• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umunyarwanda arabundabunda muri ‘New Zealand’ akwepa ubutabera

Umunyarwanda arabundabunda muri ‘New Zealand’ akwepa ubutabera

Ubwanditsi 04 Jan 2017 ITOHOZA

Pheneas Nzaramba, Umunyarwanda ukekwaho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi kuri ubu akaba yarahungiye muri New Zealand yashyizwe ku karubanda n’urwego rw’igihugu rw’ubushinjacyaha (NPPA).

Abashinjacyaha ntibaramenya niba uyu mugabo akoresha andi mazina ngo abone uko atazatabwa muri yombi cyangwa niba atarmutse, ariko umuvugizi w’uru rwego, Faustin Nkusi avugana na The New Times dukesha iyi nkuru, yavuze ko boherereje New Zealand impapuro zo kumuta muri yombi.

Faustin Nkusi yagize ati: “Ubwo twoherezaga impapuro zimuta muri yombi yari hariya (Muri New Zealand) ariko aba bantu bahora bahindura aderese“

Pheneas Nzaramba ashinjwa ibyaha bya jenoside n’itsembatsemba nk’ibyaha byibasiye inyokomuntu. Amakuru yakusanyijwe akaba agaragaza uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 muri Nyakizu. Aha akaba ari mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare.

Mu mwaka ushize, Nkusi yavuze ko abantu batatu bagize uruhare muri jenoside bahunze harimo Eugene Uwimana, wahoze ari umwarimu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (Kaminuza y’u Rwanda kuri ubu), hatanzwe impapuro zo kumuta muri yombi mu 2004 na Enock Ruhigira hatanzwe impapuro zo kumuta muri yombi mu 2007, bose hizerwaga ko batuye muri iki gihugu cya New Zealand.

-5244.jpg

Faustin Nkusi, Umuvugizi w’Ubushinjacyaha

Icyo gihe ikinyamakuru, The Dominion Post, gikorera mu mujyi wa Wellington, kikaba cyaratangaje ko umwe muri aba bashinjwa yari arimo aragerageza no gushakisha mu buryo bw’ibanga abatangabuhamya bo kumushinjura. Nyuma, kuwa 20 Nyakanga, 2016, abayobozi b’u Budage baje guta muri yombi Enock Ruhigira agikandagira ku Kibuga cy’indege cya Frankfurt.

U Rwanda rwarakurikiranye, rwohereza u Budage ibirego Ruhigira ashinjwa. Kuri ubu ari ahantu afungiye mu gihe hagitekerezwa uko yakoherezwa mu Rwanda. Uyu mugabo w’imyaka 65 akaba yarakoze mu biro bya perezida nk’Umuyobozi wa cabinet mu gihe cya jenoside.

Amakuru avuga ko mu gihe cya jenoside uyu Nzaramba yari umucungamutungo w’Ihuriro ry’Amatorero y’Ababatisita mu Rwanda ahitwa Nyatanga muri Paruwasi ya Nyakizu.

Avugwaho kuba yaragize ubwe uruhare mu bwicanyi, atwika amazu y’abicwaga ndetse no kuba yarafashe abagore ku ngufu.

Nubwo bitoroshye kuvuga ubufatanye buri hagati y’u Rwanda na New Zealand kuri iki kibazo, ngo abashinzwe iperereza n’abashinjacyaha bo muri iki gihugu bamaze kugera mu Rwanda inshuro 4 bakora iperereza ku bashinjwa.

-5243.jpg

Pheneas Nzaramba n’umuryango we

2017-01-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Lt Col. Mabiala yakatiwe igifungo cya burundu azira ibyaha byibasiye inyokomuntu

RDC: Lt Col. Mabiala yakatiwe igifungo cya burundu azira ibyaha byibasiye inyokomuntu

Ubwanditsi 02 Dec 2018
I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

Ubwanditsi 02 May 2024
Leopold Munyakazi arashyize yoherejwe mu Rwanda kuburanishwa ibyaha yakoze

Leopold Munyakazi arashyize yoherejwe mu Rwanda kuburanishwa ibyaha yakoze

Ubwanditsi 27 Sep 2016
Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Ubwanditsi 31 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’isezererwa ry’Amavubi amakipe 18 yo yamaze kubona itike ya CHAN2023, Rayon Sports yasoje imikino mpuzamahanga ya gishuti inganya na Singida Bigstars
Amakuru

Nyuma y’isezererwa ry’Amavubi amakipe 18 yo yamaze kubona itike ya CHAN2023, Rayon Sports yasoje imikino mpuzamahanga ya gishuti inganya na Singida Bigstars

Ubwanditsi 05 Sep 2022
Rayon Sports yagabanye amanota na AS Kigali mu mukino wabonetsemo amakarita abiri atukura
IMIKINO

Rayon Sports yagabanye amanota na AS Kigali mu mukino wabonetsemo amakarita abiri atukura

Ubwanditsi 16 Aug 2019
Ibitaramo : Harmonize agiye gukorera mu Rwanda biregereje, amakuru yose kuri ibi bitaramo
SHOWBIZ

Ibitaramo : Harmonize agiye gukorera mu Rwanda biregereje, amakuru yose kuri ibi bitaramo

Ubwanditsi 07 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru