• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Urukiko rwategetse ko Umunyamakuru Shyaka Kanuma afungwa by’agateganyo iminsi 30

Urukiko rwategetse ko Umunyamakuru Shyaka Kanuma afungwa by’agateganyo iminsi 30

Editorial 17 Jan 2017 Mu Mahanga

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwategetse, ko umunyamakuru Shyaka Kanuma afungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ejo kuwa mbere saa cyenda n’iminota irindwi ni bwo Umucamanza yatangiye gusoma ibyaha bibiri Kanuma w’imyaka 47 aregwa birimo; gukora no gukoresha impapuro mpimbano no kutishyura umusoro.

Kanuma wagaragaye mu rukiko ruherereye i Rusororo, yambaye ipantalo y’umukara, inkweto za siporo z’umukara n’ishati y’amabara y’umweru n’umukara, urukiko rwemeje ko afungwa by’agateganyo iminsi 30 nk’uko yabisabiwe n’ubushinjacyaha.

Umucamanza yavuze ko ibyagezweho mu iperereza ku byaha Kanuma aregwa bihagije, kandi byerekana ko ashobora kuba yarabikoze.

Yavuze ko ku cyaha cyo kunyereza imisoro, urukiko rufite ikimenyetso cy’inyandiko ya Kanuma yandikiye Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) acyemerera ko akirimo umwenda w’imisororya 65 256 589 Frw atishyuye ariko agasobanura ko impamvu zabiteye ko ari uko imirimo itagenze neza.

Ku bijyanye n’impapuro mpimbano, Ubushinjacyaha bwashinjije Kanuma ko yanditse sheki akagenda ashyiraho amafaranga menshi atandukanye n’ayo asanzwe ahemba abakozi, akazishyira mu idosiye yahataniraga isoko muri Komisiyo y’Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe ingabo zavuye ku rugerero(RDRC), agira ngo ahuze n’ibyo iyo komisiyo yasabaga.

Ni isoko kandi yaje gutsindira, bikavugwa ko ryari rifite miliyoni 44 z’amafaranga y’u Rwanda, byose ngo abikora abakozi batabizi.

Umucamanza yavuze ko abo Kanuma yavugaga ko bazanditse, biyemereye ko batazizi kuko batigeze bazigiramo uruhare.

Umucamanza ati “Ibi dusanga ari impamvu zikomeye zituma dukeka ko iki cyaha gishobora kuba cyarakozwe na Kanuma.”

Indi mpamvu Umucamanza yashingiyeho ni ukuba Kanuma yarafatiwe i Kayonza atorotse.

Kanuma mu miburanire ye yemeye ko yafatiwe i Kayonza, ariko akavuga ko ntacyamubuzaga kugira aho ajya, kuko atari afunze.

Umucamanza yavuze ko ibisobanuro bye kuri iyi ngingo nta shingiro bifite kuko kuba yari azi ko afite ibyo akurikiranwaho yagombaga kwigengesera kugira ngo hato atitwa ko ashaka gucika.

Umucamanza ati “Bityo kuba yarafatiwe i Kayonza kandi bwije, dusanga nta cyemeza ko aramutse arekuwe atajya kure ya Kayonza, ku buryo igihe inzego z’ubutabera zamushakira zitamubona.”

-5422.jpg

Kanuma yatawe muri yombi mu ijoro ryo kuwa 31 Ukuboza 2016.

2017-01-17
Editorial

IZINDI NKURU

Venant Rutunga, umujenosideri wihishahishaga mu Buholandi akabarizwa no mu ishyaka FDU Inkingi yoherejwe mu Rwanda

Venant Rutunga, umujenosideri wihishahishaga mu Buholandi akabarizwa no mu ishyaka FDU Inkingi yoherejwe mu Rwanda

Editorial 27 Jul 2021
Inama ya ICGLR yashimiye u Rwanda kubera amatora ya Perezida yabaye mu mahoro. Bagarutse  no kuri FDRL

Inama ya ICGLR yashimiye u Rwanda kubera amatora ya Perezida yabaye mu mahoro. Bagarutse no kuri FDRL

Editorial 20 Oct 2017
Ikipe ya APR FC igiye gukina umukino wa gicuti na AS Maniema mu rwego rwo kwitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo aho bazakina na na Mogadishu City FC yo muri Somalia

Ikipe ya APR FC igiye gukina umukino wa gicuti na AS Maniema mu rwego rwo kwitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo aho bazakina na na Mogadishu City FC yo muri Somalia

Editorial 31 Aug 2021
Ruhango: Umusore yasanzwe muri SACCO afite umuhoro ahita araswa arapfa

Ruhango: Umusore yasanzwe muri SACCO afite umuhoro ahita araswa arapfa

Editorial 29 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo
Mu Mahanga

Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo

Editorial 24 Oct 2017
Rulindo:Umugabo yiturikirijeho Gerenade ahita apfa
Mu Mahanga

Rulindo:Umugabo yiturikirijeho Gerenade ahita apfa

Editorial 17 Oct 2016
Imyigaragambyo muri kenya ,abantu bari gukubitwa inkoni,gutwikwa habona ,amabuye aravuza ubuhuha
Mu Rwanda

Imyigaragambyo muri kenya ,abantu bari gukubitwa inkoni,gutwikwa habona ,amabuye aravuza ubuhuha

Editorial 10 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru