• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»DONALD TRUMP abaye Perezida wambere urahiriye gutegeka Amerika adakunzwe

DONALD TRUMP abaye Perezida wambere urahiriye gutegeka Amerika adakunzwe

Ubwanditsi 24 Jan 2017 ITOHOZA

Nkuko tubikesha ibinyamakuru bitandukanye nka Washington Post, ABC News n’ibindi byanikirwa muri Amerika, biravuga ko mu itohoza ryagiye rikorwa Perezida uri burahire kuri iyi taliki ya 20 Mutarama 2017 araba ariwe ubaye perezida uratangira gutegeka adakunzwe n’abaturage.

Ubushakashatsi burerekana ko 40% by’abanyamerika aribo bakunze Trump,ibi kandi bikaba bituruka kuri gahunda yerekanye ko agiye gushyira mubikorwa yatumye benshi bamukuraho amaboko, ndetse imyitwarire ye ngo yatumye icyizera cyabenshi gitakara.

Perezida Trump akimara kubona iri tohoza yatangaje ko itangazaakuru ariko rimumerera ko bitamutangaje. Ngo basanzwe ari abahanga mugutanga amakuru y’ibinyoma ngo rero ririya tohoza ryo ryoroshye kurihimba.

-5449.jpg

Perezida Trump n’umugore we

Ibi rero binyuranye cyane nuwo asimbuye kuko Obama yatangiye kuyobora Amerika muri 2009 akunzwe kurugero rwa 79%. Biravugwa ko abanyamerika 84%, bemeza ko agarutse bamutora ngo nubwo hari ibyo atakoze yabasezeranije ngo yayoboranye ubwitonze n’ubushishozi mubibazo biriho haba muri Amerika cg ku isi bikavuga ko akunzwe kurugero rwa 84% nkuko CNN ibitagaza.

Kuri iyi tariki 20 Mutarama 2017, perezida wa 45 wa Amerika ararambika ikiganza cye kuri Bibiliya yarahiriweho na Lincoln, siyo gusa ng aritwaza na Bibiliya yahawe na mama we ubwo yarangizaa kaminuza maze azirambikeho ikiganza ahabwe ububasha bwo gutegeka Amerika.

Abantu batari bake baturutse munzego zitadukanye, bo biyemeje kwigaragambya bavuga ko uko byageda kose perezida Trump atazarangiza manda yahawe y’imyaka ine. Urugero ni umutwe wiyise J20 uvuga ko umaze gukusanya abantu bagera kubihumbi birenga amajana, bakaba bavuze ko barakoresha ibishoboka kugira ngo imihango yo kurahira kwa Trump bayibangamire kuburyo bushoboka. Bavuze ko ari inshingano z’umunyamerika wese zo kurwanya umuntu ugiye kubasenyera igihugu. Umuntu utavuzwe umwirondoro we yitwitse ariko polise iza kuzimya umuriro ibi byabereye imbere ya Trump International Hotel kugira ngo yerekane ko ibyo barimo atari imikino ko babitekerejeho.

-5446.jpg

Ibi rero byatumye umutekano ukazwa ahantu hose, cyane ahari bubere imihango kuri Capitol na White House hategerejwe abantu bagera kuri 900.000 kugira ngo barebe uko Donald Trump ahabwa ubutegetsi.

Icyarakaje abantu bijundika Trump ngo hari nko kuba yaragiye avuga amagambo atari meza kubagore muri rusange, kuregwa ubusambanyi, gahunda azashyira mubikorwa kubantu babimukira, kwikoma abayisilamu, kuvuga ko agiye gukuraho ubwishingizi bwa OBAMACARE, kubaka urukuta hagati y’igihugu cya Mexico na Amerika ndetse n’uburyo ashaka kubana n’ibihugu bisanzwe ari inshuti z’Amerika, akaba ashaka kubisuzugura.

Kurundi ruhande abamushyigikiye ntibabikozwa kuko baravuga ko Trump ariwe ugiye kugarura Amerika muruhando rwamahanga ikongera ikaba igihangange, ikindi ngo babona ko azakemura ibibazo by’imibereho y’abanyamerika igenda imera nabi ngo kuko amenyereye ibintu bijyanye n’ubucuruzi ngo ibi bizamworohera kumenya ibibazo by’abaturage.

-5447.jpg

Imyigaragambyo

Polise yo yasabye abigaragambya kubikora mu mahoro ngo kuko itababuza kandi ari uburenganzira bwabo.

Mu mihango yatangiriye irahira rya Trump kuri uyu wa kane tariki 19 Mutarama 2017 , haje kugaragara ikintu kidasanzwe ubwo ibyamamare benshi bita abasitari bari batumiwe muri iyo mihango ibanziriza umunsi w’irahira, banze kwitabira icyo gitaramo. Nubwo bataje ntibyakibujije kuba, hajemo abacuranzi baciriritse ndetse bagaragaye ko abantu batari benshi uko byari byitezwe, Trump akaba yabemereye ko azabakunda akabakundakazwa.

Ikindi ni uko umubare w’abanyepolitike bakomeye bari batumiwe muri ibi birori bakaba bavuze ko badashobora kubijyamo kugira ngo berekane ko batari kumwe na Trump muri politike ye ubu umubare urakabakaba 100 harimo abashingamateka.

-5448.jpg

Kugeza ubu nta cyabuza Donald Trump kurahira nka perezida watowe muri Amerika naho bakwigaragambya akajana, icyaba cyiza ni uko bayoboka akabategeka ahubwo bakazamutegera mubizamunanira bagashoka imihanda bagashaka uburyo bwo kumukuraho.

Hakizimana Themistocle

2017-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Theogene Rudasingwa yikomye Museveni avuga ko nta ”  Moral authority”agira

Theogene Rudasingwa yikomye Museveni avuga ko nta ” Moral authority”agira

Ubwanditsi 17 Dec 2018
“ Udashinga ntabyina” MPAYIMANA, NAHIMANA na HABINEZA kuyobora u Rwanda – twisekere !!!!

“ Udashinga ntabyina” MPAYIMANA, NAHIMANA na HABINEZA kuyobora u Rwanda – twisekere !!!!

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Haburijwemo umugambi wo kugera ku nyandiko za Mitterand zivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Haburijwemo umugambi wo kugera ku nyandiko za Mitterand zivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 15 Sep 2017
Amavu N’amavuko Y’ibibazo U Burundi Burimo N’uruhare Rwa Museveni

Amavu N’amavuko Y’ibibazo U Burundi Burimo N’uruhare Rwa Museveni

Ubwanditsi 10 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Etoile de l’Est yitegura gusura ikipe ya Espoir FC yahagaritse abakinnyi 4 bazira imyitwarire itari myiza
Amakuru

Etoile de l’Est yitegura gusura ikipe ya Espoir FC yahagaritse abakinnyi 4 bazira imyitwarire itari myiza

Ubwanditsi 14 Jan 2022
Joseph Nsengimana Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu wari usanzwe muri uwo mwanya agirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe Isanzure, Nelly ashyirwa muri Siporo
Amakuru

Joseph Nsengimana Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu wari usanzwe muri uwo mwanya agirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe Isanzure, Nelly ashyirwa muri Siporo

Ubwanditsi 11 Sep 2024
Knowless na Clement  Itorero ryanze kubasezeranya bitabaza Pasiteri wigenga
IMIKINO

Knowless na Clement Itorero ryanze kubasezeranya bitabaza Pasiteri wigenga

Ubwanditsi 07 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru