewe ku rupapuro rw’abajya mu mahanga-Col Anaclet Kalibata
Mu Rwanda

Ishusho ya Kigali Convention Center yongerewe ku rupapuro rw’abajya mu mahanga-Col Anaclet Kalibata

Ubwanditsi 10 Apr 2017
Umunyarwenya Anne Kansiime ari mu byishimo byinshi byo kwitegura kwibaruka imfura ye.
Amakuru

Umunyarwenya Anne Kansiime ari mu byishimo byinshi byo kwitegura kwibaruka imfura ye.

Ubwanditsi 16 Apr 2021
Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye leta mu rukiko
Mu Mahanga

Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye leta mu rukiko

Ubwanditsi 01 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru