• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»HUYE : Abakristu ba ADEPR bakomeje kwibasirwa n’abagizi banabi, harakekwa FDLR

HUYE : Abakristu ba ADEPR bakomeje kwibasirwa n’abagizi banabi, harakekwa FDLR

Ubwanditsi 03 Feb 2017 Mu Mahanga

Abantu bitwaje intwaro za gakondo zirimo amacumu, imihoro , amabuye n’ibindi bateye muri iri joro ryakeye bateye urusengero rwa ADEPR ku mudugudu wa Ngoma muri Paruwasi ya Taba mu karere ka Huye , batema abakirisitu cumi na babiri bari barimo gusenga ndetse n’abandi bane babatabaye.

Abakomeretse barimo kwitabwaho mu bitaro bya kaminuza bya Butare CHUB.

Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 2 gashyantare 2016 ubwo abakirisitu bo kuri uyu mudugudu bari bari mu masengesho bita amakesha, hinjira abantu bitwaje intwaro zirimo imihoro barabatema.

Umuvugizi wungirije w’itorero rya Pantekoti mu Rwanda ADEPR Bishop Tom Rwagasana avuga ko abatemwe bose ari cumi na batandatu barimo cumi na babiri basengaga ndetse n’abanyerondo bane batabaye.

Yagize ati “baje mu ijoro ryacyeye basanga abantu basenga bari cumi na babiri muri bo abadamu ni batanu, abagabo babiri, umusore umwe n’abakobwa bane. Batatu bakomerekejwe cyane. Hari n’abandi bane baje gutabara nabo barabakomeretsa. Abo babateye bari bitwaje imipanga, amafuni, ibikoni n’amabuye”.

Bishop Rwagasana yavuze ko nta kintu babambuye ahubwo ko baje bababwira ngo niba basenga Imana ibatabara ngo nihite ibatabara hanyuma barabatema. Ati “ Baje bababwira amagambo bababwira ko bitwaza ko bakora ibitangaza, basenga ngo baraje babice” .

-5616.jpg

Bishop Tom Rwagasana

Bishop Rwagasana yongeyeho ko batahita bamenya icyabiteye ahubwo ko bategereje ikizava mu iperereza aboneyeho gusaba abakirisitu ba ADEPR kuba maso bagasenga ntibizongere.

Si ubwa mbere Abakirisitu bo kuri uyu mudugudu batewe n’abagizi ba nabi kuko no mu mpera z’icyumweru gishize hari abantu nabo bataramenyekana bateze abakirisitu bo kuri uyu mudugudu barabatema babagira intere bamwe bagwa muri koma.

Birakekwa ko ari FDLR ituruka mu gihugu cy’u Burundi, gihana imbibi n’Intara y’Amajyepfo baza mu baturage bihishahisha ndetse bamwe bigize abapagasi, bahingiririza nyamara ari abagizi banabi bakomeje ibikorwa byabo byo guhohotera abaturage no kubatera ubwoba kugirango babangije ubuyobozi buriho cyane cyane muri ikigihe cy’amatora y’umukuru w’Igihugu yegereje, ni murwego rwo gutera ubwoba Abakristu ba ADEPR basanzwe ari benshi mu gihugu kugirango batazitabira amatora.

2017-02-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashimiye Polisi y’igihugu anizeza ubufasha ababuriye ababo mu bikworwa by’umutekano

Perezida Kagame yashimiye Polisi y’igihugu anizeza ubufasha ababuriye ababo mu bikworwa by’umutekano

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Nyuma yo gufatanwa igihanga, Uganda yavuye ku izima yohereza abarwanyi ba RUD Urunana bagabye igitero mu Kinigi bari bahungiyeyo bakakirwa Na Yombi

Nyuma yo gufatanwa igihanga, Uganda yavuye ku izima yohereza abarwanyi ba RUD Urunana bagabye igitero mu Kinigi bari bahungiyeyo bakakirwa Na Yombi

Ubwanditsi 18 Feb 2020
….’ntawe uzava ahandi ngo atwubakire ibikorwa nk’ibi’ -Perezida Kagame

….’ntawe uzava ahandi ngo atwubakire ibikorwa nk’ibi’ -Perezida Kagame

Ubwanditsi 05 Dec 2016
Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Ubwanditsi 03 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga
Amakuru

Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Ubwanditsi 13 Dec 2021
Imodoka ya Volcano yavaga i Kigali yerekeza i Kampala yatewe amabuye akomeretsa umunyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Imodoka ya Volcano yavaga i Kigali yerekeza i Kampala yatewe amabuye akomeretsa umunyarwanda

Ubwanditsi 24 Sep 2019
Yozefu Matata yamaganwe n’abakomoka ku Banyapolitiki bishwe na Habyarimana ubwo yafataga ubutegetsi muri 1973
INKURU NYAMUKURU

Yozefu Matata yamaganwe n’abakomoka ku Banyapolitiki bishwe na Habyarimana ubwo yafataga ubutegetsi muri 1973

Ubwanditsi 10 Jul 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru